Digiqole ad

Minisitiri w’umutekano na Gen Rwarakabije basuye gereza ya Rubavu iheruka gushya

 Minisitiri w’umutekano na Gen Rwarakabije basuye gereza ya Rubavu iheruka gushya

Nyuma abayobozi barimo n’ushinzwe Ingabo mu Burengerazuba Gen Mubarak Muganga bicaye baganira n’aba bagororwa

Sheikh Musa Fazil Harerimana Minisitiri w’umutekano mu gihugu na Gen Paul Rwarakabije Komiseri mukuru w’urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (R.C.S) kuri uyu wa kane basuye Gereza ya Rubavu iheruka gushya ngo barebe aho imirimo yo gusana ibyangiritse igeze.

Gereza ya Rubavu yasuwe uyu munsi
Gereza ya Rubavu yasuwe uyu munsi

Saa mbili n’igice z’igitondo Gen Rwarakabije aherekejwe na Komiseri Charles Musitu n’abandi bayobozi ba RCS bari bageze kuri iyi Gereza, nyuma ahagana saa yine Minisitiri Harerimana nawe arahagera, batambagira muri iyi gereza bareba uko imirimo yo kuyisana ihagaze.

Gereza ya Rubavu yibasiwe n’inkongi y’umuriro mu kwa karindwi 2014 igice kinini kirashya n’abagororwa batatu bitaba Imana, abagororwa bubakiwe amahema yo kuba batuyemo.

Abasuye iyi gereza bishimiye uko ubu abagororwa bacumbikiwe n’ubwo ngo hari ibikwiye gukorwa mu gutunganya neza aho barara.

Aba bayobozi bamurikiwe igishushanyo mbonera cy’ivurura no kwagura iyi gereza.

Umuyobozi wa Gereza Rubavu yagaragaje ko muri iyi Gereza hari ikibazo cy’urumogi rwinjizwa n’abagemurira abagororwa mu buryo bwinshi. Ko ubu ibiyobyabwenge ari ikibazo kimwe mu byo bafite muri iyi gereza.

Minisitiri Musa Fadhil aganira n’abagororwa yabibukije ko bakwiye kwitwara neza no muri gereza kuko ibyaha bakoreramo nabyo bashobora kubikurikiranwaho byabahama ibihano bikiyongera kubyo baba bari gukora.

Iyi gereza iherereye mu murenge wa Nyakiriba ifungiwemo infungwa n’abagororwa bagera ku 3 737 ku byaha bitandukanye.

Abayobozi basuye iyi gereza bamurikiwe igishushanyo mbonera cy'uko iyi gereza iri gusanwa
Abayobozi basuye iyi gereza bamurikiwe igishushanyo mbonera cy’uko iyi gereza iri gusanwa
Basanze abagororwa imirimo bayigerereye
Basanze abagororwa imirimo bayirimo
Bari kubaka ahazasimbura amahema bararamo
Bari kubaka ahazasimbura amahema bararamo
Nyuma abayobozi barimo n'ushinzwe Ingabo mu Burengerazuba Gen Mubarak Muganga bicaye baganira n'aba bagororwa
Nyuma abayobozi barimo n’ushinzwe Ingabo mu Burengerazuba Gen Mubarak Muganga bicaye baganira n’aba bagororwa
Abagororwa babwiwe ko bakwiye kwitwara neza kuko ibyaha bakorera muri gereza babihanirwa igihano kikiyongera kucyo bari gukora
Abagororwa babwiwe ko bakwiye kwitwara neza kuko ibyaha bakorera muri gereza babihanirwa igihano kikiyongera kucyo bari gukora

Jean Paul NKUNDINEZA
UM– USEKE.RW

2 Comments

  • Ndabona no mumahema ntacyo babaye da.

    • Maybe you should spend a night there

Comments are closed.

en_USEnglish