Digiqole ad

Musanze: Ikamyo yashenye ikiraro gihuza Muko na Rwaza

 Musanze: Ikamyo yashenye ikiraro gihuza Muko na Rwaza

Amajyaruguru – Mu mvura nyinshi yaguye ejo nimugoroba habaye impanuka y’ikamyo (dix pneus) yari mu moromo yo gukora umuhanda yaremereye ikiraro cy’aho bira mu Gatsata kikagwa mu mugezi wa Mukungwa. Ubuhahirane hagati y’imirenge ya Muko na Rwaza ubu ikaba igoranye.

Ikamyo yaraye iciye iki kiraro cya Gatsata ubwo imirimo yo kuyivnamo yari igiye gutangira muri iki gitondo
Ikamyo yaraye iciye iki kiraro cya Gatsata ubwo imirimo yo kuyivnamo yari igiye gutangira muri iki gitondo

Mu mirimo yo gukora umuhanda wa 6Km mu murenge wa Rwaza ukaninjira mu karere ka Gakenke, nibwo iyi kamyo yariho itunda ibitaka yaguye muri Mukungwa.

Thadee Muhoza umushoferi wari utwaye iyi kamyo n’umufasha we (bita tandiboyi) bakomeretse byoroheje cyane.

Muhoza yabwiye Umunyamakuru w’Umuseke muri aka gace ko ubwo bagwaga ahagana saa kumi z’umugoroba yari inshuro ya kane baciye kuri iki kiraro uyu munsi bari kuvana igitaka mu murenge wa Busogo bakizana aha Rwaza baciye iyi nzira.

Abaturage bo muri aka gace bavuga ko iki ari ikiraro kimaze imyaka myinshi kandi gukoreshwa cyane n’abaturage bo mu gice cy’iburengerazuba bw’Umurenge wa Rwaza bacyambuka bagafata mu murenge wa Muko bakinjira muri Kaburimbo iva i Nyakinama bakazamuka bajya i Musanze.

Mu mirimo yo kuvana iyi kamyo mu mugezi muri iki gitondo cyo kuwa gatandatu, abaturage babwiye Umuseke ko uko bigaragara isoko riri hafi aha mu ga-centre bita mu Gatsata ejo ku cyumweru rishobora kutarema kuko abariremaga benshi baba bambutse iki kiraro.

Ubu n’abanyamaguru biragoye cyane ko bambuka uyu mugezi wa Mukungwa ngo bafate hakurya i Muko.

Ubuhahirane hagati ya Muko na Rwaza ubu ni ikibazo ku baturage bakoresha iki kiraro ndetse n’imirimo yo gukomeza kubaka umuhanda yariho ikorwa.

Yari yikoreye itaka iri guca kuri iki kiraro ku nshuro ya kane uyu munsi
Yari yikoreye itaka iri guca kuri iki kiraro ku nshuro ya kane uyu munsi
Mu mirimo yo kuvanamo iyi kamyo muri iki gitondo
Mu mirimo yo kuvanamo iyi kamyo muri iki gitondo
Iyi kamyo yangije cyane iki kiraro n'ubundi gishaje cyane
Iyi kamyo yangije cyane iki kiraro n’ubundi gishaje cyane
Mu majyepfo y'Akarere ka Musanze aho iki kiraro cyacitse
Mu majyepfo y’Akarere ka Musanze aho iki kiraro cyacitse
Ikiraro cya Gatsata cyacitse giherereye ahari uturongo dutukura, si kure cyane y'umuhanda wa kaburimbo ugana i Nyakinama mu murenge wa Muko
Ikiraro cya Gatsata cyacitse giherereye ahari uturongo dutukura hagati y’akagari ka Mburabuturo/Muko na Nturo/Rwaza, si kure cyane y’umuhanda wa kaburimbo ugana i Nyakinama mu murenge wa Muko

Emile D– USENGE
UM– USEKE.RW

1 Comment

  • Traffic police aho kwirirwa itwiyenzaho muri kaburimbo ikwiye kujya irinda ibikorwa remezo nk’ibiraro

Comments are closed.

en_USEnglish