Digiqole ad

Nyabarongo yajugunywemo Abatutsi, ubu iraha abaturage amashanyarazi – Mureshyankwano

 Nyabarongo yajugunywemo Abatutsi, ubu iraha abaturage amashanyarazi – Mureshyankwano

Uyu munsi abibuka ababo baroshywe muri uyu mugenzi bawushyizemo indabo babibuka

Mu muhango wo gusoza icyumweru cyahariwe ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi Marie Rose Mureshyankwano Guverineri w’intara y’Amajyepfo atangaza ko Ubutegetsi bubi bwifashishije Umugezi wa Nyabarongo burohamo Abatutsi, ariko ngo uyu munsi Nyabarongo irifashishwa mu guha Abaturage amashanyarazi.

Uyu munsi abibuka ababo baroshywe muri uyu mugenzi bawushyizemo indabo babibuka
Uyu munsi abibuka ababo baroshywe muri uyu mugenzi bawushyizemo indabo babibuka

Uyu muhango ku rwego rw’Akarere ka Muhanga wabereye  mu Murenge wa Rugendabari  ahari urwibutso ruriho amazina  y’Abatutsi babashije kumenyekana baroshywe muri Nyabarongo.

Guverineri Mureshyankwano Marie Rose wari umushyitsi mukuru yagarutse  ku butegetsi bubi Abanyarwanda bagize mu myaka ya mbere ya Jenoside bwaciyemo ibice abaturage bushingiye kubyo bitaga ubwoko igatoteza Abatutsi kugeza ubwo ibakoreye Jenoside.

Guverineri Mureshyankwano yavuze ko Abicanyi bajugunyaga Abatutsi muri Nyabarongo bahagaze ku kiraro nyamara ngo uyu munsi uyu mugezi uri kwifashishwa mu guha Abaturage amashanyarazi.

Mureshyankwano ati “Ndasaba ko twese twishyira mu mwanya w’Abatutsi bajugunywe muri Nyabarongo, maze mutekereze ibikorwa bya kinyamaswa ubwo bwicanyi bwakoranywe, ibi ntibizongere kubaho.»

Cyriaque Nzaramba umwe mu barokotse Jenoside avuga ko  umugore we n’umwana ndetse n’abandi bantu benshi babaroshye muri Nyabarongo areba ariko ubu akaba abanye mu mahoro n’abamwiciye.

Nzaramba ati “Icyo nishimira cyane n’uko ubuyobozi dufite bubanisha neza Abanyarwanda.”

Ubu Abatutsi baroshywe muri Nyabarongo Akarere gafite ku rutonde ni abantu 86 gusa, haracyakorwa ubushakashatsi ngo hamenyekane n’abandi baba barajugunywe muri uyu mugezi.

Geverineri MURESHYANKWANO yunamiye Abashyinguye ku rwibutso
Geverineri MURESHYANKWANO yunamiye Abashyinguye ku rwibutso
Bamwe mu bayobozi barimo n'abadepite baje kwifatanya n'abandi muri uyu muhango
Bamwe mu bayobozi barimo n’abadepite baje kwifatanya n’abandi muri uyu muhango
Col Sam BAGUMA ashyira indabo muri Nyabarongo
Col Sam BAGUMA ashyira indabo muri Nyabarongo
Musenyeri MBONYINTEGE Smaragde yifatanyije n'abaturage mu gikorwa cyo kwibuka
Musenyeri MBONYINTEGE Smaragde yifatanyije n’abaturage mu gikorwa cyo kwibuka
Geverineri MURESHYANKWANO yunamiye Abashyinguye ku rwibutso
Geverineri MURESHYANKWANO yunamiye Abashyinguye ku rwibutso

MUHIZI Elisee
UM– USEKE.RW/Muhanga

en_USEnglish