Digiqole ad

Rwanda: Inkuru 20 zaranze 2015

 Rwanda: Inkuru 20 zaranze 2015

Izi ni zimwe mu nkuru zagarutsweho cyane muri uyu mwaka turi gusoza wa 2015.

Bimwe mu byagarutsweho cyane muri uyu mwaka turi gusoza
Bimwe mu byagarutsweho cyane muri uyu mwaka turi gusoza

Amakuru
*Abaturage benshi cyane basabye ko ingingo ya 101 ihindurwa mu Itegeko Nshinga birakorwa bisozwa na Referendum batoye Yego kuri 98,3%.
*Mu mezi abiri -kugeza muri Mutarama 2015 ba Mayors barindwi bareguye
* Ambasaderi Protais Mitali wari muri Ethiopia yarahunze.
*Tanzania n’u Rwanda ntibyarebanye neza kubera Perezida Kikwete wagaragaje gushyigikira ko FDLR itarimburwa
*Muri Kamena 2015 Karenzi E.Karake yafatiwe i Londres aza kurekurwa
*Impanuka yabereye i Musha mu Ukwakira niyo yahitanye abantu benshi muri uyu mwaka 

Mu butabera

*Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda ryareze Leta y’u Rwanda
*Muri Gashyantare, umuhanzi Kizito Mihigo yakatiwe gufungwa imyaka 10
*Muri Nyakanga: Mugesera yasabiwe gufungwa burundu
*Komisiyo y’Inteko ikurikirana imikoreshereze y’imari ya Leta yahase ibibazo abayobozi b’ibigo ku micungire y’umutungo wa Leta
*Urubanza rwa Col Byabagamba na Frank Rusagara rwarakomeje

 

Imyidagaduro
*Mu Ukwakira Stromae yakoze igitaramo cy’agatangaza mu Rwanda
*Mu kwa munani Knowless yegukanye PGGSS5
*Muri Gashyantare Doriane Kundwa yatorewe kuba Miss Rwanda 2015
*Ibyamamare bibiri byitabye Imana..Mwitenawe Augistin na Safi Papy John
*Amb Joseph Habineza yavanywe kuri Minisiteri y’Umuco na Siporo

Imikino
*JBosco Nsengimana yegukanye Tour du Rwanda
*Amavubi yatsinzwe kuri final ya CECAFA nanone
*Mu kwa gatatu, Ikipe y’igihugu Amavubi yahawe umutoza w’imyaka 29
*Mu kwa cumi, Uwatozaga Rayon yayivuyemo avuze akari imurori
*Mu kwa gatatu, Rayon yaraye rwantambi kuri ‘Reception’ ya Hotel itegereje indege

Ubukungu
*Muri Nzeri, Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare cyatangaje ko Abanyarwanda 39% ari bo basigaye mu bukene
*Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku kigero cya 7%

*U Rwanda rwaje mu bihugu bya mbere ku Isi bifite ubukungu bwihuta
Uyu mwaka ifaranga ry’u Rwanda rizata agaciro kuri 6%; kugera mu mpera z’umwaka

UM– USEKE.RW

 

5 Comments

  • Ubwo se mudashyizemo Pass out ya cadet course ya RDF na RNP ntago mumbeshye kweli

    • Ibyo ni mbunda irasa iki harya ???

  • Muri 2015 twungutse ijambo rishya: Manovringi

  • Udashyizemo ko u Rwanda rwakiriye impunzi 73000 z’Abarundi , niyo nkuru nyamukuru.

  • NDUMVA NTAHO MWIBESHYE. ARIKO SE KO MWIBAGIWE KO UMURENGE WA NYABINONI ARIWO WABAYE UWAMBERE MUBIKORWA BY’UMUGANDA.

Comments are closed.

en_USEnglish