Rwanda Inspirational Back Up mu biganiro mpaka byo kwihangira imirimo
Ihuriro Rwanda Inspirational Back Up Ltd ku ncuro ya kabiri ryongeye gutegura ibiganiro mpaka bigomba kuzabera mu mashuri yisumbuye na za Kaminuza, ibiganiro by’uyu mwaka bikaba bizibanda ku kamaro k’amashuri atanga ubumenyi ngiro biganisha ku kwihangira imirimo nk’imwe mu ntego z’ibi biganiro mpaka.
Mu kiganiro n’abanyamakuru mu rwego rwo gufungura ku mugaragaro ibi biganiro mpaka wabaye kuwa kabiri w’iki cyumweru, tariki 13 Kanama 2013.
Umuyobozi wungirije ushinzwe ibikorwa muri Rwanda Inspirational Back Up Ltd, Teta Sandra yavuze ko bahisemo iyi nsanganyamatsiko kuko bigaragara ko imyumvire y’Abanyarwanda ku mashuri atanga ubumenyi ngiro itandukanye.
Ndetse ngo harimo n’abayafata nk’amahitamo ya nyuma ku munyeshuri wabuze ibindi yiga cyangwa watsinzwe mu bizamini bya Leta.
Teta avuga ko bazatanga umurongo mugari ariko ijambo rihabwe urwo rubyiruko ruri mu mashuri rugaragaze uko rubyumva, uko babona bikorwa runatange ibitekerezo by’uko bumva byakorwa kugira ngo aya mashuri arusheho gutanga umusaruro.
Ibi ngo bikazatinyura abanyeshuri bazabyitabira kuba bavugira imbere y’abantu, bibongerere umuhate wo gusoma ariko kandi binabafashe gusobanukirwa neza iyi gahunda mu cyerekezo cyo kwihangira imirimo.
Ambasaderi Fatuma Ndangiza, umuyobozi mukuru wungirije w’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe imiyoborere (RGB) nawe wari witabiriye uyu muhango, yavuze ko gahunda z’icyerekezo 2020 ndetse na zimwe mu ntego u Rwanda rwihaye muri gahunda z’imbaturabukungu ya kabiri (EDPRS2) zirimo kurema imirimo mishya ibihumbi 200 buri mwaka zitagerwaho urubyiruko rutabigizemo uruhare.
Ashimira Rwanda Inspirational Back Up Ltd kuba yarahisemo insanganyamatsiko ku mashuri y’ubumenyi ngiro kuko ngo ari igice gikwiye gushyirwamo imbaraga, abantu bagahindura imyumvire bagifiteho kuko ngo nta gihugu cyatera imbere kidafite abantu bakora ibyo bize kandi neza n’imbaraga z’abikorera.
Agira ati “Tubizeje ko tuzafatanya namwe muri urwo rugendo kuko imiyoborere myiza igomba kuba ari iyiteza imbere politiki yo kwihangira imirimo namwe mushyize imbere.”
Ndangiza avuga ko Leta iteze byinshi muri ibi biganiro, birimo gusembura impaka mu banyeshuri bakajya barangiza amasomo bazi icyo bagiye gukora, bakihangira imirimo bahereye kuri ducye bafite aho kurangiza batekereza akazi ka Leta cyangwa gukorera abandi.
Ibi biganiro mpaka bizatangira mu mpera z’iki cyumweru tariki 17 Kanama, bihere mu Ntara y’Iburasirazuba mu cyiciro cy’amashuri yisumbuye, bikazabera mu kigo kitiriwe mutagatifu(Saint) Aloys cy’i Rwamagana.
Vénuste Kamanzi
UM– USEKE.RW
0 Comment
ko mutatangaje uko amashuri azabyitabira aziyandikisha.
