Digiqole ad

Ruhango: Amatorero yaremeye abarokotse jenoside batishoboye

Itorero  rya pantekote,n’itorero Metodisite  yose  akorera mu karere ka Ruhango, yaremeye  abarokotse  jenoside yakorewe  abatutsi mu 1994  batishoboye,mu rwego rwo kugirango bibafashe  kwigira.

Mayor Mbabazi F Xavier uhereye ibumoso,atanga inka
Mayor Mbabazi F Xavier atanga inka kuri umwe mu bo baremeye

Iyi  gahunda yo  kuremera abarokotse  batishoboye, yateguwe  n’aya matorero ,nyuma yo kubona ko  bamwe mu baturage, bugarijwe n’ibibazo by’ubukene,ku buryo  batabasha  kwishyura ubwisungane mu kwivuza.

Mukamuyango Fortunee umwe  mubarokotse batishoboye bubakiwe inzu yavuze ko  bimushimishije kongera kubona inzu kuko  aheruka inzu ye mbere ya jenoside.

Mu byishimo byinshi bivanze n’amarira yagize ati: ’’Kuva aho mbereye umupfakazi nacumbikiwe n’abandi bagiraneza, kuko ubushobozi buke nari mfite butari kunyemera  gukodesha’’

Ikindi ngo nuko hari amwe mu matorero usanga yibanda gusa kubifasha roho ariko akaba atita kubyubaka n’umubiri.

Izi mpamvu zose  nizo zabateye gushyira mu igenamigambi yabo gahunda yo gufasha abarokotse batishoboye batuye  muri aka karere ka Ruhango by’umwihariko no mu tundi turere twose tw’igihugu aya matorero akoreramo.

Uhagarariye  itorero ADEPR mu ntara y’amajyepfo Kalisa Jean Vianney, yavuze ko, bifuza  gushyira ingufu muri iki gikorwa cyo kuremera  abatishoboye, bagendeye  cyane cyane kuri iyi minsi ijana yo kwibuka, kandi  akavuga ko bizakomeza na nyuma y’iyi minsi.

Yagize ati:’’Niba inzego z’ubuyobozi zifasha  abatishoboye kwivana mu bukene,twe ni iyi he mpamvu yatuma tutabikora,kandi  ijambo ry’Imana rivuga ko idini nyakuri ari  iryita ku bapfakazi, n’impfubyi.

Hari abahawe amatungo magufi
Hari abahawe amatungo magufi
Inka yahawe umwe mu batishoboye
Inka yahawe umwe mu batishoboye
Bimwe mu bikoresho bahawe
Bimwe mu bikoresho bahawe
Abo basengana bagaragaje ibyishimo
Abo basengana bagaragaje ibyishimo
Abaturage basuwe bakaremerwa
Abaturage basuwe bakaremerwa

 

Elise MUHIZI
UM– USEKE.RW

en_USEnglish