Digiqole ad

Muri Malaysia bakoze umuhango wo kwibuka Jenoside

Mu gihugu cya Malaysia abanyarwanda bari yo kuri uyu wa 09 Mata bakoze umuhango ndetse n’urugendo rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mujyi wa Kuala Lumpur. 

Mu rugendo rwo kwibuka rwahagurukiye kuri INTI University ari naho uyu muhango wabereye
Mu rugendo rwo kwibuka rwahagurukiye kuri INTI University ari naho uyu muhango wabereye

Iyi gahunda yateguwe na Rwandese Community in Malaysia (RCM) yitabiriwe n’abanyarwanda ndetse n’inshuti z’u Rwanda nyinshi nk’uko tubikesha bamwe mu banyarwanda bayitabiriye.

Iyi gahunda yatangijwe n’urugendo rwo kwibuka, ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (byari ahagana saa sita z’amanywa mu Rwanda) kuri uyu wa 09 Mata.

Bageze mu cyumba mberabyombi cya INTI University aho imihango yakurikiyeho yabereye  bacanye amatara yo kwibuka, bumva ubuhamya, bumva umuvugo, banareba filimi nto byose bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Nyuma y’ibi kandi bagejejweho ijambo ry’uhagarariye ambasade y’u Rwanda muri ako gace.

Mu cyumweru gishize, aba banyarwanda bari muri Malaysia bari bakoze igikorwa cya ‘Global Umuganda’ aho bakoze isuku ku mihanda no mu nyubako rusange zimwe mu mujyi wa Kuala Lumpur.

Urumuri bari bitwaje muri rugendo rwo kwibuka
Urumuri bari bitwaje muri rugendo rwo kwibuka
Batangiye urugendo kuri Kaminuza ya INTI
Batangiye urugendo kuri Kaminuza ya INTI
Inshuti z'abanyarwanda zitabiriye urwo rugendo
Inshuti z’abanyarwanda zitabiriye urwo rugendo
Aha baracana amatara bageze aho indi mihango yabereye
Aha baracana amatara bageze aho indi mihango yabereye
Abanyarwanda n'inshuti zabo muri uyu muhango
Abanyarwanda n’inshuti zabo muri uyu muhango
Bakurikiranye gahunda zo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Bakurikiranye gahunda zo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Abantu bagera kuri 200 bitabiriye iyi gahunda
Abantu bagera kuri 200 bitabiriye iyi gahunda

Photos/Esggy Shambusho

 

ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • Mwakoze igikorwa cyiza. Kwibuka birakwiye

Comments are closed.

en_USEnglish