IMBONERAHAMWE Y’IMIGENDEKERE Y’AMARUSHANWA KU BIGANIRO –MPAKA 2013
INTARA AMATARIKI AMASAHA AHANTU IBIGO BIZARUSHANWA
MURI ZA KAMINUZA N’AMASHURI MAKURU MU RWANDA
14/9/2013 SAA MBILI-SAA KUMI N’IMWE KIST NUR
KIST
KIE
SFB
ULK
INES
MT. KENYA
INATEC
INILAK
AKIRA
IPRC KIGALI
IPRC RWAMAGANA
0788889668 Goldon
IPRC BUTARE
RTUC
KIM
UNIVERSITE CATORIQUE
KHI
AUCA
MU NTARA Y’IBURASIRAZUBA
17/8/2013 SAA SABA- SAA KUMI N’IMWE RWAMAGANA
Groupe Scolaire St Aloys GASHORA S.SCHOOL
MARANYUNDO SCHOOL
KIZIGURO SECONDARY SCHOOL
COLLEGE APECOM
GS GAHINI
KAYONZA MODERN SCHOOL
E.S DON BOSCO/KABARONDO
LYCEE DE RUSUMO
RUSUMO HIGH SCHOOL
PS.ST KIZITO ZAZA
GS DE KABARE
COLLEGE ASPEK
NYAGATARE S.SCHOOL
GS St ALOYS RWAMAGANA
G.S GASETSA
RUKARA S.S
MU NTARA Y’IBURENGERAZUBA
21/8/2013 SAA SABA- SAA KUMI N’IMWE NYAMASHEKE
G.S Nyarusange COLLEGE STE MARIE
COLLEGE AMIZERO
GS NYARUSANGE
LYCEE DE GISENYI
COLLEGE DE GISENYI
ESIG
GS ST ESPRIT MUSHAKA
GS NYABIRASI
MU NTARA Y’AMAGEPFO
31/8/2013 SAA SABA- SAA KUMI N’IMWE NYANZA
College Christ Roi TTC SAVE
PETITSEMIAIRE BAPT.DE BUTARE
GSO BUTARE
LNDP KARUBANDA
ETI RUYUMBU
PETIT SEMINAIRE KABGAYI
GS St JOSEPH KABGAYI
COLLEGE DE KIGORA
COLLEGE CHRIST ROI
LYCEE DE NYANZA
GS BIGUGU
COLLEGE ADVENTISTE DE GITWE
MU NTARA Y’ AMAJYARUGURU
24/8/2013 SAA SABA- SAA KUMI N’IMWE MUSANZE
ESIR TTC KIRAMBO
LYCEE CATHOLIQUE St ALAIN
GS APAPEB
SUN RISE SCHOOL
ESIR
ES REMERA
P S St DOMINIQUE SAVIO RWESERO
MU MUJYI WA KIGALI 07/9/2013 SAA SABA- SAA KUMI N’IMWE NYARUGENGE
Lycée de Kigali LYCEE DE KIGALI
LND CITEAUX
APE-RUGUNGA
COLLEGE ST.ANDRE
KAGARAMA S. SCHOOL
KING DAVID ACADEMY
EFOTEC
ESSA-NYARUGUNGA
FAWE G.SCHOOL
GREEN HILLS ACADEMY
RIVIERA H.SCHOOL
APRED NDERA
MURI 12 YBE, VTCs IWAWA CENTER
AGAHOZO SHALOM CNFDJ-NYANZA
IWAWA CENTER
AGAHOZO SHALOM
CYAHAFI SCHOOL
INGANDO NKURU
17-20/9/2013 SAA MBILI-SAA KUMI N’IMWE Maison des Jeunes KIMISAGARA
ICYITONDERWA
NYUMA Y’AMAJONJORA AZABERA MU NTARA
INTARA Y’IBURASIRAZUBA IZAHAGARARIRWA N’IBIGO 5 BIZAVA MURI 16 BIZAHATANA KU IKUBITIRO
INTARA Y’IBURENGERAZUBA IZAHAGARARIRWA N’IBIGO 3 BIZAVA MURI 9 BIZAHATANA KU IKUBITIRO
INTARA Y’AMAGEPFO IZAHAGARARIRWA N’IBIGO 4 BIZAVA MURI 12 BIZAHATANA KU IKUBITIRO
INTARA Y’AMAJYARUGURU IZAHAGARARIRWA N’IBIGO 2 BIZAVA MURI 7 BIZAHATANA KU IKUBITIRO HIYONGERAHO SUNRISE SCHOOL IZAKOMEZA KUKO YATSINZE UMWAKA USHIZE
UMUJYI WA KIGALI UZAHAGARARIRWA N’IBIGO 4 BIZAVA MURI 12 BIZAHATANA KU IKUBITIRO
KU RWEGO RW’IGIHUGU HAZAHATANA IBIGO BY’AMASHURI YISUMBUYE 18
KU RWEGO RW’IGIHUGU AMARUSHANWA AZAKOMEZA KU BURYO BUKURIKIRA:
21/9/2013 KURI LYCEE DE KIGALI:
HAZABA AMAJONJORA KU BIGO 18 BYA MBERE MU GIHUGU HASIGARE 6
HAZABA AMARUSHANWA KU BIGO 6 BYA MBERE MU GIHUGU HASIGARE 4
HAZABA AMARUSHANWA KU BIGO 4 BYA MBERE MU GIHUGU HASIGARE 2
29/9/2013 SERENA HOTEL:
HAZABONEKA IKIGO KIRUSHA IBINDI MU GIHUGU KIVUYE MURI 2
MURI ZA KAMINUZA N’AMASHURI MAKURU
NYUMA Y’AMAJONJORA Y’IBANZE HAZASIGARA IBIGO 4
KURI 29 NZERI 2013 MURI SERENA HOTEL HAZABA IMIKINO YA NYUMA
MURI 12 YBE, VTCs, IWAWA CENTER, AGAHOZO SHALOM center
21 Nzeri 2013 hazaba amajonjora abere muri AGAHOZO SHALOM CENTER/ RWAMAGANA
29 NZERI 2013….FINALE izahuza Ibigo 2 bya Nyuma.
Ubwo se kaminuza zose ko ntazibonaho ntizatumiwe? Urugero isae busogo, umutara naza nursing zose. Mujye mukora ibintu mubisobanure neza.
Comments are closed.