![Digiqole ad](http://ar.umuseke.rw/wp-content/uploads/2019/12/tigo.gif)
StarTimes yahaye amashanyarazi inshike za Jenoside i Nyamagabe
Murwego rwo kwifatanya n’abanyarwanda kwibuka kunshuro ya 20 jenoside yakorewe abatutsi 1994 ubuyobozi n’abakozi ba StarTimes mu Rwanda basuye urwibutso rwa Jenoside i Murambi ya Nyamagabe bunamira inzirakarengane zisaga ibihumbi 50 000 zihashyinguwe, banafasha inshike za Jenoside batandatu nanifatanye n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe hamwe n’abaturage mu muganda.
![Umwe mu bapfakazi ba Jenoside ashimira umuyobozi wa StarTimes ku mashanyarazi babahaye](https://i0.wp.com/www.ububiko.umusekehost.com/wp-content/uploads/DSCN7384.jpg?resize=640%2C480)
Nyuma y’umuganda, abafatanyabikorwa basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Murambi batambagijwe banasobanurirwa ibice birugize n’amafoto hamwe n’ibyahabereye mugihe cya Jenoside berekwa n’ingaruka yateye, berekwa n’imibiri y’imbaga y’abatutsi yatsembewe aho i Murambi ahari ibirindiro by’ingabo z’Abafaransa mu kiswe Zone Turquoise.
Abatutsi barenga ibihumbi 50 000 bo muri aka gace bahungiye aha i Murambi babeshywa ko bazarindwa, ababashije kurokoka bivugwa ko batagera kuri 20 mu bari bahungiye i Murambi.
Hans Huo umuyobozi mukuru wa Star Africa Media mu Rwanda (StraTimes) yavuze ko ibyo abonye i Murambi ari ibintu bidakwiye gukorwa n’umuntu yasabye ko bitazongera ukundi, ndetse yiyemeza ko nagera iwabo azababwira ibyo yiboneye n’amaso ye i Murambi.
Yagize ati: “ntewe ubwoba n’agahinda n’ibyo mbonye aha, ntibikwiye ko umuntu mu gihe kizaza. Ibyo mbonye birahagije kumenya ibyabaye. Biteye ubwoba ni amateka akomeye.”
Nyuma yo gusura urwibutso bakomereje mu mudugudu wa Munyege Akagari Ka Ngiryi Umurege wa Gasaka bahaye umuriro w’amashanyari abaturage b’inshike za jenoside batishoboye batandatu banabaha ibiribwa bigizwe n’umuceri ibiro 25 na litiro 15 z’amavuta yo kurya hamwe n’amasabune yo gukora isuku.
Mukagakwandi Berancille w’inshike warokokanye abana batanu akaba n’umwe mubagejejweho ubwo bufasha yavuze ko nyuma yo kumara igihe kirekire acana agatadowa ubu ashimishijwe no kubona amashanyarazi we yagereranyije n’urumuri rutazima.
Ati “ Aba bantu bangiriye neza, amashanyarazi yari inzozi kuri njye, ubu agatadowa turagasezereye, turashimira cyane aba badukoreye iki gikorwa cyiza.”
![Ni ibyishimo kwakira amashanyarazi iwe mu rugo](https://i0.wp.com/www.ububiko.umusekehost.com/wp-content/uploads/DSCN7392.jpg?resize=640%2C480)
Kampogo Rose nawe w’inshike ya Jenoside utishiboye nawe n’ikiniga cyinshi yavuze ko yishimye cyane kubona yibutswe agahabwa amashanyarazi.
Ati “ Ubu umwana wanjye azajya abasha gusubiramo amasomo nijoro ni ibintu bishimishije cyane…”
Kamanzi Hussein umuyobozi mukuru ushinzwe ubucuruzi muri StarTimes yavuze ko icyo ari igikorwa ngarukamwaka bazahora bakora kugirango bamenye kurushaho amateka ya Jenoside banagerageze guhashya ingaruka zayo.
Ati “Uyu mwaka twaje i Nyamagabe, ubutaha tuzajya ahandi, ni igikorwa gikomeye natwe kidufasha kurushaho kumenya aya mateka mabi no guharanira ko atazongera.”
![DSCN7302](https://i0.wp.com/www.ububiko.umusekehost.com/wp-content/uploads/DSCN7302.jpg?resize=640%2C480)
![DSCN7304](https://i0.wp.com/www.ububiko.umusekehost.com/wp-content/uploads/DSCN7304.jpg?resize=640%2C480)
![DSCN7311](https://i0.wp.com/www.ububiko.umusekehost.com/wp-content/uploads/DSCN7311.jpg?resize=640%2C480)
![DSCN7317](https://i0.wp.com/www.ububiko.umusekehost.com/wp-content/uploads/DSCN7317.jpg?resize=640%2C480)
![DSCN7343](https://i0.wp.com/www.ububiko.umusekehost.com/wp-content/uploads/DSCN7343.jpg?resize=640%2C480)
![DSCN7354](https://i0.wp.com/www.ububiko.umusekehost.com/wp-content/uploads/DSCN7354.jpg?resize=640%2C480)
![DSCN7379](https://i0.wp.com/www.ububiko.umusekehost.com/wp-content/uploads/DSCN7379.jpg?resize=480%2C472)
![IMG-20140428-WA0026](https://i0.wp.com/www.ububiko.umusekehost.com/wp-content/uploads/IMG-20140428-WA0026.jpg?resize=800%2C600)
![DSCN7381](https://i0.wp.com/www.ububiko.umusekehost.com/wp-content/uploads/DSCN7381.jpg?resize=640%2C480)
![DSCN7385](https://i0.wp.com/www.ububiko.umusekehost.com/wp-content/uploads/DSCN7385.jpg?resize=640%2C480)
![DSCN7391](https://i0.wp.com/www.ububiko.umusekehost.com/wp-content/uploads/DSCN7391.jpg?resize=480%2C640)
![DSCN7394](https://i0.wp.com/www.ububiko.umusekehost.com/wp-content/uploads/DSCN7394.jpg?resize=480%2C555)
![DSCN7402](https://i0.wp.com/www.ububiko.umusekehost.com/wp-content/uploads/DSCN7402.jpg?resize=640%2C480)
Marcel-Habineza
ububiko.umusekehost.com
0 Comment
uyu mukobwa w’ipantaro y’umutuku ateye neza ari sexy
@OLIVER, BAVUGA IBIGOYE UKAZANA IBIGORI
Comments are closed.