Digiqole ad

Muhanga: Koperative yatangiye ubutubuzi bw’ibigori, ikibazo ni umuhanda

 Muhanga: Koperative yatangiye ubutubuzi bw’ibigori, ikibazo ni umuhanda

Muri Koperative y’abahinzi borozi ba Makera mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga batangiye igikorwa cyo gutubura igihingwa cy’ibigori, gusa ngo babangamiwe n’umuhanda banyuzamo umusaruro udakoze neza.

Bamwe mu banyamuryango b'iyi koperative
Bamwe mu banyamuryango b’iyi koperative

Mu kiganiro  n’Umuseke, Umucungamutungo  wa Koperative y’abahinzi borozi ba Makera Viateur Nsengumuremyi avuga ko imbuto y’ibigori bari basanganywe yatuburirwaga mu gihugu cya Zambia.
Mu gihembwe k’ihinga gishize nibwo begerejwe iyi mbuto nshya y’ibigori batangira kuyitubura, kandi ngo imaze gutanga umusaruro ushimishije kuri Hegitari imwe.
Ati “Tumaze gusarura toni 100  z’ibigori by’imbuto ya ‘Hybride’ kuri hegitari 40 twahinzeho.”
Nsengumuremyi avuga ko  ari imbuto ikunze kwihanganira imihindagurikire y’ibihe cyane mu bihe by’izuba.
Nikuze Madeleine  umunyamuryango w’iyi Koperative y’abahinzi borozi ba Makera avuga ko mbere yo guhinga no gutubura iyi mbuto babanje guhabwa ubumenyi bubafasha gutandukanya ibigori by’ibigabo n’iby’ibigore kugira ngo babitere bibangikanye.
Aba bahinzi bavuga ko isoko rinini barifite mu kigo k’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB), kandi ngo ku kilo abanyamuryango bahabwa amafaranga y’u Rwanda 1 200.
Cyakora iyi Koperative ngo ifite ikibazo cy’umuhanda bakoresha  bavana cyangwa bajyana umusaruro wabo ku isoko udatunganije.
Bafite ikibazo gikomeye cy'umuhanda
Bafite ikibazo gikomeye cy’umuhanda

Umuyobozi w’ishami ry’ubuhinzi n’ubworozi mu Karere ka Muhanga Ngumyembarebe Thacien avuga ko hari ubuvugizi batangiye gukora bujyanye no kugira ngo uyu muhanda ukorwe.
Ati “Hari inyigo yo gukora umuhanda yatangiye gukorwa, akarere karimo gushaka aho amafaranga azaturuka.”
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buvuga ko Koperative y’abahinzi borozi ba Makera ariyo ya mbere ku rwego rw’Akarere ifite inshingano z’ubutubuzi bw’imbuto nshyashya y’ibigori.
Mu gishanga cya Makera aba bahinzi bakoreramo, bateganya gukuba kabiri ubuso buhingwaho bukava kuri Hegitari 40  bukagera kuri hegitari 80.
Manager wa Koperative y'abahinzi borozi  Nsengumuremyi Viateur avuga ko bamaze gutubura imbuto y'ibigori  Nshyashya ku buso bwa Hegitari 40
Umuyobozi wa Koperative y’abahinzi borozi Nsengumuremyi Viateur avuga ko bamaze gutubura imbuto y’ibigori Nshyashya ku buso bwa Hegitari 40

Nikuze Madeleine umunyamuryango wa Koperative avuga ko babanje guhabwa ubumenyi bwo gutandukanya umbuto y'ibigabo n'ibigore
Nikuze Madeleine umunyamuryango wa Koperative avuga ko babanje guhabwa ubumenyi bwo gutandukanya umbuto y’ibigabo n’ibigore

Bamaze kugira umusaruro munini
Bamaze kugira umusaruro munini

Aho bakorera
Aho bakorera

MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW/Muhanga

en_USEnglish