Digiqole ad

Kayirebwa yashimishije cyane abanyarwanda

Mu gitaramo cy’imbaturamugabo cyateguwe na East African Promoters, abahanzi baraye bashimishije rubanda rwari ruteraniye kuri muri Pariking ya Stade Amahoro i Remera kuri uyu wa mbere Mutarama 2014, by’umwihariko Cecile Kayirebwa benshi bataherukaga kubona imbona-nkubone ahogoza.

Kayirebwa ati "Nje kubaramutsa mbakumbuye.."
Kayirebwa ati “Nje kubaramutsa mbakumbuye..”

Mu gitaramo cya Live cyose cy’abahanzi nyarwanda, abantu benshi cyane bari bakereye kuza kwihera ijisho abahanzi ba cyera n’abahanzi b’ubu.

Hatangiye abahanzi bagize itsinda rya Tolerance Musica, hakurikiraho umusaza akaba umuhanzi wakunzwe cyane Mwitenawe Augustin washimishije abantu mu ndirimbo ze zo hambere aha.

Ibi birori byari biyobowe n’anashyushyarugamba MC Tino na Anita

Kina Music Band ifatanyije na Knowless nabo bashimishije abantu cyane ubwo bari bakurikiyeho.

Nyuma y’aba Riderman na band y’ibisumizi nabo baririmbye cyane, maze haza band y’abasore yitwa Kesho Band ifatanyije na Mani Martin.

Mani Martin muri iki gitaramo yeretse buri wese wari uhari ko ashobora kuba ariwe muhanzi ubu uri mu Rwanda w’umuhanga mu gutaramira abantu muri muzika ya Live.

Abantu benshi cyane bagaragaje ko banyuzwe n’imiririmbire ya Mani Martin ndetse barabimwereka cyane bifatanya nawe. Hakurikiyeho Gakondo Group hamwe na Massamba nabo bahacanye umucyo.

Nyuma gato, Cecile Kayirebwa wamamaye muri muzika yo hambere aha akizamuka kuri “Scene” rubanda ruriyasiriye mu byishimo.

Ati “Nari mbakumbuye cyane bantu b’iwacu n’aba hano i Remera.”

Nuko aratarama biratinda, abantu barishima cyane mu ndirimbo ze zo hambere zituje kandi nziza cyane nka Tarihinda, Urumba ingwe, Mama ndare, Icyuzi cy’iwacu..

Mu bahanzi bose baciye imbere y’abantu ibihumbi bari aho, umuhanzi Mwitenawe Augustin niwe washimishije abantu cyane nabo barabigaragaza.

Muri rusange muri iki gitaramo abafana bagaragaje cyane kwishimira abahanzi nka Sentore, Kayirebwa, Impala, Mani Martin, Mwitenawe kurusha King James, Riderman Jay Polly n’abandi b’ubu.

Abantu batashye bavuga bati “Abahanzi ba cyera bahaye ikosora ab’ubu”.

55
Igitaramo cyari cyitabiriwe n’abantu benshi cyane
DSC_4738
Tolerance music imbere
DSC_4786
Uyu muhungu yari tayari guceza umuziki mbere y’uko igitaramo gishyuha
DSC_4821
Uyu ni umusaza Mwitenawe w’ijwi ry’umwihariko ry’umwimerere
We na Band ye muri Live ntabwo bashakisha
We na Band ye muri Live ntabwo bashakisha
Yanyuzagamo akikaraga gitore
Yanyuzagamo akikaraga gitore, byashimishiga abantu cyane
DSC_4881
Knowless kuri scene
yari kumwe na Band ya Kina Music
yari kumwe na Band ya Kina Music
Knowless na band ya Kina Music inyuma ye
Knowless na band ya Kina Music inyuma ye
Abashyushyarugamba Tino na Anita
Abashyushyarugamba Tino na Anita
DSC_4939
Hari abantu benshi cyane
DSC_4947
Riderman yuriye scene
DSC_4988
Aracyaririmba Primus Guma Guma yamuhaye miliyoni 24
DSC_5024
Hasi hari abana bari bakomeje kudapfusha ubusa umuziki
DSC_5034
Mani Martin na Kesho Band ye
DSC_5063
Mani Martin mu ijwi ritangaje
DSC_5059
Yari kumwe kandi n’intore zivuna sambwe
DSC_5066
Abahungu bakiri bato bakirigita gitari nk’abakuru
Mani Martin n'umuderi mushya
Mani Martin n’umuderi mushya
Mu njyana gakondo nyafrika
Mu njyana gakondo nyafrika
DSC_5197
Ni uko Massamba yinjiye mu gitaramo
DSC_5213
Masamba n’abaririmbyi be
DSC_5231
Mu ijwi rye nawe yihariye
DSC_5238
Afite abagabo bakuru bamucurangira muri Gakondo Band
DSC_5247
Uyu mukobwa w’ijwi ryiza yitwa Teta, azwi mu ndirimbo “Fata Fata” agira ati “Nageraga hose namubona nkavuga ngo yooooooo……..”
DSC_5286
Julles Sentore (ubanza iburyo) mu itorero rya nyirarume Massamba
DSC_5330
Icyamamare Cecile Kayirebwa azamutse ngo atarame
DSC_5273
Yakiranywe ibyishimo cyane
DSC_5339
Ati “Nari mbakumbuye mbaramutsaaa”
DSC_5348
Yishimanye cyane na Gakondo Band yamwikirizaga mu majwi meza
Teta yishimiye cyane kuririmbana na Kayirebwa
Teta yishimiye cyane kuririmbana na Kayirebwa
DSC_5358
Kayirebwa ni wawundi wa kera
DSC_5393
Yaririmbye arahogoza biratinda
Mani Martin yongeye kumva guhogoza n'ubuhanga bwa Kayirebwa yarize
Mani Martin yongeye kumva guhogoza n’ubuhanga bwa Kayirebwa yarize
DSC_5405
N’intege nke ku buryo bugaragara aritegereza Kayirebwa
DSC_5427
Nawe yakomeje aratarama bishyira kera
DSC_5435
Tijara Kabendera (iburyo) yatangariye cyane impano y’uyu mugore
Arangije arashimira
Arangije arashimira
DSC_5460
Mu cyubahiro cyinshi buri wese yahagurutse amuha amashyi menshi
Na bamwe bafana ba Jay Polly na Bull Dog bashimye cyane uyu mugore Kayirebwa
Na bamwe bafana ba Jay Polly na Bull Dog bashimye cyane uyu mugore Kayirebwa
DSC_5575
King James nawe yahawe umwanya
DSC_5533
Jay Polly nawe yaje akubita Rap hasi
DSC_5631
Uyu mufana wa King James yagize amahirwe yo kumubona arishima aranarira
DSC_5660
Impala zicuranga
DSC_5693
Bafashwaga kandi n’Impalage zibyina
DSC_5695
Orchestre Impala de Kigali zashimishije abantu cyane
DSC_5699
Ubwo zariho zicuranga nta muntu wari wicaye bose bacezaga

