Digiqole ad

Rwamagana bo bifuza iki kuri Perezida uzatorwa?

 Rwamagana bo bifuza iki kuri Perezida uzatorwa?

Karenge muri centre. Umusaruro wabo hari ubwo ubahombere kubera umuhanda utameze neza ubahuza na Kigali

*Nyakariro barifuza ikoranabuhanga

Nyakariro, Karenge, nzige na Muyumbu barifuza umuhanda wa kabirimbo ubahuza n’umugi wa Kigali kuko ngo umusaruro wabo ugera i Kigali bibagoye kandi bakaba ari ikigega cy’umugi. Ibi ni bimwe mubyo babwiye Umuseke bategereje kuri Perezida uzatorwa.

Karenge bishimira ko amashanyarazi yabagezeho ariko barifuza ko n'uyu muhanda ubahuza na Kigali uba Kaburimbo
Karenge bishimira ko amashanyarazi yabagezeho ariko barifuza ko n’uyu muhanda ubahuza na Kigali uba Kaburimbo

Iyi mirenge yo mu karere ka Rwamagana yiganjemo ubuhinzi bw’urutoki, imboga n’imbuto, ndetse n’ikawa cyane muri Karenge. Abaturage bo muri aka gace kitwaga Urukaryi bavuga ko nta kintu kitahera kuko ari ahantu hahangana cyane n’izuba.

Bafite amazi meza, bafite umuhanda mugari, amashanyarazi henshi yabagezeho n’amavuriro abegereye, ariko icyo bavuga bababaye cyane ni umuhanda mwiza ubahuza na Kigali.

Eliezer Bihoyiki ucuruza mu isoko rya Karenge  ati “icyatugirira akamaro kurushaho hano ni uko uyu muhanda ugera i Kabuga waba kaburimbo kuko imodoka kugera hano zije guhaha usanga ari ikibazo.”

Bihoyiki avuga ko hari ubwo umusaruro w’abaturage hano uba mwinshi ukabapfira ubusa kandi i Kigali bawukeneye.

Ati “Nko mu gihe cy’imvura imodoka zibura uko zipakira ugasanga umusaruro udupfiriye ubusa n’izihageze zikaduhenda kubera umuhanda mubi wangiza imodoka zabo.”

Iki kibazo ab’i Karenge bagihuriyeho n’aba Nzige, Muyumbu na Nyakariro.

Anne Marie Mukahaguma wo mu kagari ka Akanzu mu mudugudu wa Cyahafi mu murenge wa Nzige ati “uyu muhanda uva Rugende ukagera hano Nzige ntukoze, hano tweza ibitoki byinshi tubonye umuhanda mwiza rero byatugirira akamaro kuko twabona isoko.”

I Nzige ariko hari uuduce tudafite amazi n’amashanyarazi ku baturage hari henshi ataragera, iki nacyo ni kimwe mu by’ibanze bifuza cyane.

Didas Mungwisoni wo mu murenge wa Nyakariro mu mudugudu wa Ngarama we avuga ko iwabo bababaye cyane amazi nicyo abaho bifuza kuri Perezida watorwa.

Mungwisoni ati “aha mu murenge wacu ikibazo kinini dufite ni amazi n’amashanyarazi, urabona mu duce twegereye umuhanda n’udu-centre ko bihari ariko abatuye hirya ntacyo bafite. Ahenshi  imiyoboro irahari yewe na za Robinet ariko nta mazi azamo aho aza naho ugasanga aza rimwe mu cyumweru nabwo akaza isaha imwe. Hari uduce twinshi abaturage bivomera ibishanga.”

Abatuye muri Nyakariro bo ngo barabona umugi wa Kigali ubasatira cyane bityo barifuza ko Perezida uzatorwa yabegereza ibikorwaremezo by’ikoranabuhanga, umugi ukazahagera babikatajemo.

Karenge muri centre. Umusaruro wabo hari ubwo ubahombere kubera umuhanda utameze neza ubahuza na Kigali
Karenge muri centre. Umusaruro wabo hari ubwo ubahombere kubera umuhanda utameze neza ubahuza na Kigali
Imodoka zitwara umusaruro wabo ngo zirabahenda zitwaje umuhanda
Imodoka zitwara umusaruro wabo ngo zirabahenda zitwaje umuhanda
Jean Chrysostome uri mu kiruhuko cy'izabukuru avuga ko aha Karenge hageze kaburimbo hatera imbere vuba cyane
Jean Chrysostome Ruzindana uri mu kiruhuko cy’izabukuru avuga ko aha Karenge hageze kaburimbo hatera imbere vuba cyane
Umusaruro wabo i Kigali urakenewe cyane ariko birabagora kuwuhageza, bawugurishiriza ino kenshi bagahendwa
Umusaruro wabo i Kigali urakenewe cyane ariko birabagora kuwuhageza, bawugurishiriza ino kenshi bagahendwa
Bihoyiki ucuruza imyaka i Karenge
Bihoyiki ucuruza imyaka i Karenge
Nyakariro ahenshi amazi ntayo
Nyakariro ahenshi amazi ntayo
Josiane Nzamwitakuze avuga ko babaye cyane umuhanda mwiza ubahuza na Kigali
Josiane Nzamwitakuze avuga ko babaye cyane umuhanda mwiza ubahuza na Kigali
Nzige bishimira ko ivuriro ribegereye ariko hari aho badafite amazi namashanyarazi henshi
Nzige bishimira ko ivuriro ribegereye ariko hari aho badafite amazi namashanyarazi henshi
Nyakariro ho banifuza kwegerezwa ikoranabuhanga kuko umugi uri kubegera vuba
Nyakariro ho banifuza kwegerezwa ikoranabuhanga kuko umugi uri kubegera vuba

Callixte NDUWAYO
UM– USEKE.RW

1 Comment

  • kuvanaho umusoro kubutaka hagasoreshwaa ibivuyemo

Comments are closed.

en_USEnglish