Digiqole ad

Muhanga: Kavumu College yabonye ubuyobozi bushya bw’abanyeshuri

Komite nshyashya yatowe  ihagarariye abanyeshuri biga mu ishuri nderabarezi rya Kavumu (KCE) yavuze ko  igiye gushyiraho gahunda yo kwigisha  abanyeshuri ibijyanye n’Ubuyobozi (Leadership) ngo kuko ari bo  bayobozi b’ejo hazaza  h’u Rwanda.

Mazimpaka Fred Prés na Uwiduhaye Sandrine Wungirije.
Mazimpaka Fred Prés na Uwiduhaye Sandrine Wungirije.

Hashize igihe kingana n’umwaka umwe  mu ishuri nderabarezi hagiyeho komite igizwe n’abantu  batandatu bahagarariye abandi banyeshuri bagenzi babo.

Komite icyuye igihe yavuze ko yagiye ihangana n’ibibazo bitandukanye birimo gusabira abanyeshuri amafaranga y’inguzanyo (Bourse) kubera ko ngo umubare w’abari barayihawe wari muto cyane  ugereranyije n’abagombaga kuyibona.

Ibi Umuseke wabitangarijwe n’uwahoze ari perezida wayo Mutabazi Ivan muri uyu muhango w’irahira.

Mazimpaka Fred Perezida watorewe kuyobora komite y’abanyeshuri mu gihe cy’umwaka, yavuze ko we na komite ahagarariye bazibanda ku masomo ajyanye no kwigisha abanyeshuri  ibirebana n’ubuyobozi kubera ko ari bo mbaraga z’ejo hazaza h’igihugu.

Mazimpaka yavuze kandi ko azatega amatwi abo agiye kuyobora ngo kuko umuntu atashobora kuyobora  abantu bafite ubwenge atumvise ibitekerezo byabo, ari na byo uvanamo inyigisho zigufasha kumenya abo ubereye umuyobozi.

Ibi akavuga ko azabifatanya na gahunda zindi zisanzwe  z’amasomo  ngo kuko yumva ko byose byuzuzanya.

Yagize ati “Ndashimira cyane  komite yambanjirije kubera ko ahri ibyo yagezeho bitari byorshye namba,njye na Komite yanjye  turifuza ko kumenyereza  bagenzi bacu  Ubuyobozi icyo ari cyo.”

Uwiduhaye Sandrine Perezidante wungirije yavuze ko muri iyi gahunda yo kwigisha abanyeshuri  ibirebana n’ubuyobozi, agiye gukangurira  abanyeshuri b’abakobwa  kugira ngo batinyuke na bo bumve ko bakwiye  kwiyumva mu bushobozi cyane ko komite yatowe itarimo abakobwa  benshi.

Uwiduhaye yagize ati “Uburambe mfite  mu buyobozi  ndumva hari icyo ngiye guhindura  mu bakobwa bagenzi banjye kuko iyo ndeba mbona hari ababishoboye gusa ni uko usanga hari abacyitinya.”

Ishuri nderabarezi rya Kavumu (Kavumu College of Educastion) rihereye mu murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga rikaba rifite abanyeshuri 800 basaga.

Mazimpaka Fred Perezida wa Komite y'Abanyeshuri .
Mazimpaka Fred Perezida wa Komite y’Abanyeshuri .
Umuyobozi w'Ishuri ahabwa Impano.
Umuyobozi w’Ishuri ahabwa Impano.
Komite Yatowe n'icyuye Igihe mu ifoto rusange.
Komite Yatowe n’icyuye Igihe mu ifoto rusange.
Abanyeshuri ba Kavumu College of Education.
Abanyeshuri ba Kavumu College of Education.
Abanyeshuri ba Kavumu College of Education.
Abanyeshuri ba Kavumu College of Education.

MUHIZI Elisée
ububiko.umusekehost.com/Muhanga.

en_USEnglish