Digiqole ad

Muhanga: Bahagaritse Sosiyete enye zikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro

 Muhanga: Bahagaritse Sosiyete enye zikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro

Superitendant Justin Ntaganda umuyobiozi wa Polisi mu karere ka Muhanga aganira n’abaturage

Polisi mu karere ka Muhanga yihanagirije abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo bw’akajagari ndetse  banahagarika Sosiyete enye zikora ubucukuzi. Iki cyemezo kije nyuma y’iminsi micye ikirombe kigwiriye abantu batanu bagapfa, bacukuraga amabuye nta cyangombwa bafite.

Superitendant Justin Ntaganda umuyobiozi wa Polisi mu karere ka Muhanga aganira n'abaturage
Superitendant Justin Ntaganda umuyobiozi wa Polisi mu karere ka Muhanga aganira n’abaturage

Kuri uyu kabiri, inzego za Police mu karere ka Muhanga, Kamonyi na Kigali ku bufatanye n’ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga  bakaba bakoranye inama n’abahagarariye izi Sosiyete  hamwe n’abaturage  bo mu murenge wa Cyeza, Kabacuzi,  mu karere ka Muhanga  ndetse n’abo mu murenge wa Kayumbu muri Kamonyi baturiye ibirombe by’ahacukurwa aya mabuye y’agaciro kugira ngo birinde gusubira muri ibi bikorwa bihungabanya ubuzima bw’abaturage.

Superintendent  Justin  Ntanganda, umuyobozi wa Polisi  mu karere ka Muhanga avuga ko badashobora kwemera ko abaturage bakomeza guhitanwa n’ibirombe kuko bacukura mu buryo butubahirije amategeko.

Supt Ntaganda avuga ko ibi birombe bikwiye guhagarika ibikorwa kugeza igihe banyirabyo bazaba bubahirije ibisabwa byose bafite ibyangombwa byemewe kandi ubucukuzi bakora bugakurikiza amabwiriza asanzwe agenga sosiyete zicukura amabuye y’agaciro.

Superintendent Modeste Mbabazi ukuriye ishami  rya Polisi rishinzwe  kurengera ibidukikije avuga ko bitumvikana uburyo hari abayobozi b’inzego z’ibanze barebera ibi bikorwa bihatana ubuzima bw’abaturage bikanangiza ibidukikije birimo amashyamaba,  inzuzi  bavoma.

Supt Mbabazi avuga ko kubanza kugira inama abakora uyu mwuga mu buryo bw’akajagari aribyo bibanziriza ibihano, abazarenga kuri aya mabwiriza bazafatirwa ibihano bikubiye  mu bitabo by’amategeko ahana y’u Rwanda.

Supt Mbabazi ati “Tugiye gufatira ibihano bikomeye abacukura mu buri ubu buryo, kandi abaturage  nimwe mugomba kuba ijisho rya bagenzi banyu hari n’abitwikira ijoro bakajya gucukura.”

Supt Modeste Mbabazi ukuriye ishami rishinzwe kurengera ibidukikije muri Polisi y'igihugu abwira abaturage ibibi byo kwishora mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro butemewe
Supt Modeste Mbabazi ukuriye ishami rishinzwe kurengera ibidukikije muri Polisi y’igihugu abwira abaturage ibibi byo kwishora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe

Sebashi Claude umuyobozi w’umusigire w’Akarere ka Muhanga avuga ko  hari bamwe muri aba baturage bakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri ubu buryo  bavuga ko Akarere kahize ko kazinjiza  amafaranga menshi aturutse muri ubu bucukuzi bw’amabuye  akavuga ko  abacukura mu buryo butemewe nta misoro batanga kandi ko nta muhigo Akarere  kahize wo  gucukura mu buryo butubahirije  amaegeko.

Sosiyete zicukura amabuye y’agaciro Polisi yahagarikiye ibikorwa byayo zirimo IMC, AFRICOM, COMAR na MIMICO.

Izi sosiyete zose ziherereye mu karere ka Muhanga, abaturage batanu baherutse  guhitanwa n’ibirombe bakomoka mu karere ka Kamonyi.

MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW/Muhanga

en_USEnglish