Digiqole ad

Kurarana ubusa ku bashakanye byongera ibyishimo mu mibanire

Hari ubushakashatsi bwakozwe n’abongereza bwemeza ko ku bashakanye kurara bambaye ubusa buri buri bibafasha kugirana umubano mwiza, ndetse ubu bushakashatsi bwagaragaje ko abashakanye barara bambaye ubusa usanga babana mu byishimo kurusha abarara bambaye.

Kuryama abashakanye bambaye ubusa ngo bituma babana mu byishimo
Kuryama abashakanye bambaye ubusa ngo bituma babana mu byishimo

Ku bongereza 1 004 bakoreweho ubushakashatsi, 57% muribo baryama bambaye ubusa bavuga ko umubano wabo ari uw’ibyishimo ugereranyije na 48% barara bambaye za pyjamas.

Mu bongereza kandi ibi ngo ni inkuru nziza kuri benshi kuko ubushakashatsi bwasanze abongereza 4 ku 10 barara bambaye ukuri.

Stephen McKensie w’imyaka 33 umwe mu bakoreweho ubu bushakashatsi avuga ko amaze imyaka itandatu arara atyo we na madam, umugore we ngo ntiyari yarigeze yishima mbere nk’ubu, uyu mugabo akavuga ko ahubwo agerageje kurarana akambaro ako ariko kose atasinzira neza.

Umwe mu nzobere zakoze ubu bushakashatsi witwa Stephanie Thiers-Ratcliffe avuga ko hari ibintu byinshi bituma imibanire y’abashakanye iba myiza. Ariko ngo kimwe mu biba bikwiye kwitabwaho kirirengagizwa.

Icyo ngo ni imiryamire n’uburyo icyumba cy’abashakanye kimeze nk’uko bitangazwa na Mailonline.

Ati “Kuryama bishobora gutuma uruhu rumererwa neza, bigatera kwirekura no kwiyumvanamo ku baryamanye bambaye ubusa, ibi bikongera ibyishimo.”

Ubu bushakashatsi kandi buvuga ko 1/2 cy’ababajijwe banga cyane uwo babana urira (kurya) mu buriri, 23% bakanga iyo uwo baryamana yambaye amasogisi mu buriri.

Ubwo rero abajya barara bambaye nk’abiteguye guhunga mumenye ko muba mwiyima byinshi.

ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • Murabivuga se murabizi ? Mwivugira ibintu  ,binezeza gute ,muzabaze n’a andi 

  • Ubwo  bushakashatsi  ntacyo  mbunengaho,  nanjya  kuva  ndi  single  sinigaze  ndyamana  imyenda, niryamiraga  uko  navutse  nkasinsira  neza,  ndyamana  imyenda  iyo  ndi  mumihango  gusa.

  • ibyo ni ukuri rwose nta nuko bisa

Comments are closed.

en_USEnglish