Digiqole ad

Iyibutse " INDYOHESHABIRAYI"

INDYOHESHABIRAYI I

INGURUBE IYOBOKWA N’ABASHUMBA BO MU NGEYO

Iyi niryo tungo Kagame Alegisi yahimbye "Indyoheshabirayi"
Iyi niryo tungo Kagame Alegisi yahimbye "Indyoheshabirayi"

Rutihunza inzarwe y’isayo,

Ingurube zahanitse imirizo,

Rwa muturaga ku bijumba,

Ni igikoroto cyo mu bikoko,

5 Igira ibikobokobo by’ubukombe,

Ikizihirwa isanga ibishanga,

Ikizimba aho inzarwe iganje

Ikahavurunga ijabo rikahava,

Ikahacundagura bitaravugwa,

10 Ikahavogereza ingurube nto,

Ikahatengagura cyane

Ngo iz’imicanda zihace,

Ikahacogoza ihaconshoma,

Ikahahindura amacamba,

15 Ikahavura kuba isayo,

Ikaharyama humutse,

Wayibyutsa ntibyumve;

Wayikoraho uyegereye,

Ikagusigaho icyondo,

20 Ikagukwiza icyagane;

Yakureba igitsure,

Ukirinda kuyicyura,

Aho ishakiye gutaha,

Ukayikurikira iyo nyumba,

25 Ukayireba uko yateruye;

Ukayikunda mu ngendo,

Ntijorwe mu ibondo,

Ukirinda aho yaciye,

Ko hanuka bibi cyane!

30 Wayireba itambuka,

Ukayirata kuba itungo

Wayikebukamo imihore,

Ukayihongera ibijumba.

Uko yatendeje izuru,

35 Ku iherezo ry’umutonzi,

Ni ko itengura ibivuvu;

Iyo rwarika-mavubi,

Ikabihoroba ikabihwanya,

Ikabivunja ikabivuruga.

40 Aho isohokeye ngo urebe,

Ukayikeka kuba imvuzo,

Ari ukwuzuraho ivu.

Ubwo iteye mu nyambo,

Z’Umutware w’Uruyange, (1)

45 Yinyuriye ku irembo,

Bikanga rwabwiga! (2)

Ingeyo zose zirakubana, (3)

N’abashumba barabyuka,

Barahamuka, barahuruza;

50 Imyinjiro yo ikaba itanu: (4)

Bayihimbyamo amakome!

Ubwo ibiruru birahanika,

Inzamururo zirahoga! (5)

Uwarusazanye muri bo,

55 Yirata kuyitsirika,

Amagambo arayacurika,

Ayibwira amateshwa!

Ngo “Umurizo urawushyire irya,

Na yo amaso uyampange!

60 Wikwigira hirya:

Gumya usange ibiraro!

Mu buryamo nihakonje,

Mu ijanja nihashyuhe!

Ntutinde mu igenda

65 Gira uguruke ay’intashya!”

Avugishwa ijoro ryose!

Ngo burakeye barareba

Iyo ntamati ibugarije:

Yegereye imyugariro

70 Iraharyama harazibama.

Bayitura izimano

Umutware yohereje:

Icyo gitebo cy’ibijumba,

Ngo ikirabukwe ku rukinga, (6)

75 Iragisanga igihugiraho,

Buguruye ziraturuka!

Umutware w’Uruyange (7)

Yemera ko mu nyambo,

Z’Umwami nyiri u Rwanda

80 Bayirabukira ibitebo

Bakayoboka ikabatwara

“Indyohesha-birayi!”

 

 

INDYOHESHABIRAYI II

Intamati izimba ibinyamahembe,

Dore Rukangaranyabijumba,

Ndagiye inyumba y’ ijosi rinini,

Iya rufuhira mu bishamba.

Ikaruta n’ inka zo mu batutsi,

 

Ibyo nta n’ umwe ukibyijana

Ikarusha inyambo kuba urujuju

No ku bicebute ikazibumba;

Aho ziba zamuje mu mahembe,

Izirusha umwijima wayisabye.

