Digiqole ad

Karunga Bernard yegukanye 500,000frw muri Dundaaa ya Airtel

Muri ‘Promotion’ ya Airtel Rwanda yiswe Dundaaa isoza uku kwezi kwa Gicurasi uwitwa Bernard Karunga w’imyaka 39 yashyikirijwe kuri uyu wa 22 Gicurasi ibihumbi 500 by’amafaranga y’u Rwanda yatsindiye, niwe wambere ubimburiye abandi kwegukana igihembo kinini.

Mugunga amaze guhabwa 500 000Frw cash
Mugunga amaze guhabwa 500 000Frw cash

Karunga ni umukanishi mu igaraje rye riri Nyabugogo yashyikirijwe iki gihembo ku kicaro gikuru cya Airtel Rwanda i Remera mu mujyi wa Kigali. Ahahembewe kandi abandi banyamahirwe 36 bahawe ibihembo bitandukanye.

Muri ibi bihembo harimo abatsindiye imipira yo gukina ya Airtel, imipira yo kwambara ya Arsenal FC na Airtel ndetse n’abantu batandatu batsindiye ibihumbi 50 buri umwe, n’abantu 10 batsindiye 10 000 buri wese.

Karunga Bernard wegukanye iki gihembo kinini yagize ati “ Nabanje kugirango ni ukubeshya bwa mbere bambwira ibya Dundaaa, ariko ndavuga nti reka ngerageze, ndatangira nkajya nkina buhoro buhoro nsubiza neza ibyo mbajijwe. Ntibyananyiciraga akazi kuko nabikoraga mu kiruhuko, finally numva barampamagaye ngo natsindiye ibihumbi 500, narishimye cyane, Airtel yarakoze kabisa kuzana uyu mukino.”

Muri uyu muhango wa none hananzwe 25,000frw kumuntu ufite amanota ya kabiri mu cyumweru n’ibihumbi ijana (100 000Rfw) k’ufite amanota ya mbere ya buri cyumweru byiyongera ku gihembo nyamukuru cya buri kwezi kingana cyashyikirijwe Karunga Bernard.

Ubuyobozi bwa Airtel Rwanda buvuga ko iyi promotion ndetse n’izindi zabanje cyangwa zizakurikira iyi ya Dundaaaa zigamije ko ubuzima bwa bamwe mu banyarwanda buhinduka bukaba bwiza na Airtel ibigezemo uruhare.

Uyu mwana w'umusore yatsindiye 25000, arayakirana amashyushyu
Uyu mwana w’umusore yatsindiye 25000, arayakirana amashyushyu

IRUSHANWA DUNDAAA RYA FOOTBALL RIMEZE RITE?

  1. Winjira gute muri iri rushanwa rya football?

 

Igisubizo : wohereza ijambo “ Foot” kuri 155 cyangwa ugahamagara 155 
  1. Wishyura  anagahe  iyo uri muri iri rushanwa?

 

Igisubizo : wishyura 75rwf kuris ms wohereje 155 naho iyo uhamagaye kuri 155 wishyura 75rwf ku munota. 
3.uhabwa amanita angahe iyo usubije ikibazo bitari neza?  Igisubizo: amanita 10 
        4.uhabwa amanita angahe  iyo usubije ikibazo bitari neza?  Igisubizo: 5 
5.buri munsi hatsinda abantu bangahe? Igisubizo: 4 
6.Ni ibihe bihembo  abantu  batsindira buri munsi?  Igisubizo: umupira wo gukina, umupira wa Arsenal wo kwambara, icupa ry’amazi rya siporo, na 50.000rwf kasha. 
7.haboneka abatsinda bangahe buri cyumweru?  Igisubizo: 12 
8. Ni ibihe bihembo umuntu  yatsindira buri cyumweru?  Igisubizo: 10,000rwf cyangwa 25,000 rwf cyangwa 100,000rwf
9.Ni ibihe ibihembo watsindira buri kwezi? Igisubizo: ushobora gutsidira 500,000rwf buri kwezi.
 10. Ni ikihe  gihembo nyamukuru kizatangwa ku mpera z’iri rushanwa?  Igisubizo:  uzaba afite  amanita menshi  kurusha  abandi  niwe  uzegukana  itike yo kujya  kureba  umupira wa Arsenal n’indi  kipe , kuri Stade ya Arsenal  yitwa  Eirates Stadium mu bwongereza. Iyitike , na hotel, n’indege, byose bizaba byishyuwe na Airtel. 
Karunga aritegereza inoti yatsindiye agiye kuzakira
Karunga aritegereza inoti yatsindiye agiye kuzakira
uyu musore we yatomboye umupira  wo kwambara wa Arsenal na Airtel
Uyu musore we yatomboye umupira wo kwambara wa Arsenal na Airtel
Brian umukozi muri Airtel Rwanda watangaga ibihembo araha umupira umusore wawutsindiye
Brian umukozi muri Airtel Rwanda watangaga ibihembo araha umupira umusore wawutsindiye
Umudam watsindiye umupira
Umudamu watsindiye umupira
Abatsindiye ibihembo bose hamwe
Abatsindiye ibihembo bose hamwe

Nawe gerageza amahirwe na Airtel Dundaaa

 

Plaisir MUZOGEYE
UM– USEKE.RW

0 Comment

  • yes Chyrisa Chyrisa,courage mwana,ariko natwe abo mwabanye muri ILPD uzaduhe kuri izo cash!!!

Comments are closed.

en_USEnglish