Jay Polly yabuze abantu i Rubavu, bacye bari baje abasubiza ayo bishyuye
Tuyishime Joshua umuraperi uzwi muri muzika nyarwanda ku izina rya Jay Polly, biravugwa ko nyuma yo kubura abantu ku wa 12 Ugushyingo 2014 ubwo yamurikaga album yise ‘Ikosora’ kuri Petit Stade i Remera, igitaramo cya kabiri cyo kumurika iyo album yakoreye i Rubavu yabuze abantu asubiza amafaranga abari bagerageje kwinjira mbere, ariko we yahakanye ibivugwa avuga ko n’icyo gitaramo cy’i Rubavu ntaho gihuguriye na album ye.
Amakuru agera ku Umuseke, avuga ko Jay Polly yaba yaragiye i Rubavu asanga abantu bitabiriye igitaramo cye ari bake cyane ugereranyije n’umubare w’abafana yabonye ubwo yari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star IV ahitamo kureka kuririmba.
Nk’uko umwe mu bahanzi bari baherekeje Jay Polly i Rubavu yabitangarije Umuseke, yavuze ko ubwo bageraga ahagombaga kubera igitaramo batunguwe no kubona Jay Polly avuga ngo bisubirire i Kigali bataririmbye.
Yagize ati “Twageze aho twagombaga gukorera igitaramo Jay Polly asohoka mu modoka ajya kuvugana na Maurice ari na we wari wateguye icyo gitaramo, nibwo rero agarutse aravuga ngo twitahire.
Gusa twabanje gukeka ko ari ukubera amafaranga yashakaga mbere ntayahabwe ariko tumenye ko Maurice wateguye igitaramo bavukana tumenya ko yanze kuririmbira abantu bake nk’uko byagaragaraga hanze.”
CFM Vibe ikiganiro cy’imyidagaduro gica kuri Contact Fm, cyatangaje ko amakuru avuga ko Jay Polly yaba yarasabye abateguye icyo gitaramo gusubiza abantu bari binjiye amafaranga yabo, bityo we ahitamo gusubira i Kigali ataririmbye.
Ubuyobozi bwa Touch Records uyu muraperi asanzwe afitanye nabwo amasezerano, bwatangaje ko ibyerekeye icyo gitaramo ntacyo byabarebagaho na gito.
Alain Rudahanwa umuyobozi wa Touch Records yagize ati “Dufitanye amasezerano na Jay Polly yo kumukorera igitaramo kimwe mu mwaka ari na cyo twakoreye i Kigali. Ibyo bindi ni we ku giti cye wabyiteguriye kuko ntacyo byaturebagaho ahubwo twarimo dutegura uko azaririmbira abantu mu gitaramo cya East African Party.”
Jay Polly avuga ko byatumye afata inzira agaruka i Kigali ataririmbye ariko ngo si uko yateguye igitaramo kikabura abantu.
Joel Rutaganda
UM– USEKE.RW
5 Comments
puuu! urasebye!
Respect to others = 0
ihangane musaza muriyisi niko bimera
ubundise uririmba ibiki?
Musaza nawe ibyawe sisawe wowe na magi i musanze mwaratubeshye uwo munsi yewe umwaka mwawutangiye nabi kdi mujyana nudufaranga twabafana koko
Comments are closed.