 

Umunsi itera abo mu Muhozi,

Ikona imirima bukigoroba,

Yaje igambiriye ibijumba

Ijya mu mirenzo irahayogoza,

Ihorobya izuru riba igisongo

 

Igira ibisinde irabyerereza

Isiba imigende iraringaniza

Imaze guhimbarwa n’ umurimo,

Ihatsika izuru ihaca ibitengu,

Ikubita hirya ituruka hino,

 

Icyuho iciye kiruta umurima,

Icukura haruguru igeza hepfo

Amayogi yose iyagira intabire.

Imara ikirumba nticyarara

Impundu zije ntiyabikangwa

 

Irazipfukirana itera ahandi,

Aho irahacumbika biracika;

Ikubitaho umutonzi yatyaje,

Ikoza ku bwoya irakubeta,

Iwukaza ubugi ngo butagimba !

 

Isonga ryayo irishyizemo ubumwa

Ituruka haruguru y’ ubuhinge,

Iterura irengereza imugongo;

Mu ruharuriro irahacukika,

Ruruta amayogi rurayasumba.

 

Abahahinze ntiyabaryarya

Irimba, ibereka injumbure,

Yanga iby’ amazimwe ya rubanda

Ihitamo kuhabumba rukumbi,

Ihagira inkuke yo mu nyambo

 

Abanyamuhozi ibahaka neza.

Imaze kurengeza imbavu zose,

Ibura uko yamiragura ibindi,

Igira ibijumba ibisasa neza;

Ku bya kandore iraharambya,

 

Ibya magabari irabyisegura

Ibya gisabo aho yabitinze,

Uko yagakuye karunganwa

Ihagika mu ijigo nk’ ibitabi.

Nuko ubwangati buyiturutse,

 

Igumya gusemeka ubukungu

Ibura uko irambya birayigora;

Ishaka ubwihina birayumya :

Nuko igangara uko yahagaze,

Mu nda hibyara amahane

 

Biba uruvuyange birahoga !

Ibiyoka byibuka kwigorora,

Abantu bose bavuza induru,

Abararirizi ni bwo babyutse,

Babazanya iyo ntare iroha urwunge

 

Ngo “Irarohera epfo iyo mu gishanga !

Kandi ubanza atari isanzwe;

Iyo rwabwiga ifite ijwi rindi !

Murabe maso itamara ibintu !

Abafite inka ariko murite hanze,

 

Yabatsembaho ayo matungo

Ejo mwarandurwa n’ ubutindi

Ubwo mudatunze ya nka y’ ubu

Bita Indyoheshabirayi.

 

 

 

INDYOHESHABIRAYI III

Inyumba isanga inzira iyo igenda,

Nti “iya rubumbuza mu muhanda,

Ndavuga ingurube batagereranya

Iya rudacishwa amayira asanzwe

Si inyamaswa ni ikirunga

 

Uyibona iseduka mu isayo

Ugahuga ibyitwa gutangara,

Ukabura uko isa ugatayo utwatsi

Jye nayibonye uko nayibwiwe

Umunsi irangwa impera y’ igihugu

 

Igaca rubanda umukendero

Iturutse ahantu nje kubabwira

Majoro agambiriye abasirimu

Ati “mwe mutunze ingurube zacu,

Murazirunde muzinyereke

 

Ntore iy’ urucece yijihije

Izazimanwa ibirori byaje”

Baranasigana abahungu,

Bati “dore kwishwa imirimo ngibi !

Kuba abasirimu bo mu magote

 

Ibyo biragaragara ntibigihishwa !

Turakubwira gahwa mu rwondo;

Abadusirimukanye mu bwenge,

Benda ingurube bareka igote !

Bagumana isunzu benda isake !

 

Ingofero zacu barazitinya

Amagi aho atewe barakukumba

Uko baduhenda turihorera

Baraturyamira tubireba !

Baba injajanganya bakuryarya !

 

Amata zihumuje bagateka.

Imineke bayimaze mu gihugu

Bakayisomeza aho n’ inzagwa,

Ibyo umunyarwanda yarabiziraga

None wibareka, nibaze;

 

Na bo barunde barazitunze !

Ntugakangwe na karavati

Abanyamishanana baraziturusha”

Majoro ngo abyumve avunya abatutsi,

Arabibabwira bagwa mu kantu !

 

Barigunga umwanya munini

Aho bigeze bati “uwabimubwiye

Yanze Umwami, aradupfuruye,

Abuza ko isunzu riduhishira” !

