Digiqole ad

Karongi: Abayobora ibigo nderabuzima bahawe moto ngo begere abaturage

 Karongi: Abayobora ibigo nderabuzima bahawe moto ngo begere abaturage

Ni moto za AG100 nshya kandi zifite ubwishingizi bw’umwaka

Abayobozi b’ibigo nderabuzima 11 muri 12 byo mu karere ka Karongi bavuga ko byari bibagoye cyane kugera ku baturage mu bukangurambaga cyangwa gutanga inkingo ahenshi ngo bahagenzaga amaguru, kuri uyu wa kane bashyikirijwe moto 34 nshya zo mu bwoko bwa AG100 ngo barusheho kunoza serivisi batanga.

Moto zahawe abo ku bigo nderabuzima by'i Karongi
Moto zahawe abo ku bigo nderabuzima by’i Karongi

Projet Santé Grand Lacs y’Abasuwisi ikorera mu turere twa Karongi, Rutsiro na Nyamasheke niyo yabashyikirije izi moto.

Coletha Mukeshimana uyobora ikigo nderabuzima cya Bisesero avuga ko kugera ku baturage mu misozi batuyemo byari ingorane kandi akenshi byasaba gukodesha moto, ubundi bakagenza amaguru.

Uyu mugore usanganywe uruhushya rwo gutwara moto ati “Ubu biroroshye, iyi moto izadufasha kwegera abaturage kurushaho, dukore ubukangurambaga tunatange izindi servisi zinyuranye zidusaba kwegera abaturage. Izi moto zizatanga umusaruro munini.”

Guilain Subika uyobora ikigo nderabuzima cya Birambo yabwiye Umuseke ko hari henshi yajyaga n’amaguru kuko nta bundi buryo bwashobokaga kuko ngo hari igihe baburaga amafaranga yo gukodesha moto.

Ati “Twatereraga imisozi ya Nzaratsi tukamanuka ibikombe tujya kureba abarwayi ariko ubu baradukoreye rwose, kandi tuzarushaho gutanga serivisi nziza.”

Protogene Ngirinshuti uyobora umushinga watanze izi moto avuga ko ubu bamaze gutanga moto 34 mu turere bakoreramo zifite agaciro ka miliyoni 120Frw.

Ngirinshuti ati “Icyo tugamije ni ukubafasha kwegera abaturage bakabaganiriza kuri gahunda z’ubwisungane mu bwivuza babasanze mu tugali twabo bitabaye ngombwa ko ari abaturage babasanga ku bigo nderabuzima. Ni igikorwa cyo kureba uko serivisi zo kwa muganga zegera abaturage.”

Drocella Mukashema umuyobozi w’Akarere ka Karongi wungirije ushinzwe imibereho myiza  y’abaturage yasabye ibigo nderabuzima byahawe  izi moto kuzifata neza no kurusha ho kwegera abaturage kuko aricyo bazibahereye.

Izi  moto zose  zifite ubwishingizi bw’ikintu cyose bw’umwaka, izagira ikibazo izasubizwa yo hatangwe indi.

Kuri buri karere hatanzwe moto imwe y’umukozi ushinzwe iby’ubwisungane mu kwivuza.

Ni moto za AG100 nshya kandi zifite ubwishingizi bw'umwaka
Ni moto za AG100 nshya kandi zifite ubwishingizi bw’umwaka
Vice-Mayor yasabye abagiye kuzihabwa kuzifata neza nk'aho ari izabo bwite
Vice-Mayor yasabye abagiye kuzihabwa kuzifata neza nk’aho ari izabo bwite
Vice Mayor nawe yabanje gufata imwe arayigerageza
Vice Mayor nawe yabanje gufata imwe arayigerageza
Aba bayobozi b'ibigo nderabuzima bahise bazurira batangira kuzigerageza
Aba bayobozi b’ibigo nderabuzima bahise bazurira batangira kuzigerageza

Sylvain NGOBOKA
UM– USEKE.RW/Karongi

en_USEnglish