Digiqole ad

Kuwa 6 Gicurasi 2013

Aya ni amwe mu maphoto agaragaza ukuntu isengesho ribera mu Ruhango buri cyumweru cya mbere cy’ukwezi ryitabirwa n’imbaga y’abantu baturutse imihaanda yose.

Imbaga y'ababa bitabiriye isengesho mu Ruhango
Imbaga y’ababa bitabiriye isengesho mu Ruhango

Kureba ubwinshi bw’abo bantu batumva izuba cg imvura uko byaba bingana kose bigaragaza inyota y’Ijambo ry’Imana ndetse no gukunda gusenga kw ‘abatari bake mu banyarwanda.
Aya mapfoto yafashwe ejo ku cyumweru tariki 5 Gicurasi 2013

Photo0643
Mu isengesho ribera mu kimeze nk’ikibaya
Photo0644
Haba hari abantu babarirwa mu bihumbi hafi 10
Photo0645
Ni abantu baba baturutse mu bice bitandukanye by’igihugu
Photo0646
Harimo kandi bamwe baba baturutse mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa no mu majyaruguru y’Uburundi
Photo0647
Baje aha bita mu rugo rwa YEZU NYIRIMPUHWE

Photo: NEmmy

Niba nawe ufite ifoto YAWE WIFATIYE ifite ubusobanuro ukaba ushaka kuyisangiza abasomyi b’UM– USEKE.COM yohereze kuri [email protected]

UM– USEKE.COM

0 Comment

  • Gusenga ni byiza ariko ikibazo ni umusaruro Abakristo bakuramo kuko aho guhuza ngo tubane mu mahoro mu bwuzuzanye kandi twihanaganirana usanga ubugome bwiyongera mu banayarwanda?Mbese aho twaba dusenga ariko tunazirikana ibyo tuvuga mu masengesho cyangwa ibyo dusoma mu ijambo ry`Imana? Reka twizere ko nta mahano azongera kutugwaho n`abakristo kuko umukristo w`ukuri ntiyagera aho agambirira gushyira iherezo ku buzima bwa mugenzi we!

    • Bien dit Kalisa. Ibi bihumbi 10 byagakwiriye kubera abandi urumuri.

    • Kalisa; Ibitangaza bibera hariya bigaragaza ko imana ikidukunda. Ntushobora kuba mu mitima ya buri wese ngo umenye niba asenga abikuye ku mutima cyangwa niba hari icyo bimwungura. ariko uwizera kristo wese abikuye ku mutima, Imana izamurokora. Ariko abadasenga nabo ni benshi pe Jye wari uhibereye ejo rero ndakumenyesha ko Yezu yangiriye impuhwe n’imbabazi ntagererannywa. Ngwino nawe udufashe dusengere u Rwanda rwacu.

  • Yoo disi aya mafoto ankumbuje isengesho ryo mu rugo rwa Yezu Nyirimpuhwe. Murakoze cyane

  • Wagira ni I BUSINDA kwa ZEBIYA

  • Erega n’ubundi urumuri rugaragara cyane mu mwijima.Abasenga batabayeho tuba twarashize kera. Ntimuzi se ko hari n’ababereyeho gusengera abadasenga?Ahubwo n’utasengaga nace bugufi,areke umwirato, ahe Imana cyubahiro.Amen

Comments are closed.

en_USEnglish