Digiqole ad

MTN Rwanda mu gikorwa cy'urukundo basuye Gatagara

MTN Rwanda ifite igikorwa yateguye yise “21 days of Yello Care”, nkuko babyemeza ni iminsi yo kugaragariza urukundo no kwifatanya n’abanyarwanda cyane cyane abamugaye. Kuwa 03 Kamena bari i Gatagara ya Rwamagana mu kigo cy’ababana n’ubumuga bwo kutareba.

Abasuwe bagaragaje ibyishimo
Abasuwe bagaragaje ibyishimo

Nubwo Leta yashyize imbaraga mu guha agaciro abamugaye ngo hari aho bamwe bakibanena cyangwa bakabafata nk’abadashoboye.

Mu kigo cy’abafite ubumuga bwo kutareba cyangwa kutareba neza i Rwamagana inyandiko yabo ya ‘Braille’ iteye imbere kandi irakoreshwa mu bana no mu bakuru.

MTN Rwanda ikaba yarabasuye ngo bifatanye babereke ko babatekereza ndetse banabasigira inkunga zigizwe n’ibikoresho byabafasha mu buzima n’amasomo by’abana bari muri iki kigo.

Ishuri rimwe i Gatagara hano riba ririmo abanyeshuri batarenze 12, biga neza ndetse bakoresha ibikoresho by’ikoranabuhanga naza mudasobwa hifashishijwe ‘softwares’ z’amajwi zibasomera bakumva nk’iyitwa ‘Jaws’.

Ibikoresho bakoresha birahenze cyane, inkoni ibayobora imwe ihagaze amadorari 150$, photocopiese  bakoresha igura Miliyoni 4 z’amafaranga y’u Rwanda, impapuro za plastic bandikaho igikarito kimwe kigura 2000$

Mary Asiimwe  umuyobozi muri MTN Rwanda wari wabasuye yababwiye yababwiye ko nubwo nta kinini cyane baje gukora mu buzima bwabo ariko yaba MTN Rwanda yaba n’abakozi bayo babakunda.

Ati”  turabakunda , tubatezeho byinshi, tubatezeho kuba aba Engineer, abarimu n’indi mirimo myinshi. U Rwanda rubatezeho byinshi.”

Mary Asiimwe (hagati) hamwe n'abandi bakozi ba MTN basuye abana i Gatagara
Mary Asiimwe (hagati) hamwe n’abandi bakozi ba MTN basuye abana i Gatagara

MTN Rwanda yabazaniye ikigega kinini kijyamo amazi ndetse n’imfashanyigisho zigenewe abafite ubumuga bwo kutabona cyangwa kutabona neza (malvoyants)

Umuyobozi w’icy’ikigo  Nteziryayo Jean Pierre yashimye cyane MTN. avuga ko atari ku bw’inkunga bateye abana barererwa muri iki kigo ahubwo ku bw’umutima mwiza w’urukundo babagaragarije.

Abasuwe n’ubwo batabonye neza ababasuye, bagaragaje ibyishimo bafitiye abakozi ba MTN Rwanda, aba nabo babizeza kuzagaruka kubasura.

Iki kigo giherereye mu karere ka Rwamagana, mu murenge wa Kigabiro, kigisha abana 120 mu mashuri abanza ndetse n’abana 100 mu mashuri yisumbuye bose bafite ikibazo cy’ubumuga bw’amaso.

Iki gikorwa cyakozwe na MTN Rwanda ivuga ko kizajya kiba buri wa gatandatu wa mbere w’ukwezi.

hano ni mu mwaka wa gatatu w'amashuri yisumbuye biteguye gukora ikizamini cya Leta gisohoza umwaka wa gatatu,  uyu mwana ntabwo areba neza nubwo umubonye wibwira ko abona
hano ni mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye biteguye gukora ikizamini cya Leta gisohoza umwaka wa gatatu, uyu mwana ntabwo areba neza nubwo umubonye wibwira ko abona
Florent umukozi wa MTN arishimana n'abana biga aho nyuma yo gukina bakishimana
Florent umukozi wa MTN arishimana n’abana biga aho nyuma yo gukina bakishimana
Ubu buriri ni aho barara bakahisasira neza ukaba wakeka ko nta kibazo cyo kutareba bafite
Ubu buriri ni aho barara bakahisasira neza ukaba wakeka ko nta kibazo cyo kutareba bafite
Arakora imyitozo y'imibare
Arakora imyitozo y’imibare
Bakinnye umukino bakina bambaye amataratara manini y'umukara
Bakinnye umukino bakina bambaye amataratara manini y’umukara
Iyi ni imashini yo kubara (calculatrice) ikoresha amajwi
Iyi ni imashini yo kubara (calculatrice) ikoresha amajwi
MTN yabazaniye amakarito 80 imwe ihagaze ibihumbi 30 by'amanyarwanda
MTN yabazaniye amakarito 80 imwe ihagaze ibihumbi 30 by’amanyarwanda
Ni amakarito y'impampuro
Ni amakarito y’impampuro zabo
Umuyobozi w'ikigo asobanurira abakozi ba MTN uburyo aba bana n'ubwo bafite ubumuga bwo kutabona ariko bagir aisuku ku buryo butangaje
Umuyobozi w’ikigo asobanurira abakozi ba MTN uburyo aba bana n’ubwo bafite ubumuga bwo kutabona ariko bagir aisuku ku buryo butangaje

 

Daddy SADIKI RUBANGURA
UM– USEKE.RW

0 Comment

  • Kosora gato cino cigo ciri mu murenge wa Kigabiro ariko naragikunze cane uziko bo bana ba ba star bi burundi baririmba bitwa peace and luv ariho biga? Bravo mtn

  • Iyi ni imbuto ya Nyakwigendera Padiri Joseph Fraipont Ndagijimana. Ni imbuto y’urukundo yo kwitangira abababaye kuturusha tudategereje inyungu.

Comments are closed.

en_USEnglish