Digiqole ad

Nyamagabe: Ibishorobwa byangiza imyaka byateye ubwoba abaturage

Mu ntangiriro z’igihembwe cy’ihinga  cya 2012 A,  mu karere ka Nyamagabe, umurenge wa Tare hateye ibyonnyi  byo mu bwoko bw’ibishorobwa birya imyaka yose bidatoranyije kandi bihereye mu butaka birya imizi y’ibihingwa.

Ibishorobwa biri kwangiza imyaka muri Tare ni ibyo
Ibishorobwa biri kwangiza imyaka muri Tare ni ibyo

Ibyo bishorobwa  byibasiye ibinyabijumba nk’ imyumbati, amashaza, soya, ibishyimbo,ibijumba ndetse n’ishyamba ritarera neza. Umwumbati biriye  ntiwongeraga gukura ndetse amababi yawo ahinduka umuhondo.

Ibi bishorobwa byateye abaturage ubwoba kuko batabimenyereye kandi bikaba ari byinshi. Ikindi kandi bikaba biticwa n’imiti isanzwe kuko bibasaba kubitwika gusa.

Ibyo bishorobwa n’iyo amatungo yabiriye ararwara agapfa, nkuko twabibwiwe n’abaturage bo mu murenge wa Tare.

Kuri iki cyumweru, impuguke mu buhinzi za MINAGRI na RAB (Rwanda Agriculture Board) zari mu murenge wa Tare zigerageza umuri wa CARBOFURAN nka kimwe mu gisubizo mu kwica ibi bishorobwa.

Ibi ni nyuma yaho bageragereje indi miti nka DIMETHOATE na CHLORPYRIFOS kuva ariko ikananirwa kwica ibi byonnyi.

Uku gukerererwa mu gihembwe cy’ihinga kuri aba baturage ngo bishobora kuzakurikirwa n’amapfa atewe no kubura umusaruro bari bategereje.

Ibi bishorobwa, byatangiye kugaragara muri aka gace kuva mu mwaka ushize, nyamara abaturage bakagirango ni ibisanzwe ntibabimenyeshe MINAGRI. Ubu bikaba bimaze gufata indi ntera.

Nyuma yo kumenya iby’ibi byonnyi, MINAGRI na RAB bohereje inzobere kureba ibi bishorobwa no gushaka umuti wabyica, ikigoye aba bashakashatsi kugeza ubu ni ukumenya icyabyaye ibi bishorobwa (adult identification) kugirango bashakishe umuti wo kubyica.

Zimwe mu nzobere za MINAGRI na RAB zoherejwe kwiga kuri ibi byonnyi
Zimwe mu nzobere za MINAGRI na RAB zoherejwe kwiga kuri ibi byonnyi, iburyo ni umuhinzi wo muri Tare

Kuri iki cyumweru no kuwa mbere hakaba hakozwe umuganda wo kubitoragura mu mirima bigatwika mu gihe hataraboneka umuti uhamye wo kubihashya.

Mu myaka ishize MINAGRI ikaba yarahanganye n’indwara za “Kabore” na “Kirabiranya” zibasiye Insina, ndetse n’indwara ya “Mozaique” yibasiye imyumbati. Izi ndwara zikaba zaratumye abaturage bagira igihombo kinini ndetse n’inzara kubyo bari barahinze.

Abahinzi bereka izo nzobere uburyo ibishorobwa byagize ibishyimbo byabo
Abahinzi bereka izo nzobere uburyo ibishorobwa byagize ibishyimbo byabo

Photos Kayitare A.

Ubwanditsi
UM– USEKE.COM

8 Comments

  • hahaha pole sana, uwabigeza hano ngo urebe ukuntu babirya? iyo ninyama yimboneka rimwe hano europe

  • Niba byarabananiye, muzashake abantu babigura, kuko ari inyama ihenze, kuko abazungu bazikunda kubi! Kandi hari abashinwa bakora imihanda, uwabashyira iyo mari mwayibonamo inote!

  • ariko ntugashinyagure ubwo bigeze iwanyu wabona sha, inka ibiriye irapfa bo byegenda gute? Gerageza urebe uko bigenda.

  • niyo inyamaswa zibiriye zirapfa….ntabwo ari ibishorobwa bisanzwe, wenda n’abantu babiriye byabagiraho ingaruka

  • Ntitukihutire kuvuga ibyo dushaka: Koko urebye isura yabyo bisa n’ibyo ahandi ku isi bateka bakarya… ariko yenda si kimwe niba byica inyamanswa ndumva n’umuntu byamuhitana. Kandi ni byiza kumenya ubwoko bwabyo ugereranije n’ibiribwa.

  • Bazagerageze bashyiremo za imidacloprid barebeko haricyo byatanga

  • hakwiye kureba imiti yakoreshwa itagira izindi ngaruka ku butaka n’ibihingwa.kuko imiti ikoreshwa mu buhinzi kuri iki gihe usanga itera ibindi ikemura ibibazo bimwe igatera ibindi.

  • ni bige kubirya ni riche en protéines cg se bitabaze abanyekongo babirahire aho twinikaga!!

Comments are closed.

en_USEnglish