Digiqole ad

Nubwo batsinzwe, Ian Kagame azi Basketball cyane kurusha Football

 Nubwo batsinzwe, Ian Kagame azi Basketball cyane kurusha Football

Ian Kagame yerekanya ko uyu mukino ariwo akina koko

Mu ijoro ryakeye, amaso yose y’abari muri Petit stade amaso bayahanganga Ian Kagame iyo yabaga afashe umupira, uyu musore ukuri muto ni umuhanga muri Basketball uko byagaragaye kurusha muri Football aho yagaragaye ubushize akinira Amavubi. Gusa ikipe ye kuri uyu mugoroba yatsinzwe n’iy’igihugu ya U18 yitegura imikino nyafrika (U18) izabera mu Rwanda mu mpera z’uku kwezi.

Petit stade yari yuzuye abaje kwirebera uyu mukino
Petit stade yari yuzuye abaje kwirebera uyu mukino

Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu, Petit Stade yari yuzuye, abantu baje kureba umukino w’abana b’abanyarwanda biga mu mahanga n’Amavubi U18. Ndetse n’umukino wakurikiyeho wa Play Offs hagati ya Patriots na IPRC-South.

Usibye abafana benshi ba Basket, na Mme Jeannette Kagame abana be Ivan Kagame na Ange Kagame nabo bari baje kureba iyi mikino, nubwo barebye uyu wabanje gusa warimo Ian.

Ubushize ubwo Ian na murumuna we Brian bakinnye mu ikipe Amavubi y’umupira w’amaguru nabwo umubyeyi wabo na mushiki wabo bari baje kubashyigikira. Uyu munsi, Brian ntiyagaragaye kuko ari mu itorero i Gabiro.

Agace ka mbere karangiye ikipe y’igihugu U18 yatangiye kujya imbere mu manota (17-9), kuko nubwo batacengaga ngo bashimishe abafana cyane, bo bazi gutsinda amanota atatu.

Ian Kagame yakinnye umwanya munini, agasimburwa aho biri ngombwa, ntiyatsinze amanota menshi, ariko yakoze ubwugarizi ku buryo bugaragara.

Buri wese yatangariye kandi uburyo abonana neza na bagenzi be, ni mwiza cyane mu gutanga ama ‘pass’ arimo agera kuri atanu yatanze meza akavamo ibitego (assists).

Ikipe ye ariko ntabwo yorohewe n’Amavubi y’abatarengeje imyaka 18, aheruka no mu myitozo muri USA, aho yabatsinze amanota 51 kuri 24.

Ikipe y’abana b’abanyarwanda biga mu mahanga yagaragaje ko irimo abasore bakiri bazi Basketball gusa ahanini byo kwishimisha, byagaragaye ariko ko batamenyeranye.

Uyu mukino wishimiwe cyane n’abawurebye barimo ndetse na Minisitiri wa Siporo n’Umuco Julienne Uwacu waje kuza ahasanga abandi banyacyubahiro.

Mme Jeannette Kagame ageze kuri petit stade kureba uyu mukino
Mme Jeannette Kagame ageze kuri petit stade kureba uyu mukino
Arareba uko uyu muhungu we akina, mu minsi yashize yanagaragaye kuri stade yaje kureba uko yitoza, bisa n'aho amushyigikira cyane mu mukino akunda
Arareba uko uyu muhungu we akina, mu minsi yashize yanagaragaye kuri stade yaje kureba uko yitoza, bigaragara ko amushyigikira cyane mu mukino akunda
Ian Kagame yerekanya ko uyu mukino ariwo akina koko
Ian Kagame yahererekanyaga neza cyane, ubona ko afite ubuhanga mu kubona neza bagenzi be
Shema Osborn wa U18 agerageza amanota atatu
Shema Osborn wa U18 agerageza amanota atatu
Mu karuhuko Ivan Cyomoro, nawe wari waje kureba murumuna we, araganira n'umuyobozi wa Patriots BBC
Mu karuhuko Ivan Cyomoro, nawe wari waje kureba murumuna we, araganira n’umuyobozi wa Patriots BBC
Ian yakinnye uyu mukino agasimburwa aho biri ngombwa
Ian yakinnye uyu mukino agasimburwa aho biri ngombwa
Aha yarekanye bumwe mu buhanga (moves) z'abakina nka ba pivot, yakwegera inkangara agahita atanga umupira mwiza cyane ukavamo igitego
Aha yarekanye bumwe mu buhanga (moves) z’abakina nka ba pivot, yakwegera inkangara agahita atanga umupira mwiza cyane ukavamo igitego
Mushiki we Ange nawe yari yaje gushyigikira musaza we, aha arareba ibyo ari gukina
Mushiki we Ange nawe yari yaje gushyigikira musaza we, aha arareba ibyo ari gukina
Ian yakoze zimwe muri 'move' zigaragaza ko uyu mukino ari wo akina
Ian yakoze zimwe muri ‘move’ zigaragaza ko uyu mukino ari wo akina
Uyu musore witwa Kacyira niwe watsinze amanota menshi ku ikipe y'abiga mu mahanga
Uyu musore witwa Kacyira niwe watsinze amanota menshi ku ikipe y’abiga mu mahanga
Yagaragaje kandi ubuhanga mu kugarira no gukora 'rebounds'
Yagaragaje kandi ubuhanga mu kugarira no gukora ‘rebounds’
Icyafashije ikipe y'igihugu, harimo no gukosora amakosa binjiza lancer francs babonaga
Icyafashije ikipe y’igihugu, harimo no gukosora amakosa binjiza lancer francs babonaga
Nkusi Arnaud w'ikipe y'igihugu agerageza kugarira ngo Ian Kagame atamucenga
Nkusi Arnaud w’ikipe y’igihugu agerageza kugarira ngo Ian Kagame atamucenga

Roben NGABO
UM– USEKE.RW

5 Comments

  • Bravooo!

  • Ariko se uyu mwana muramuhumagiriza iki? Mwaretse rwose akazamuka yitonze mudakomeje guhatahata. Muracyari bato koko ntimuzi ko inkono idahira ikibatsi ahubwo ihira ikibariro.

  • ABATURAGE NIBABAHE IBISHANGA BABIHINGE.KANDI BAHINGEMO IMBUTO ZIRWANYA INZARA.CYANE CYANE IBIGORI,UMUCERI.

  • Ni bangahe bamurusha impano mutavuga…?? Uretse kwishimisha ntazakina basket…ni football…azagera ikirenge mû cy ababyeyi…kandi nyamara hari impano zitagira ahandi zishakishiriza mupfukirana,…najyaga nibaza icyo kuvukana imbuto icyo aricyo none ndabyumvishe….afite byinshi azi ashoboye…ndetse na background naho aha yishimishaga….ahubwo mutugaragarize talents zidafite ahandi zashakishiriza

  • Gucinyinkoro.com

Comments are closed.

en_USEnglish