Mutara ni bwo ahamagaye imishanana

 

Yo n’ amagote biba uruvange,

Ati “uyu Muzungu reka azitwake

Nta mugayo zituruka iwabo !

Dore inka zanyu nazibaka

Mwazirunda nta mahane,

 

Kuko mwazigabiwe na twe !

Ngaho mwishakemo inkuke !

Uwayiturusha agure aba bantu !

Uwo byaturukaho ayidukinze,

Byamukoraho mubikinisha” !

 

Bati “erega ingurube ni ibihumbi !

Turazitunze tuba tukuroga !

Nyamara iyaruta izo mu Rwanda

Iyo uwo Muzungu twumva ashaka,

Itungwe na nde wo kuyitanga ?

 

Kuko ingurube iryoha cyane;

Ikaba tutareka iba umucanda” !

Umwami ati “reka mwidutinza !

Abe b’ i Ngoma barazitunze” !

Akebuka Semutwa na Mutembe :

 

Bajya mu ruhando aho mu bahungu

Abahata ijisho bashya igitutu

Arabyitaza Semutwa ariko,

Ati “nta ngurube ngira mba nkuroga

Narazihumbye nkiri umuntu !

 

Narazitsembye nkijya kubyibuha

Insigazwa yazo nimundebe”.

Ni bwo Mutembe amwanzuranije,

Ati “reka abeshye Umwami mwumve !

Ubwo duheruka kuza i Save,

 

Ntabwo wishe ingurube ikuruta ?

Nta n’ urwandiko waturatiye

Rw’ umuzungu utuye i Rubona

Rw’ uko utunze ingurube z’ iwe,

None ucurikiranye izo ndahiro”?

 

Sendashonga agira Mutembe,

Ati “urasesereza ibirego cyane !

Aho yazirazaga se uhavuze utyo,

Abanyazi bahatumwe zigashirayo,

Twabigira dute ku itariki ?

 

Jya uhakoza agatima wibwire,

Wibuke guhina amagambo !

Ahubwo va ku giti dore umuntu :

Bwira Umwami interuro yawe

Yo kuba uri inganzamarumbo !

 

Ingurube z’ ibicece z’ ubwoko,

Uzifite yivamo nk’ inopfu!

Umwami abyendera mu kirere,

Ati “Erega ni ukuri ko Mutembe !

Gira uturangire izigutunga,

 

Ubwoko bwazo aho wabusanze,

Undi ati “iyo ubimbaza utyo tukiza,

Mba nabirangije kare kose !

Ndabikubwira usange ari uko !

Ubwo ugarukiye mu Nyakibanda,

 

Nta Mupadiri wahasanze ?

Ubumiramize abarusha Rubanda,

Akaba ari jyewe umunyura heza !

Nta bwo agereranywa mu mubyimba;

Izina yahawe ry’ ubwo bwema,

 

Bitugangondo riramukwiye !

Nguwo utunga izirema ibondo !

Nguwo utanga izihaga umuntu !

Nguwo uwagukiriza abantu,

Akabaha inkuke y’ uyu munsi” !

 

Mutara ati “ngiyo yewe inama”!

Ahuta asanga Majoro mu nzu

Ati “iyo washakaga ubu nzi aho iri,

Ni uko itunzwe n’ abadatorwa,

Kuyikomeraho nkabibakeka,

 

Nyamara wanditse nk’ ibaruwa,

Nkayiha umuntu akayigabana,

Ari wowe ndabona ko byashoboka” !

Majoro abyumvise arahuta,

Yaka wino ashyira ku meza,

 

Araruziringa afunga ibahasha,

Baruha umuntu ngo ahutere,

Ajya Nyakibanda shishi itabona.

Kwenda Indyoheshabirayi.

 

 

 

INDYOHESHABIRAYI IV

Ingurube iryohera mu misango

Iya rwisumbura ku ntama,

Nkunda impogazi y’ imihore

Iya rusukurwa n’ abo mu nzu,

Isonera amenyo y’ abayishiha,

 

Ikarusha isake gushya mahwane

Igira imihore rutagugumba,

Igera no mu nda igahwekera;

N’ uwayiriye agaheza utubavu,

Ntagugarirwe yabera.

