Digiqole ad

Rugby: u Rwanda rwatsinze u Burundi nta bafana bahari

Ntabwo uyu mukino uramenyekana cyane mu Rwanda, ku bamaze gusobanukirwa uko ukinwa ariko bavuga ko ari umukino uryoheye ijisho. Kuri uyu wa 03 Kamena ikipe y’u Rwanda yitwa Silverbacks yakiriye iy’u Burundi kuri stade Amahoro i Remera. Warangiye u Rwanda rutsinze u Burundi amanota 15 – 6. Nta bafana urebye bari kuri Stade Amahoro.

Umusore wo ku ruhande rw'u Rwanda avanye umupira mu bandi agana ku izamu ry'u Burundi
Umusore wo ku ruhande rw’u Rwanda avanye umupira mu bandi agana ku izamu ry’u Burundi

Hari mu marushanwa ya ‘Zone II’ ari kubera mu Rwanda, igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye u Burundi butsinze u Rwanda amanota 6 kuri 5 y’u Rwanda. Mu gice cya kabiri nibwo abasore ba Silverbacks batsinze amanota yandi icumi umukino urangira ari 15 kuri 6 y’u Burundi.

Iri rushanwa ryitabiriwe n’amakipe y’ibihugu bitatu bibarizwa mu karere ka kabiri muri Rugby ya Africa ibyo ni u Rwanda, DR Congo n’u Burundi.

Mu mategeko y’ibanze, abakinnyi bakina bahererekanya imbere, ntabwo byemewe guha umupira mugenzi mu ikipe uri inyuma yawe, gutsinda ni ugutereka hasi umupira ku murongo urangiza ikibuga cy’ikipe mukeba babyita ‘Trial’hakabarwa amanota atanu (5) ikipe itsinze yongezwa icyo bita “Conversion’ hahita haterwa ikimeze nka Penaliti gicishwa hagati y’ibiti bibiri birebire cyane bizamutse ku biti by’izamu risanzwe rya football (hakabarwa amanota abiri iyo uciyemo).

Kuri uyu wa kane u Burundi burakina na DR Congo, umukino wa nyuma ukazahuza u Rwanda na DR Congo kuwa 6 Kamena 2014, nyuma bakareba yagize amanota menshi igaagararira Akarere.

Rugby ni umukino ukinwa iminota 80, 40 mu bice bibiri, amateka avuga ko umupira w’amaguru wamamaye ku Isi washibutse kuri uyu mukino nawo ukomoka mu Bwongereza.

Bamwe mu basore bagize ikipe y'u Rwanda
Bamwe mu basore bagize ikipe y’u Rwanda
Umukino watangiranye ishyaka ku ruhande rw'ikipe y'u Burundi
Umukino watangiranye ishyaka ku ruhande rw’ikipe y’u Burundi
Iyo basunikana gutya baba bashaka umupira
Iyo basunikana gutya baba bashaka umupira
Ababashije kuwufata bahita bavuduka basatira
Ababashije kuwufata bahita bavuduka basatira
Ikipe y'u Burundi yitwaye neza mu gice cya mbere, aha bagiye guhana ikosa rishobora kuvamo igitego n'inota rimwe
Ikipe y’u Burundi yitwaye neza mu gice cya mbere, aha bagiye guhana ikosa rishobora kuvamo igitego n’inota rimwe
Mu gukina hari ubwo muhitamo gutera umupira imbere ahagana mu kibuga cya mukeba mukamusatira
Mu gukina hari ubwo muhitamo gutera umupira imbere ahagana mu kibuga cya mukeba mukamusatira
Aha baba biteguye kujya kuri "Scram"
Aha baba biteguye kujya kuri “Scram”
Kuri scram baharasunikana gusa bagamije gutwara umupira uba uri mu maguru  ukahashyirwa n'umusifuzi
Kuri scram baharasunikana gusa bagamije gutwara umupira uba uri mu maguru ukahashyirwa n’umusifuzi
Ni umukino usaba imbaraga no kuba maso cyane
Ni umukino usaba imbaraga no kuba maso cyane
Habamo ibyo bita "Tacle" ni nko gutera umuntu umutego (umuturutse imbere gusa) kugirango adakomeza gusatira izamu ryanyu. Aha umukinnyi w'umurundi yayiteye neza uw'u Rwanda
Habamo ibyo bita “Tacle” ni nko gutera umuntu umutego (umuturutse imbere gusa) kugirango adakomeza gusatira izamu ryanyu. Aha umukinnyi w’umurundi yayiteye neza uw’u Rwanda
Uyu musore w'u Rwanda arasa n'ubacitse agana ku gutsinda
Uyu musore w’u Rwanda arasa n’ubacitse agana ku gutsinda
Ni umukino usaba abakinnyi b'imbere batari banini cyane kandi banyaruka
Ni umukino usaba abakinnyi b’imbere batari banini cyane kandi banyaruka
Umukino warangiye ikipe y'u Rwanda ariyo itsinze
Umukino warangiye ikipe y’u Rwanda ariyo itsinze
Abasore b'u Rwanda baganira ku ntsinzi bari babonye
Abasore b’u Rwanda baganira ku ntsinzi bari babonye
Muri Rugby ikipe itsinzwe ikora imirongo ibiri iteganye ikipe ibatsinze ikanyura hagati bayikomera amashyi bayiha icyubahiro ko ibatsinze
Muri Rugby ikipe itsinzwe ikora imirongo ibiri iteganye ikipe ibatsinze ikanyura hagati bayikomera amashyi bayiha icyubahiro ko ibatsinze
Abakina Rugby cyane cyane bugarira bakunze kuba ari abasore b'ibizigira. Uyu ni myugariro ku ruhande rw'u Burundi
Abakina Rugby cyane cyane bugarira bakunze kuba ari abasore b’ibizigira. Uyu ni myugariro ku ruhande rw’u Burundi
Uko ubasaba imbaraga ni nako urangira igifu nacyo gishaka ko bakiramira
Uko ubasaba imbaraga ni nako urangira igifu nacyo gishaka ko bakiramira

 

Paul NKURUNZIZA
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • “Mu gice cya kabiri nibwo abasore ba Silverbacks batsinze amanota yandi icumi umukino urangira ari 15 kuri 6 y’u Rwanda.” aho murabeshe kabisa nariyo byarangiye u burundi aribwo bufite 6 apana u rwanda muhindure inkuru yanyu ni 15 by u rwanda kuri 6 y uburundi

Comments are closed.

en_USEnglish