Digiqole ad

Ruhango: Bararana n’amatungo mu nzu kubera abajura

Mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Ruhango, Akagari ka Tambwe, abaturage bibasiwe n’abujura biba amatungo yabo, byafashe indi ntera ku buryo abaturage babonye nta wundi mwanzuro bahitamo kwigomwa ibyumba by’amazu yabo babigenera amatungo.

Bageze aho kurarana n'amatungo  mu nzu kubera gutinya Bene Ngango
Bageze aho kurarana n’amatungo mu nzu kubera gutinya Bene Ngango

Abaturage batifuje ko dutangariza amazina yabo batangarije umuseke.com ko bafata umwanya wo guhinga no korora kugira ngo bikure mu bukene ariko benengango bakajya gusarura ibyo batigeze babirira icyuya.

Bageze aho baroga ubwatsi ngo ubwibwe abihomberemo

Nk’uko abaturage babidutangarije ngo barahinga ariko imyaka igasarurwa n’abajura nijoro, kuburyo bajya kuryama bwacya basanga imirima yabo nta kintu kirimo. Uretse imyaka yo mu murima, biba amatungo ndetse bakiba n’ubwatsi bw’inka.

Umwe yagize ati ”Mu byo tutari tuzi ko umujura yakiba harimo ubwatsi, ariko nabwo basigaye babwiba, kuburyo abenshi muri twe basigaye bashyira uburozi mu bwatsi kuko babonye nta wundi muti uhari, akenshi usanga inka zicwa n’ubwatsi bwibwe kubera ko buba bwararozwe.”

Abaturage batuye muri aka ka gace bavuga ko ubujura bw’amatungo bumaze kuba umuco ku buryo bafashe umwanzuro wo kujya bararana n’amatungo yabo mu nzu imwe kuko nta kundi babigenza.

Bati “Kuraza inka mu kiraro ntitukibikora kubera impamvu z’ubujura, ahubwo turanana nazo mu nzu. Icyahindutse n’uko ubujura bwo kwibisha imbunda bwarangiye, ariko gusenya inzu y’umuturage bagiye kwibwa amatungo bireze cyane hano.”

Insoresore z’i Nyamirambo ziratungwa agatoki

Abo baturage bavuga ko ababiba ari abasore batagira icyo bakora birirwa mu Mujyi wa Ruhango mu gasantre bita “Nyamirambo” akenshi usanga bakina umukino w’amakarita n’urusimbi, bwakira bakajya kwiba abaturage.

Abatuye muri ako kace kibasiwe n’ubujura kandi bemeza ko kenshsi abo bajura bafatwa na polisi bagafungwa ariko mu minsi micye bakarekurwa, ku buryo ngo bituma batava ku ngeso yo kwiba imitungo y’abaturage.

Aba ni bamwe mu basore bo muri ako kage, ubwo twahageraga twasanze koko bakina amakarira.
Aha ni aho bita i Nyamirambo koko twahasanze insoresore zikinira amakarita

Ubuyobozi ntibuzi iki kibazo

Umuseke.com wavuganye n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Tambwe, Ntashamaje Olive adutangarije ko icyo kibazo atakizi kuko ngo mu maraporo baheruka kubazanira kitagaragayemo; ku bwe ibyo bivuze icyo kibazo nta gihari.

N’ubwo avuga ibi ariko, abaturage bashinja ubuyobozi kudakaza umutekano. Aba baturage kandi basaba abayobozi kubarindira umutekano w’ibintu byabo kugira ngo barusheho gukora ndetse batere imbere.

Abarara amarondo aba baturage babanenga kutagera ku mazu y’abantu ko bagarukira ku mihanda gusa kandi hari amasaha y’ijoro ngo agera bakigira kuryama, abo bajura bakabona urwaho.

Nk'uko ibi garagara iki si ikiraro, ariko abaturage babonye nta kundi babigenza bahitamo kujya baraza inka mu nzu nabo babamo.
Uko bigaragara iki si ikiraro ahubwo ni icyumba cy’inzu umuturage yigomwe ngo batazamwibira inka
Aka niko gasantre bavuga kitwa  Nyamirambo ahirirwa insoresore zitagira icyo gukora
Aka niko gasantre bavuga kitwa Nyamirambo ahirirwa insoresore zitagira icyo gukora
Ibi bi ibiro y'Akagari ka Tambwe. Umuyobozi wako avuga ko ikibazo cy'ubujura atarakibona muri raporo yakiriye.
Ibi bi ibiro y’Akagari ka Tambwe. Umuyobozi wako avuga ko ikibazo cy’ubujura atarakibona muri raporo zimugeraho

Photos: D.S. RUBANGURA

Daddy SADIKI RUBANGURA
UM– USEKE.COM

en_USEnglish