Digiqole ad

Nyanza/Muyira: Barasaba Leta kubaha imisozi yari ishyinguyeho ababo bishwe muri Jenoside

 Nyanza/Muyira: Barasaba Leta kubaha imisozi yari ishyinguyeho ababo bishwe muri Jenoside

Kwibuka 25, kuri iki cyumweru mu Karere ka Nyanza hashyinguwe Abatutsi biciwe mu ahitwa Mu Mayaga mu murenge wa Muyira, bose basaga ibihumbi 89 ariko abagiye bakurwa ahantu hanyuranye ni ibihumbi 84. Abarokotse basabye Leta ko yabegurira imisozi yari ishyinguyeho abantu babo kuko ngo n’ubundi bazahora bahibukira amabi yahakorewe.

Uru rwibutso rushya ruzuzura rutanzweho miliyoni 500Frw rushyinguyemo abasaga ibihumbi 84

Minisitiri  w’ubutabera Johnston Businge akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta muri uyu muhango yavuze ko nubwo hibwikwa ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, hanibukwa ubutwari bw’ingabo za RPA zayihagaritse.

Hashyinguwe mu cyubahiro imibiri irenga ibihumbi 84 yakuwe aho yari ishyinguye mu buryo butameze neza muri site 47. Minisitiri Busingye yibajije impamvu Imana yatumye Interahamwe zica Abatutsi barenga 1.000.000.

Ati “Kuki itazihumye amaso noneho Inkotanyi zafata igihugu zigahumuka?”

Yasabye urubyiruko rwarokotse Jenoside kurangwa n’ubutwari kandi rukarangwa n’ubumwe.  Businge yasabye abakoze Jenoside gutanga amakuru y’aho bajugunye imibiri y’abo bishe.

Nkuranga Egide Visi Perezida wa IBUKA yashimiye Leta ko iha umwanya abacitse ku icumu bakavuga agahinda kabo. Ibi ngo ni uburyo bumwe bwo gukira.

Umuyobozi wungirije wa IBUKA yavuze ko imbabazi Papa Francis aherutse gusaba mu izina ry’abayoboke ba Kiliziya Gatulika, zikwiye gukurikirwa n’indishyi

Ku mbabazi Papa Francis Umushumba wa Kiliziya Gaturika aheruka gusaba ku bw’uko bamwe mu Bakirstu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nkuranga Egide yavuze ko bidahagije kuko ngo usabye imbabazi agomba no gutanga indishyi ku bagigweho ingaruka na Jenoside.

Uwayezu Jean Fidel mu izina ry’imiryango yashyinguye yavuze ko nyuma ya Jenoside Abatutsi biciwe mu Mayaga bari bashyinguye nabi ku misozi, abandi bashyinguye ku mihanda.

Yasabye imisozi yari ishyinguweho bariya bantu igumanwa n’Abacitse ku icumu kuko na yo ari inzibutso.

Ati “Umusozi wa Nyamure urimo amabuye menshi y’agaciro, hari abatangiye kubona ko ari imari, turasaba ubuyobozi aho hantu bahaduhe kuko tuzajya tuhibukira, niho abacu biciwe, ni niho hakorewe amabi yose y’agashinyaguro.”

Muri Muyira haguye umubare munini w’Abatutsi barenga ibihumbi 89, ariko imibiri yabonetse yanashyinguwe ni ibihumbi 84.

Uru rwibutso rwo mu Mayaga hamaze kuzura imva gusa, rumaze umwaka n’igice rwubakwa ruzuzura rutanzweho asaga miliyoni 580Frw.

Igice kimwe k’imva na cyo kitarimo ibitanda byagenewe kwirambikwaho amasanduku kimaze gutwara miliyoni 325Frw.

Uwayezu Jean Fidel wavuze mw’izina ry’imiryango yashyinguye
Minisitiri Busingye Johnston yasabye abazi ahari imibiri y’abishwe muri Jenoside kuhavuga
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Soraya Hakuziyaremye ari mu bitabiriye uyu muhango
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, Dr Bizimana Jean Damascene
Senateri Dr Jean Damascene Ntawukuriryayo yunamira abishwe muri Jenoside mu Mayaga
Abaturage bari baje gufatanya n’abafite ababo bashyinguye kuri iki cyumweru
Abafite ababo bazanye indabo zo kurambika ku masanduku bashyinguyemo
Byabereye mu murenge wa Muyira mu Karere ka Nyanza
Imibiri yashyinguwe mu cyubahiro
Abashyinguwe mu cyubahiro barenga ibihumbi 80
Jean Marie Vianney Twagirayezu wari uhagariye RIB muri uyu muhango
Ingabo z’u Rwanda zishimirwa ko zahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi
Col Sibomana uyobora Reserve Force mu Majyepfo aha icyubahiro abashyinguwe muri ruriya rwibutso
CSP Rutayisire wo mu rwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa

AMAFOTO@NKUNDINEZA/UMUSEKE

Jean Paul NKUNDINEZA
UMUSEKE.RW

en_USEnglish