Digiqole ad

Rulindo: Kabagema yizihije isabukuru y’imyaka hagati ya 100-110

Kuwa gatandutu w’icyumweru dusoje, umukecuru utuye mu Karere ka Rulindo witwa KABAGEMA Emmerence (Marisiyana) yizihije isabukuru y’imyaka iri hagati y’100 na 110 amaze avutse.

Mukecuru KABAGEMA Emmerence nawe yitabiriye ibirori bye akomeye.
Mukecuru KABAGEMA Emmerence nawe yitabiriye ibirori bye akomeye.

Ibi birori byanabayemo Misa yo kumusabira, byari byitabiriwe n’abamukomokaho benshi, inshuti n’abaturanyi, bose hamwe bagera nko kuri 300.

Ibirori byabereye iwe aho atuye mu Karere ka Rulindo, Umurenge wa Kinihira, muri Karegamazi.

Uyu mukecuru yabyaye abana batanu, ubu akaba afite abuzukuru 26 n’abuzukuruza 12.

Imyaka y’uyu mukecuru ariko ntivugwaho rumwe kuko hari bamwe bo mu muryango we bemeza ko koko yaba agejeje no ku myaka 120, ariko abandi bakavuga ko ashobora kuba atarayigezaho ahubwo yaba iri hagati 100-110, dore ko we ubwe ntabyo yibuka kubera izabukuru.

Bamwe mu bakirisitu ba Kiliziya Gathorika bari bitabiriye ibirori by'uyu mukecuru.
Bamwe mu bakirisitu ba Kiliziya Gathorika bari bitabiriye ibirori by’uyu mukecuru.
Aha, Padiri wa Paruwasi uyu mukecuru abarizwamo yari aje gusomeye misa muri ibi birori.
Aha, Padiri wa Paruwasi uyu mukecuru abarizwamo yari aje gusomeye misa muri ibi birori.
Mu muhimbazo wa Misa yo gusengera uyu mukecuru.
Mu muhimbazo wa Misa yo gusengera uyu mukecuru.
Abantu bari bitabiriye ibi birori ari benshi.
Abantu bari bitabiriye ibi birori ari benshi.
Ibi birori byari by'itabiriwe n'abantu bagera muri 300.
Ibi birori byari by’itabiriwe n’abantu bagera muri 300.
Ibi birori byaranzwe n'urugwiro n'ibyishimo mu bari babyitabiriye.
Ibi birori byaranzwe n’urugwiro n’ibyishimo mu bari babyitabiriye.
Bamwe mu bari bitabiriye ibi birori baganira n'umukecuru KABAGEMA Emmerence.
Bamwe mu bari bitabiriye ibi birori baganira n’umukecuru KABAGEMA Emmerence.

Aya mafoto turayakesha umwe mu bitabiriye ibi birori.

ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • Oh mbega byiza!Imana nanjye izampe kuramba ngeze ku 120!

  • imana ikomeze kuturindi uwo mubyeyi wacu ,

  • Uyu mukeceru Imana imukomeze,igishimishije ni uko ubona rwose agikomeye,araganira amenya abantu,byose ariko biva ku ngeso nziza zamuranze!Tujye turangwa n’ubugwaneza.

  • Ntibaba bazi imyaka bafite nugupapira bagakubitaho. Ubundi se ntibyigaragaza ,ngo hagati y’ijana n’ijana na cumi,ubwo se ibyo nukuvuga iki?

    Uyu mukecuru nta myaka ijana afite ntibakisumbukuruze!

    • hahaha

  • MUVANE IYO E MAIL IHORA IGARUKA

  • uyumu mucecuru Imana igumyekumurinda.es’ubutwe tuzayuzuzu?

Comments are closed.

en_USEnglish