Photos/PMuzogeye

Jean Pierre NIZEYIMANA&Plaisir MUZOGEYE
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • oya tujye twemera Mani Martin ni umuhanga pe!maman Kayirebwa nawe yadususurukije biratinda ahubwo nategure igitaramo cye mbere y’uko asubira i Burayi.Murakoze

  • mujye mwemera murwanda dufite abahanzi ureke basagihobe batuvangira mwihangane mwongere muru ku kwa mbere tutaramara amafaranga
    mwatwemeje peeeeeee

  • amazi magari ya martin mani yaroshye mu majwi gusa weeee!!!

  • Ewanana jyewe ni ibyishimo gusa narumiwe, dufite abahanzi pepepepe, ahubwo mushimire EAP, yakoze kiriya gitaramo…jye numva bari bakwiye kujya babikora byibuze nka 3 mu mwaka pe,

  • NUBWO AMAVUBI ATUVANGIRA ARIKO BYIBURA DUFITE ABAHANZI, NANJYE NARIMPARI MBEGA UMUZIKI WARUNOGEYE AMATWI, CECILE KAYIREBWA ATI NAJE KUBARAMUTSA MBAKUMBUYE, MAN MARTIN MU MAJWI MEZA ATI MPAGAZE AHIRENGEYE MU MISOZI IGIHUMBI, INORE MASAMBA ATI NGAHO NIMUNYEGANYEGE,MWITENAWE ATI MUZAZE MURARE NANJYE NINZA NZARARA,JAY POLLY ATI IRI NI IKOSORA MU BYUKURI ABA BAHANZI BARABIZI PE! NTAHO MBOGAMIYE DORE UKO BAKURIKIRANA:1. CECILE KAYIREBWA,2.MANI MARTIN,3.MASAMBA,4.MWITENAWE AUGUSTIN,5.JAY POLLY ARIKO TURASABA IBITARAMO NKA BIRIYA BYAZAJYA BIKORWA INSHURO NYINSHI MU MWAKA.

  • ndababaye cyane kubona ntaramenye iki gitaramo, nkunda cyane kayirebwa mpora nifuza kuba mugitaramo yakoze

  • Mwambwiye niba mu Impala nta bana babanyakwigendera baba barimo rwose nabuze uwanyibutsa amajwi ya ba sebanani ,soso mado ndetse naba semu ,ese ba tubi lando bo ko ntabumva baba bakiriho cyangwa baritahiye

  • KOMBANA KIGALI BYARI BISHYUSHYE WANA, AYIWEE NKUMBUYE IWACU YEBABAWE YEBABAWE IBYIWACU NI BYIZA PE NAHO BIHURIYE NIBYINO IMAHANGA REKA NDANGIZE KWIGA NITAHIRE KABISA

  • nibaza kubera iki ibitaramo nkabiriya bitaba kenshi ntibyari bihenze kandi byitabiriwe n’abafana benshi muzika y’imbonankubone nkandi iremereye umwimerere ndetse uburyohe nibyo byaranze kiriya gitaramo kubera iki kubera iki hataba nkabiriya buri gihe abandi bahanzi rero babonereho kuberko ntabwo waba warebye muzika nkiriya ngo hazagire undi ugusondeka muzika niriya niyo tuba twarabuze pe ahubwo dushimire cyane EAP yabiteguye ikongera kuduhesha agaciro mufatireho pe

Comments are closed.

en_USEnglish