Digiqole ad

Nyaruguru: Mubyo bibohoye harimo no kwitwa ‘Abatebo’

Mu gihe u Rwanda rumaze imyaka 20 rwibohoye, abatuye akarere ka Nyaruguru baratangaza ko bibohoye guhezwa kuri gahunda z’igihugu z’iterambere n’imibereho myiza, ndetse ngo n’izina bajyaga babahimba ry’ ‘Abatebo’ ubu ni igitutsi.

Iyo ni inyubako y'akarere ka Nyaruguru
Ibiro by’Akarere ka Nyaruguru

Akarere ka Nyaruguru ni kamwe muri tubiri twari tugize Perefegitura ya kera ya Gikongoro yarangwaga n’inzara ihoraho kubera ubutaka busharira, abaturage baho abenshi bakaba barabohaga ibitebo byo kugurisha ari na ho izina ‘Abatebo’ ba Gikongoro ryaturutse nk’uko abaturage babivuga.

Umuyobozi w’akarere ka Nyaruguru, Habitegeko François avuga ko urugamba rukomeye rw’amasasu rwarangiye hasigaye urwo guhindura imyumvire gusa.

Izina Gikongoro ryavugaga inzara agace kamwe k’aka gace ubu ni mu karere ka Nyaruguru, abahatuye cyera ngo bahoraga bibona nk’abibagiranye mu Rwanda kandi bahora inyuma.

Abaturage bavuga ko kuva ubuyobozi bwabegerezwa byatumye bipakurura ayo mateka, ubu ngo bishimira iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza bagenda begaraho kuko ubu nta watinyuka kubita ‘Abatebo’.

Habitegeko Francois Umuyobozi w’akarere ka Nyaruguru  atangaza ko amateka yari yarahejeje inyuma Akarere ayobora, abahatuye barahejwe ku burezi, ku buvuzi, ku bukungu bw’igihugu n’ibindi byiza.

Ku bwe ngo nyuma y’imyaka 20 abaturage bagomba gutekereza cyane ku byabateza imbere mu mpande zose z’ubuzima.

Nubwo muri aka karere  hakigaragara ibibazo bimwe na bimwe by’ubukene, Akarere ka Nyaruguru kagaragaza impinduka zikomeye mu iterambere ry’ubukungu, kuko ugereranyije n’uko kari kameze mbere y’urugamba rwo kwibohora n’uyu munsi itandukaniro rikomeye riragaragara.

Ibyo byari ibiro by'ubuyobozi bw'akarere ka Nyaruguru
Ibyo byari ibiro by’ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru
Mu muri Centre ya Kibeho ubu hubatswe Hoteli
Mu muri Centre ya Kibeho ubu hubatswe Hoteli
Nyaruguru ifite ibitaro bito mbere kuva ubwigenge bwabaho ntihigeze ibitaro
Nyaruguru ifite ibitaro bito mbere kuva ubwigenge bwabaho ntihigeze ibitaro
Muri Nyaruguru ubu hari uruganda rw'icyayi
Muri Nyaruguru ubu hari uruganda rw’icyayi
Iyo foto iragereranya, iya mbere iriho abana, aho hubatswe sitasiyo, iyo bisi aho iri niho imodoka zitwara abagenzi zihagarara
Iyo foto iragereranya, iya mbere iriho abana, aho hubatswe sitasiyo, iyo bisi aho iri niho imodoka zitwara abagenzi zihagarara
Izo nze zishaje ni wo wari umujyi, izo ziri hasi ubu ni ko hameze
Izo nze zishaje ni wo wari umujyi, izo ziri hasi ubu ni ko hameze
Iyo bisi ni amateka iyo yagusigaga byagusabaga kuzategereza uregendo na we wararusubikaga
Iyo bisi ni amateka iyo yagusigaga byagusabaga kuzategereza uregendo na we wararusubikaga
Nk'uko bigaragara aho hari mu isoko rinini ariko ubu isoko rirubakiye
Nk’uko bigaragara aho hari mu isoko rinini ariko ubu isoko rirubakiye

Amafoto/Kigabo (Archives)

ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • Ngiri iterambere

  • Ntabwo twitwaga abatebo ahubwo aba “très bons”

Comments are closed.

en_USEnglish