Digiqole ad

Muhanga: Kwibohora Abaturage bamuritse imodoka y’umutekano n’isuku biguriye

 Muhanga: Kwibohora Abaturage bamuritse imodoka y’umutekano n’isuku biguriye

Mu isabukuru y’imyaka 25 yo Kwibohora, Abaturage bo mu Murenge wa Nyamabuye beretse abitabiriye uyu Muhango imodoka ya Miliyoni 21Frw biguriye izaborohereza kubungabunga umutekano no kunoza isuku mu Mujyi.

Imodoka ya Miliyoni 21 Abatuye Nyamabuye biguriye.

Muri uyu Muhango wo kwizihiza isabukuru yo Kwibohora ku nshuro ya 25, bamwe mu batuye Umurenge wa Nyamabuye mu  mujyi wa Muhanga bavuga ko Kwibohora bigomba kureba mu nguni zose.

Past. Nkundiye Theophile umwe muri aba baturage avuga ko iyo habonetse ikibazo cy’umutekano muke biyambazaga imodoka z’abandi zikabageraho zitinze.

Ati: “Hari abantu bafite ubumuga bwo mu mutwe bakazenguruka Umujyi batambaye imyenda, ku buryo byahungabanyaga umutekano bakeneye imodoka yo kubajyana kwa Muganga.”

Nkundiye avuga ko iki kibazo cyiyongeraho no kuvana mu maduka bimwe mu bicuruzwa byarangije na byo ngo byakeneraga imodoka.

Rurangwa Laurent, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye avuga ko kwishyira hamwe  kw’abaturage byerekana ko imyumvire mu iterambere ry’Umujyi imaze kuzamuka.

Ati: “Dufite byinshi tumaze kugeraho muri iyi myaka 25 ishize mu Murenge wa Nyamabuye dufatanyije n’Abiaturage bacu.”

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Uwamariya Beatrice avuga ko bari basanzwe bakoresha imodoka 3 zirimo iy’Akarere, iya Polisi n’iy”Ingabo mu bikorwa byo kubungabunga Umutekano ku rwego rw’Umujyi wa Muhanga ndetse no mu Mirenge yindi iri kure.

Ati: “Ndashimira Abaturage uruhare rwabo kuko iriya modoka izajya ibagoboka mu bikorwa byihutirwa kandi bitunguranye.”

Mu bindi bikorwa by’Iterambere Abaturage bavuga begerejwe harimo Urugomero rw’Amashanyarazi rwa Nyabarongo, indege  zo mu bwoko bwa Drones zitwara amaraso y’Abarwayi ndetse n’imihanda ya Kaburimbo yubatswe mu Mujyi.

Mayor avuga ko hari n’inganda zigiye gutangira muri uyu Mujyi zizaha akazi abantu 1000.

Mayor Uwamariya Beatrice Hari imodoka 3 basanganywe zafashaga abaturage mu kubungabunga Umutekano.
Abafashe Ijambo bashimiye Ingabo zahoze ari iza RPA zahagaritse Jenoside
Nkundiye Theophile Avuga ko iyi Modoka igiye kuborohereza mi kubungabunga Umutekano
Mu kwizihiza Ibirori byo Kwibohora Abatuye Umurenge wa Nyamabuye beretse Ubuyobozi Imodoka baguze ku mafaranga yabo.

MUHIZI ELISEE
UMUSEKE.RW/Muhanga.

0 Comment

  • Ibi birazwi bayakwa ku ngufu,ejo bazabaka ayo kugura essence, kuyikoresha imaze gupfa,,…… tuzabumva kuri radio barimo bavuga ko barembye.

Comments are closed.

en_USEnglish