Digiqole ad

Mu muhango wo kwibuka, urubyiruko rwagiranye igihango gikomeye n’igihugu

Inama y’igihugu y’urubyiruko, ku bufatanye na Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga, bibutse urubyiruko rwazize jenoside yakorewe abatutsi, kuri uyu wa gatatu tariki ya 30 Mata 2014. Muri uyu muhango urubyiruko rwari ruhari rwagiranye igihango y’igihugu mu magambo yanditse.

Miss Rwanda 2014 acanira urumuri urundi rubyiruko
Miss Rwanda 2014 acanira urumuri urundi rubyiruko

Uyu mugoroba  wo kwibuka waranzwe n’ibiganiro, indirimbo za Chorale Jehovah Jil y’abanyeshuri bo muri ULK, unagaragaramo kandi umukino udasanzwe  wakinywe n’umuhanzi Garasiyani, ugaragazaga amateka y’u Rwanda kuva ku mwaduko w’abazungu, kugeza uyu munsi aho igihugu kiri kwihuta mu iterambere.

Urubyiruko rwitabiriye uyu muhango rwagiranye igihango n’igihugu binyuze mu nyandiko yari yanditsweho amagambo agira ati:

Njyewe ngiranye igihango n’igihugu cyanjye cy’u Rwanda ko; nzaharanira kunga ubumwe n’amahoro arambye, guharanira kwiteza imbere no guteza imbere u Rwanda. Mu minsi yo kubaho kwanjye niyemeje guhora nibuka kandi niyubaka, ndi umurinzi w’ibyiza intwari z’u Rwanda zatugejejeho.Nzakomeza kubaka u Rwanda nzarurage abazankomokaho ruzira umugayo.” 

Mu ijambo ry’umunyamabanga uhoraho muri Ministeri y’urubyiruko Rose Mary Mbabazi yavuze ko iki ari igikorwa kibimburiye ukwezi k’urubyiruko kuzasozwa tariki ya 30/05/2014.

Rosemary Mbabazi yibukije urubyiruko ko ari inshingano yabo yihariye yo kwibuka bitewe n’amateka y’igihugu n’ingaruka ayo mateka agira ku gihugu.

Mme Mbabazi yasabye urubyiruko kwima amatwi ababashuka bifuza kubakoresha mu gusenya igihugu.

Dr Jean Damascene Ntawukuriryayo umuyobozi wa Sena y’u Rwanda wari umushyitsi mukuru yavuze ko ubu u Rwanda ari igihugu cyiza gitekanye ndetse n’abakirimo bafitemo umwanya wo kwibuka amateka yabo kugirango ababere ishingiro ryo kureba imbere habo.

Dr Ntawukuriryayo yasabye urubyiruko rw’u Rwanda kurangwa n’ubutwari rufatiye urugero ku rubyiruko rwabohoye igihugu.

Yagize ari “Urubyiruko mufite uruhare rwo kubaka nk’urubyiruko, natwe abababyara babakuriye, dufite inshingano yo kubaba hafi kugira ngo mutazatatira igihango mugiranye n’igihugu.”

Umuhuzabikorwa w'urubyiruko ku rwego rw'igihugu atanga ikaze muri uyu muhango wo kwibuka
Umuhuzabikorwa w’urubyiruko ku rwego rw’igihugu atanga ikaze muri uyu muhango wo kwibuka
Bafashe umunota wo kwibuka
Bafashe umunota wo kwibuka
Miss Rwanda 2014 na bagenzi be batanze ubutumwa bwamagana Jenoside
Miss Rwanda 2014 na bagenzi be batanze ubutumwa bwamagana Jenoside
Aurore Mutesi Miss Rwanda 2012 atanga ubutumwa bwe
Aurore Mutesi Miss Rwanda 2012 atanga ubutumwa bwe
Miss Rwanda acanira abayobozi urumuri rw'icyizere
Miss Rwanda acanira abayobozi urumuri rw’icyizere
Urubyiruko rukurikiye ibiganiro byatangwaga n'abantu batandukanye
Urubyiruko rukurikiye ibiganiro byatangwaga n’abantu batandukanye
Urubyiruko rutandukanye rwari rwitabiriye uyu muhango rukurikiye impanuro bahabwaga
Urubyiruko rutandukanye rwari rwitabiriye uyu muhango rukurikiye impanuro bahabwaga
Chorale Chorale Jehovah Jil y'abanyeshuri ba ULK mu ndirimbo nziza zitanga icyizere cyo kuzahura n'abishwe mu ijuru
Chorale Chorale Jehovah Jil y’abanyeshuri ba ULK mu ndirimbo nziza zitanga icyizere cyo kuzahura n’abishwe mu ijuru
Abari muri uyu mugoroba wo kwibuka
Abari muri uyu mugoroba wo kwibuka
Umuhanzi Gratien mu mukino yise kuki yagaragaje amateka y'u Rwanda, unagaragaza ko u Rwanda rutaheranywe nayo
Umuhanzi Gratien mu mukino yise “Kuki” yagaragaje amateka y’u Rwanda, unagaragaza ko u Rwanda rutaheranywe n’ayo mateka mabi

 

Umushyitsi mukuru muri uyu muhango Dr Ntawukuriryayo J Damascene hamwe n'umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo y'igihugu y'ubumwe n'ubwiyunge
Umushyitsi mukuru muri uyu muhango Dr Ntawukuriryayo J Damascene hamwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge Dr Habyarimana
DSC_3661
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Fidel Ndayisaba yari muri uyu muhango
Umunyamabanga uhoraho muri Ministeri y’urubyiruko Rose Mary Mbabazi atanga ubutumwa bw'icyizere
Umunyamabanga uhoraho muri Ministeri y’urubyiruko Rose Mary Mbabazi atanga ubutumwa bw’icyizere
Jenoside yabaye ari urubyiruko, arerekana uburyo bitari byoroshye ariko atanga icyizere cy'ejo hazaza heza ku rubyiruko
Jenoside yabaye ari urubyiruko, arerekana uburyo bitari byoroshye ariko atanga icyizere cy’ejo hazaza heza ku rubyiruko
Apotre Masasu watanze ikiganiro ku urubyiruko rwa nyarwo igihugu gikeneye
Apotre Masasu watanze ikiganiro ku urubyiruko rwa nyarwo igihugu gikeneye
Perezida wa sena yasinye nawe ku gihango urubyiruko rwagiranye n'igihugu
Umuyobozi wa Sena  y’u Rwandayasinye nawe ku gihango urubyiruko rwagiranye n’igihugu
Amagambo agize igihango urubyiruko rwagiranye n'igihugu
Amagambo agize igihango urubyiruko rwagiranye n’igihugu
Perezida wa Sena mu ijambo rye ati'' rubyiruko mwirinde ababashuka babizeza ibitangaza ''.
Umuyobozi wa Sena mu ijambo rye ati” rubyiruko mwirinde ababashuka babizeza ibitangaza ”.

Photos/RM Ruti

Roger Marc Rutindukanamurego
ububiko.umusekehost.com

en_USEnglish