Digiqole ad

Muhanga: Miliyari 15 zigiye kubaka imihanda

Perezida wa Njyanama y’akarere ka Muhanga, Antoine Sebarinda aratangaza ko   Akarere kagiye kwibanda ku bikorwa remezo bigizwe ahanini n’imihanda  y’ibitaka idatunganyijwe iherereye cyane cyane mu gice cy’umujyi wa Muhanga.

Bamwe mu bagize njyanama y'Akarere ka Muhanga

Bamwe mu bagize njyanama y’Akarere ka Muhanga

Prezida wa njyanama yabitangarije mu nama njyanama idasanzwe yamuhuje  n’ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga tariki ya 14/08/2013.

Sebarinda yavuze ko   miliyali zisaga 15 z’amanyarwanda arizo zizatunganya iyi mihanda.

Amwe muri aya mafaranga Akarere kazayahabwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubwikorezi bw’abantu n’ibintu(RTA) andi akazatangwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi (Union Europeenne-EU).

Sebarinda yavuze ko   bagiye gukora imihanda  ya kaburimbo inyura mu mujyi rwagati ,imbere y’ibiro by’akarere ka Muhanga igakomereza aho bita mugiperefe, undi ukazahera mu izingiro ry’imihanda y’umujyi;  ku muhanda ugana  kuri stade ya Muhanga n’agace ka Ruvumera.

Sebarinda kandi avuga ko  hari undi  muhanda wa kaburimbo bazakora uherereye  mu nkengero z’umujyi wa Muhanga ugana mu murenge wa Shyogwe  ahitwa i Murambi ku kigo kiberamo amahugurwa cya RIAM.

Uyu muhanda mugari wa Kaburimbo  ukazakomereza  ahitwa mu Kinini (I Mbare bita kwa Paapa) ugahura n’umuhanda  usanzwe ugana mu karere ka Ruhango.

Uyu muhanda ukazazamura imihahirane yari isanzwe hagati y’akarere ka Muhanga na Ruhango.

Iyi mihanda izafasha kugabanya ubucucike bw’imodoka bwatezaga impanuka nyinshi muri uyu mujyi wa Muhanga, nk’uko bigaragazwa n’abayobozi b’Akarere.

Indi mihanda  izakorwa muri uyu mwaka ni iherereye mu bice by’icyaro,mu mirenge ya Kiyumba, Rongi na Kibangu.

Iyi ikazafasha abaturage  mu bikorwa by’ubuhahirane hagati y’iyi mirenge.

Umuyobozi mu karere ka Muhanga ushinzwe igenamigambi n’iterambere ry’ubukungu, Bizimana Eric, yavuze ko amafaranga y’inkunga azatangwa  na Union Européene  azanyuzwa muri  Leta mbere yo kugera ku bagenerwabikorwa.

Umwe mu mihanda izakorwa

Umwe mu mihanda izakorwa

Umuhanda wo mugiperefe nawo uzakorwa

Umuhanda wo mugiperefe nawo uzakorwa

 

MUHIZI Elisee
UM– USEKE.RW/Muhanga

0 Comment

  • Rwose ntibakibagirwe umuhanda Rugendabari-KIBANGU-NYABINONI kuko abaturage baho twarazahaye cyane.

  • Nyamuneka bazibuke umuhanda ujya hejuru ku ndiza hari mu wigunge uwo muhanda ushamikiye kuwujya ruhengeri uturutse ahitwa ku mubuga.ni mubi cyane abaturage baho barigunze .

Comments are closed.

en_USEnglish