Digiqole ad

ONG nshya yitwa SFH ije gusimbura PSI yamuritswe

27 Mata, Kacyiru  – Kuri Hotel Umubano hatangijwe ku mugaragaro umuryango mushya utegamiye kuri Leta witwa SFH (Society for Family Health) uzakomeza gukora ibikorwa byakorwaga na PSI (Population Service International).

Ministre Dr Binagwaho niwe wafunguye SFH ku mugaragaro/photo Rubangura D
Ministre Dr Binagwaho niwe wafunguye SFH ku mugaragaro/photo Rubangura D

Ku bufatanye na Ministeri y’Ubuzima na USAID, SFH izakora ibikorwa byo kubaka ubushobozi bw’abanyarwanda mu ku rwanya agakoko gatera SIDA, kurwanya impiswi, ku rwanya malaria, kuvura  indwara zibasira abana, kurwanya imirire mibi ndetse no kuringaniza imbyaro.

PSI yari imaze imyaka 19 ikora nayo byinshi muri biriya bikorwa ubu ikaba ibihariye SFH biriya bikorwa bizakorwa mu byiciro bitatu.

Ibi ntibisobanuye ko PSI ihagaritse ibikorwa byayo, izabikomereza mu bindi bihugu, mu Rwanda izajya ikorana bya hafi na SFH mu bikorwa izaba ikorera imbere mu gihugu byakorwaga na PSI.

Dr Agnes Binagwaho wari mu muhango wo kumurika SFH ku mugaragaro yavuze ko Ministeri y’Ubuzima ayoboye izakorana cyane na SFH nkuko yakoranaga na PSI mu kugirango ubuzima bw’abanyarwanda burusheho kumera neza.

Ku bufatanye n’imiryango nterankunga nka USAID, DOD, Global Fund, UNFPA, UNICEF, DFID n’iyindi, SFH izakomeza ibikorwa by’ubukangurambaga ku abaturage  mu kubungabunga ubuzima bwabo.

Ministre Binagwaho asobanura uko MINISANTE izakorana na SFH
Ministre Binagwaho asobanura uko MINISANTE izakorana na SFH

Daddy SADIKI RUBANGURA
UM– USEKE.COM

0 Comment

  • Nishimiye uwo muryango.Ikibazo cya Birth control na SIDA kiraremereye ariko bazakore iyo bwabaga.Mbifurije akazi keza.

Comments are closed.

en_USEnglish