Digiqole ad

Nyabihu: Imiryango 180 y’abatishoboye yatujwe neza ariko ibura aho guhinga

 Nyabihu: Imiryango 180 y’abatishoboye yatujwe neza ariko ibura aho guhinga

Imiryango 180 igizwe n’abarikunywe muri Tanzaniya abahungutse bava muri Congo n’abari batuye mu manegeka cyangwa abimuwe n’ibiza bubakiwe amazu ariko ubu bamwe  bavuga ko  bidahagije kubera kuko ntaho bafite bahinga.

Iyi miryango yatujwe mu nzu zubatswe na Croix Rouge Rwanda ku butaka bwatanzwe na Leta
Iyi miryango yatujwe mu nzu zubatswe na Croix Rouge Rwanda ku butaka bwatanzwe na Leta

Mu mudugudu wa Bikingi akagari ka Kijote Umurenge wa Bigogwe Akarere ka Nyabihu niho iyi miryango 180 yatujwe.

Iyo uzengurutse ni ahantu heza habereye ijisho gusa abayatuyemo bavuga ko nubwo batuye neza ariko ubuzima bubagoye cyane kuko badafite  aho bahinga. Umwuga bavuga ko ari wo wabatunga.

Augustin Serubyogo wirukanywe muri Tanzania ashimira Leta ko yamuvanye habi aho yanyagirwaga agatuzwa neza, ariko imibereho ye n’abe ngo si myiza kuko bashonje kuko badafite aho guhinga kandi ngo nta yindi mirimo iboneka muri aka gace bakora ikabatunga.

Serubyogo avuga ko kuko ntaho guhinga bafite ubuzima bwabo bugoye cyane
Serubyogo avuga ko kuko ntaho guhinga bafite ubuzima bwabo bugoye cyane

Théoneste Uwanzwenuwe Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu avuga ko kubonera aba baturage ubutaka bwo guhingaho ari ikibazo kidashobora kubonerwa umuti kuko ngo abanyarwanda babukeneye ari benshi.

Nta n’ibindi bisobanuro atanga byerekana uburyo bazakemura iki bibazo akavuga ko kuba batujwe ari icy’ibanze nabo bakwiye gushakisha imibereho.

Amazu atujwemo iyi miryango 180 yari yubatswe  na Croix Rouge y’u Rwanda ku butaka yahawe na Leta.

MUHIZI Elisee
UM– USEKE.RW/Nyabihu

en_USEnglish