Digiqole ad

Seminari nkuru ya Kabgayi ntibazibagirwa ibihe bibi yanyuzemo – Padiri Kayisabe

Muhanga – Kuri uyu wa gatatu nimugoroba mu muhango wo kwizihiza  isabukuru  y’imyka 25  Seminari nkuru ya Kabgayi( Grand Seminaire Philosophicum de Kabgayi)  imaze itangiye,  Padiri Kayisabe Védaste Umuyobozi w’iri shuri  gatulika, yavuze ko  batazibagirwa ibihe bibi  abarimu bayo  n’abanyeshuri  banyuzemo  mu gihe cya jenoside  yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994.

Abasenyeri  bo muri za Diyosezi zose  zo mu Rwanda.
Abasenyeri bo muri za Diyosezi zose zo mu Rwanda.

Mu ijambo rye Padiri  Védaste Kayisabe yavuze ko  umunsi nk’uyu wo kwizihiza  imyaka 25 ukwiye kuba umwanya wo gusubiza amaso inyuma,  abantu  bakazirikana  ibihe bibi  abanyarwanda, abarimu n’abanyeshuri muri rusange banyuzemo harimo no kwibuka  jenoside yakorewe abatutsi  mu Rwanda.

Kayisabe akavuga ko  aka kaga  abanyarwanda bahuye nako bataheranwa nako ko  ahubwo  bagomba  gushaka  icyatuma batera imbere bifuza iteka   kugira amatsiko yo kumenya ubwenge kuko  no gushyira mu gaciro kugira ngo ibyabaye bitazongera kubaho ukundi. Gusa akomeza  avuga ko  ubumenyi  abaharangirije bahakuye  byagiriye   akamaro kanini  Kiliziya n’igihugu  by’umwihariko.

Musenyeri Jean Damascène Bimenyimana Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu wabaye n’umwarimu muri iri shuri yavuze ko  jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda  yatumye  Seminari  ihagarara  mu gihe cy’imyaka 4, yongeye gusubukura  amasomo ari uko  umutekano wongeye kugaruka mu gihugu,  akavuga ko  ubumenyi abarangirije muri iri shuri bagomba  kubusangiza n’abandi  banyarwanda benshi batabonye amahirwe yo  kujya mu  ishuri.

Alphonse Munyantwali Guverineri w’Intara y’Amajyepfo  yasabye  abarezi, abarimu n’abandi banyarwanda  baje kwizihiza  iyi sabakuru, ko mu nyigisho n’ubumenyi  bahabwa batagomba kwibagirwa ubumwe n’ubwiyunge by’abanyarwanda, kandi ko  bakwiye  kurushaho  gutekereza icyateza  imbere  imibereho y’abanyarwanda, bigisha  uburezi bufite ireme, butarangwa n’amacakubiri  ahubwo  bagashyira imbere  agaciro n’umutekano  by’abanyarwanda.

Seminari nkuru ya Kabgayi, yatangiye mu mwaka w’1984, kugeza ubu abanyeshuri baharangirije bagera ku 1750,   540  muri aba   bagizwe abasaseridoti, iyi seminari  yigisha   amasomo  ya filozofiya  naho  Seminari nkuru ya Nyakibanda ikigisha  amasomo ajyanye n’ iyobokamana(Théologie).  Abanyeshuri n’abarimu 20 barenga b’iri shuri nibo bishwe  mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi  mu 1994.

Padiri  Kayisabe  Védaste  Umuyobozi  wa Seminari  Nkuru ya Kabgayi
Padiri Kayisabe Védaste Umuyobozi wa Seminari Nkuru ya Kabgayi
Uhereye ibumoso Guv Munyantwali, uwa kabiri Musenyeri Bimenyimana J.Damascène, Umushumba wa Diyoseze ya Cyangugu, intumwa ya Papa ,mu Rwanda Lucianno na Arikipiskopi wa Kigali Ntihinyurwa Tadeyo
Uhereye ibumoso Guverineri Alphonse Munyantwali,Musenyeri Bimenyimana J.Damascène Umushumba wa Diyoseze ya Cyangugu, intumwa ya Papa mu Rwanda Lucianno na Arikipiskopi wa Kigali Ntihinyurwa Tadeyo
Abarangije mu Seminari nkuru, ariko bahisemo kujya mu buzima busanzwe
Abarangije mu Seminari nkuru, ariko bahisemo kujya mu buzima busanzwe
Musenyeri Mbonyintege Smaragde Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi, atanga  ibihembo  ku barimu bigishije muri  Seminari nkuru ya  Philosophicum.
Musenyeri Mbonyintege Smaragde Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi, atanga ibihembo ku barimu bigishije muri Seminari nkuru ya Philosophicum.
Abaseminari   ba Diyoseze ya Nyundo basusurukije   abitabiroye Yubile y'imyaka 25   Seminari nkuru ya Kabgayi imaze ishinzwe.
Abaseminari ba Diyoseze ya Nyundo basusurukije abitabiroye Yubile y’imyaka 25 Seminari nkuru ya Kabgayi imaze ishinzwe.

MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW/Muhanga

7 Comments

  • Ni byiza cyane. Iyo Seminari tuyifurije gukomeza gutera imbere.

  • Mukomeze mutere imbere uretse iyobokamana, Kiliziya ifite uruhare runini mu majyambere y’igihugu.

  • |Nibyiza cyane Nyagasani yezu akomeze abane namwe iteka ryose.

  • Iri shuri ni amahirwe ku gihugu n’abanyarwanda, rikaba igicumbi cya Eglise. Ibyakozwe ni byiza kandi ni intashyikirwa. Nibikomeze bijye imbere kandi byaguke.

  • Nyundo uri i Nyundo rwose!!

  • Ibyishimo ni byose kurijye wavomye ubumenyi muri Philosophicum Saint-Thomas d’Aquin I Kabgayi. Kubona yizihije isabukuru y’imyaka 25 imaze ishinzwe ni igitego gikomerye. Iyi Seminari nayibonye yubakwa ubwo nigaga secondaire mu Byimana, mu bilimetero bicye uvuye I Kabgayi. Twazaga gukina umupira w’amaguru ku kibuga cya seminali nto ya Kabgayi, kiri mu ntanzi z’urugo rwa Philosophicum. Nyuma naje nanjye kuyigamo kuva Ku ya 1 Ukwakira 1992 kugeza kuri Pasika yabaye ku itariki ya 3 mata 1994. Abarimu batwigishaga n’abanyeshuri twiganaga ndetse n’abari inyuma yanjye bishwe mu irimburabatutsi, abo mbasha kwibuka ni abarimu babiri n’abanyeshuri 16. Bitavuga ko mbibuka bose uko bakabaye, cyane ko nk’abigishaga baturutse hanze, baba abapadiri baba n’abalayiki ntabashije kumenya abakiriho n’abataragize abahirwe yo kurokoka. Abo nibuka ni aba:
    Abarimu ni Padiri Védaste Nyilibakwe na Mgr Jean-Marie Vianney Rwabilinda, naho abanyeshuri ni: Callixte Bizimana (Kibungo)
    Cyriaque Mucyowintore (Nyundo-Kibuye)
    Déo Muhigana (Nyundo-Gisenyi)
    Édouard Nkundimana (Nyundo-Kibuye)
    Ephron Munyaneza (Kibungo)
    Eric Kayijuka (Kibungo)
    Jean Chrysostome Gakuba (Kabgayi)
    Michel Rusine (Butare)
    Yves Delphin Muvunyi (Nyundo-Gisenyi)
    Alexis Biseruka (Butare)
    Déogratias Kayihura (Nyundo-Kibuye)
    Donat Mwumvaneza (Kibuye-Kibuye)
    Égide Kalisa (Kibungo)
    Étienne Nkikabahizi (Nyundo-Kibuye)
    Philibert Karangwa (Nyundo-Kibuye)
    Venant Munyentwari (Kigali)

    Uwabona hari abandi nibagiwe yanyibutsa tukibukiranya.
    Aya ni amateka adakwiriye gusibangana. Numva hariya muri Philosophicum hakwiye kubakwa urwibutso rw’aba bose n’abandi ntabasha kwibuka bazize irimburabatutsi mu bigagayo.

    • Mu ndirimbo yagenewe uwo munsi mukuru bararirimbye ngo
      “Dore ubaye ubukombe,
      igikombe uragikoreye,
      Ntiwakonjwe n’amakoni y’ubuzima.
      Abo wakobokeye
      bakoranye bose ngo bakubwire ikobe”
      Nibyo koko, icyo gicumbi cy’ubuhanga ni umutima wa Kiliziya n’ibihaha by’igihugu. Jya mbere, abo ufatiye runini ni ikivu!

Comments are closed.

en_USEnglish