Digiqole ad

Kigali: Bari kwigishwa gucunga umutekano kuri Internet

10 Werurwe – Ibigo bya Leta, ibigo byigenga n’abantu ku giti cyabo bagiye bagaragaza ibibazo by’ubujura cyangwa urugomo bikorerwa kuri Internet. Nubwo mu Rwanda ubu bugizi bwa nabi bitarakataza, ikigo cya RICTA kirebana n’ibya “Domain name” gifatanyije na ICANN ikigo gicunga  umutekano kuri Internet ku isi byakoranyije inama nyunguranabwenge iri no gutangwamo amahugurwa ku rubyiruko mu kongera ubumenyi mugucunga umutekano kuri Internet  hakoreshejwe uburyo bugezweho bwa DNSSEC.

Mu mahugurwa ari kubera ku Kacyiru
Mu mahugurwa ari kubera ku Kacyiru

Aya mahugurwa yateguriwe abayobozi bashinzwe  by’ikoranabuhanga (ICT) mu bigo bya leta, ibigo byigenga, ama banki, n’amasosiyete y’itumanaho n’ikoranabuhanga muri rusange ku bufatanye bwa  Rwanda Information Communication Technology Association (RICTA) na Internet Corporation for Assigned Names and Numbers (ICANN).

DNSSEC, Domain Name System Security Extensions, ni uburyo bukoreshwa mu kurinda ‘information’ nyirazo yashyize ku murongo we wa Internet (Domain Name) ko ziyoba (redirection) zikajya ku bashobora kuzikoresha ibyo bashatse (fraudulent websites) cyangwa zikajya kubo zitagenewe.

Mu 07/2010 nibwo abahango bo muri Kompanyi ya Verisign barangije gusakaza ubuhanga bwa DNSSEC ndetse butangira gukoreshwa mu kurinda ‘domain name’ za .edu kuva mu kwa karindwi ndetse na .net kuva mu Ukuboza 2010.

Kuva muri Gashyantare 2012 DNSSEC ikoreshwa mu kurinda ‘domain name’ za .gov, muri Werurwe .com nayo yatangiye kurindwa n’ubu buhanga.

Ghislain Nkeramugaba umuyobozi wa RICTA watangije aya mahugurwa yavuze ko aya mahugurwa agamije cyane cyane kongera ubumenyi ku gucunga umutekano wa ‘domain name’ y’u Rwanda ya .RW

Charles Mugisha ishinzwe umutekano kuri Internet mu kigo cy’igihugu cy’iterambere, RDB, yagaragaje ibikorwa ingamba za Leta y’u Rwanda mu kurinda ubusugire bw’u Rwanda mu ikoranabuhanga. Ko ari nacyo iyi nama igamije gushimangira.

Kurinda urugomo n’ibyaha bikorerwa ku ikoranabuhanga bisaba ubumenyi nk’uko bisobanurwa na Willy Liambi umwe mu basore b’abahanga muri ibi, akemeza ko abakora ibyaha n’urugomo bifashishije Internet bakunze kwitwa ‘Hackers’ nabo bahora biyungura ubumenyi bugezweho.

Kwirindira umutekano w’ibanze kuri Internet ngo bizagenda byigishwa mu bigo bya Leta n’ibyigenga, byigishwe n’abagiye bahabwa aya mahugurwa kuko ngo urugomo n’ubuhemu ababikora bagenda barusaho kuba benshi kuri Internet.

Aya mahugurwa kuri uyu wa 11 Werurwe arakomeza yibanda cyane kuri ‘techiniques’ zitangwa n’inzobere Alain Aina wo mu kigo cya ICANN gikorera muri Los Angeles muri Leta ya California, USA.

Abahagarariye ibigo byabo baje gukurikira uko barinda ibyabo kuri Internet
Abahagarariye ibigo byabo baje gukurikira uko barinda ibyabo kuri Internet
Urubyiruko ruzi iby'ikoranabuhanga rigezweho nirwo ahanini rwiganje mu bitabiriye aya mahugurwa
Urubyiruko ruzi iby’ikoranabuhanga rigezweho nirwo ahanini rwiganje mu bitabiriye aya mahugurwa
Alain Aina uhagarariye ICANN
Alain Aina uhagarariye ICANN ari mubari gutanga ubumenyi afite ku banyarwanda
Charles Mugisha ushinzwe ikiciro nk'iki muri RDB
Charles Mugisha ushinzwe ikiciro nk’iki muri RDB
Ghislain Nkeramugaba  umuyobozi wa RICTA
Ghislain Nkeramugaba umuyobozi wa RICTA
Ku ikarita y'isi, ibi ni ibihugu bikoresha ubuhanga bwa DNSSEC mu kwirinda
Ku ikarita y’isi, ibi ni ibihugu bikoresha ubuhanga bwa DNSSEC mu kwirinda
Uko Internet ikora n'uko abagizi ba nabi (ibumoso) baba bashaka kugira ibyo bahungabanya
Uko Internet ikora n’uko abagizi ba nabi (ibumoso) baba bashaka kugira ibyo bahungabanya

Daddy SADIKI RUBANGURA
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • Great article. Irasobanutse congs to Daddy and Umuseeke. Abantu bagomba kumenya ko uko technology itera imbere ariko barusahurira munduru nabo bakataje

  • Tudatangiriye hafi ibyaha kuri internet kubirwanya byazatubera intambara hafi yo kutabasha no kubirwanya , kuko nibyaha bikura vuba kandi akenshi bigakorwa nabantu babizobereyemo kandi babisobanukiwe neza kuburyo kubarwanya busaba nabyo ubundi buhanga nibyiza rero kuba bitangiye kwigishwa hakiri kare ibi byha bitarakura

Comments are closed.

en_USEnglish