Digiqole ad

Rubavu: Abamotari barasaba ko ibyanyerejwe n’ababayoboraga,begujwe, bigaruzwa

 Rubavu: Abamotari barasaba ko ibyanyerejwe n’ababayoboraga,begujwe, bigaruzwa

Abamotari b’i Rubavu barasaba ko umutungo wabo wanyerejwe n’abayobozi wagaruzwa

Nyuma yo kweguza uwari umuyobozi w’ihuriro ry’Amakoperative y’abatwara moto mu karere ka Rubavu kubera imicungire mibi no kunyereza umutungo, Abamotari muri aka karere barasaba ko n’umutungo wabo wanyerejwe wagaruzwa.

Abamotari b'i Rubavu barasaba ko umutungo wabo wanyerejwe n'abayobozi wagaruzwa
Abamotari b’i Rubavu barasaba ko umutungo wabo wanyerejwe n’abayobozi wagaruzwa

Igenzura ryakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’amakoperative (Rwanda Coperatives Agency,RCA) ryagaragaje imicungire mibi n’inyerezwa ry’amafaranga abarirwa muri  miliyoni 12 mu ihuriro ry’amakoperative y’abamotari ba Rubavu ryitwa UCOTAMRU, byatumye uwari umuyobozi waryoyeguzwa.

Amwe mu makoperative y’abamotari ngo yakoraga uko yishakiye, gutanga nabi imisanzu, kudashyira imisanzu yatanzwe kuri Konti n’ibindi…

Havugwa kandi inyubako y’ihuriro ngo yaguzwe miliyoni 52 ariko Abamotari bakavuga ko ari amafaranga y’umurengera kuri iyo nzu ahubwo andi yanyerejwe. Bagasaba ko bikorwaho iperereza.

Aba bamotari nubwo ngo basanga igenzura n’impinduka byaratinze ukurikije igihe bavugiye imicungire mibi mu ihuriro ryabo, ngo bishimiye ko hari icyakozwe gusa ngo gukuraho ubuyobozi bwariho ni kimwe no kugarura umutungo wanyerejwe ni ikindi babona gikenewe.

Christine Mukakiramba ushinzwe ubugenzuzi bw’amakoperative muri RCA, avuga ko amakoperative yashyiriweho guteza imbere abanyamuryango atari ubuyobozi bwayo.

Avuga ko mu bugenzuzi bakoze basanze amafaranga yagiye akusanywa ataragejweje  ku ma konti yak operative ariko baniyemeje ko ayo mafaranga bazayagarura akaza akaba umutungo wa rusange.

Ati “koperative iberaho abanyamuryango, inyungu ikaboneka kuri bose ntiberaho ngo umuntu akore ashyira mu mufuka iby’abandi

Gafora Sentibagwe wahoze ari umuyobozi w’ihuriro ry’amakoperative y’abamotari aha i Rubavu yakiriye anemera kuvanwa ku buyobozi yari  amazeho imyaka itandatu, gusa ngo yaragambaniwe.

Sentibagwe ati “hirya no hino bavugaga ko nanyereje amafaranga {ariko} imbogamizi nahuye nazo ni abayobozi b’amakoperative kuko nibo bafataga ibitabo bakajya kwishyuza. Imyaka  itandatu twabanye  ndabashimiye cyane

Ihuriro ry’abatwara moto mu karere ka Rubavu (UCOTAMRU) rigizwe na koperative 12 abayobozi bayo nibo batorwamo ab’ihuriro.

Nyuma yo kwegura kw’aba bayobozi hashyizweho ubuyobozi bw’inzibacyuho bwasabwe gutegura amatora mu gihe kitarenze imisi 10.

Inzu bavuga ko yaguzwe Miliyoni 52 nk'umushinga w'ihuriro, Abamotari bavuga ko uretse utazi agaciro k'inzu i Rubavu ari we wabeshywa gutyo
Inzu bavuga ko yaguzwe Miliyoni 52 nk’umushinga w’ihuriro, Abamotari bavuga ko uretse utazi agaciro k’inzu i Rubavu ari we wabeshywa gutyo
Iyi ni ifishi 'umumotari umwe watangaga nibura 23 000 ku mwaka nk'umusanzu w'umushinga
Iyi ni ifishi ‘umumotari umwe watangaga nibura 23 000 ku mwaka nk’umusanzu w’umushinga
Sentibagwe wari Perezida w'ihuriro ryabo avuga ko nta mutungo yanyereje kuko wakusanywaga n'abayobora za Koperative
Sentibagwe wari Perezida w’ihuriro ryabo avuga ko nta mutungo yanyereje kuko wakusanywaga n’abayobora za Koperative

KAGAME K. Alain
UM– USEKE.RW

1 Comment

  • Ijambo ‘kweguzwa’ dukwiye kurireka. Ryumvikana nabi.

Comments are closed.

en_USEnglish