 

Umunsi Padiri uwo ayitanga,

Yaje u Bwanamukari ihaze,

Ihaga amabondo iziba imihanda

Mashuba zose zirahagarara

N’ abadereva baracemerwa;

 

Baravunura bajya i Buzungu

Kubasiganuza inzira yindi ?

Kuko iyabo ifunze neza;

Ingurube yuje no mu miserege,

Bakaba batageza kuyikikira

 

Ngo iruhande babone umwanya.

Arabibasubiza uwo mu rukiko

Ati “reka mwihimana se na mwe !

Nta mihanda ibiri naharuje !

Mpimbe uwundi se mu kirere

 

Ari ukugira ngo mbone aho ndara ?

Nk’ icyo kintu se nkigire nte ?

Ntabwo muzi ibirori byacu ?

Cyatumirijwe kubyizihiza

Nanjye uzagenda ejobundi

 

No gutangwa aho bagiketa.

Nimugikurikire mwitonze

Mwige intambwe nk’ iz’ abantu

Aho kizishinguye muhaze,

Kugeza aho kiribuze kurara

 

Ubwo kiraseduka mu muhanda

Muhutere mujye iyo mwenda !

Na mwe mwigira ako gahinda

Kirabogora iby’ uyu munsi

Nta we uzongera kugitunga;

 

Icyo ni icyaduka kidahoraho” !

Ingurube igomagira umuhanda,

Iwuca ibitengu henshi cyane,

Ari n’ ikizuru ari n’ ibibari;

Intambwe zayo ziranihurana,

 

Isi kiziteye iratengerana,

I Nyanza bumvise imirindi,

Induru nyinshi zirasahaha !

Icyo bikanze kikaha imvaho,

Icyo baketse ari ibihuha;

 

Bo bikanze igishitsi cy’ isi

Naho iyo ngurube ari yo ibiteye.

Byanze guhita bararikenga;

Babanga amatwi barahuririza,

Babazanya indi mpamvu ibiteye.

 

Intumwa zikwira aharengereye

Barayirabukwa iri mu muhanda

Bajya guhumuriza amashuri,

Ngo “nimukomeze kwiga inyuguti,

Mwe gukuka umutima bundi

 

Kuko impamvu itumye bicika,

Ari imashini yo mu Burayi,

Igeze i Buhimba iva ku Ngunda”.

Uko cyegera barashishoza.

Ya mashini ibamo igisimba.

 

Bamwe ngo : “ni inzovu twabwiwe” !

Abandi ngo “reka mwitubeshya !

Inzovu zisanzwe uko tuzibwirwa

N’ ubwo nyine tutazibonye

Nk’ enye zaguranwa iriya” !

 

Babona umuntu uturutse urw’ iyo

Bamusiganuje arababwira,

Ati “ni ingurube nk’ izi muzi !

Ihanitse urwego ijya mu ibondo

Izibye umuhanda murabiruzi.

 

Ababona nabi iribubagereho !

Ibyo biyikurikiye by’ ibiyumbu,

Si ibibwana mutabikeka !

Ni amamodoka yabuze akayira :

Zayigaragiye bugisesa;

 

Ubu zirahindisha amahoni

Nyamara y’ ubusa, nta cyo yumva !

Nanjye kuyicaho uko mureba

Ni uko ninyuriye iruhande,

Nca mu bisambu no mu ntusi,

 

Ndagota neza ngaruka hino

Nza mu muhanda ndikomereza,

Abayirebye bacyitonze

Bahoze bagarura ab’ impunzi

Ngo “nimugarukira aho muhinge

 

Si igisimba ga ba nyabusa !

Ni ya yindi yo ku Rurembo

Abanyagikari bahezereza

Bayitekanye n’ utunono,

Ngo “ari yo Indyoheshabirayi.

 

 

 

INDYOHESHABIRAYI V

Intamati ihinda nk’ inkuba zesa,

Iya rwitonganya mu gituza

Ndate ingurube y’ umunihiro

Mvuge ruhinda muhumeko,

Umunsi iyobera abari i Nyanza,

 

Ikamenya bose byabagoye,

Iza i Nduga yose bayiha induru,

Ahanini igihugu gitangara.

Ije mu Marangara biba ukundi :

Yungikiranije umunihiro,

 

Bayikanga kuba umuvumbi.

I Gihuma bose bava mu mirima,

Bagana mu ngo birukanka

Ngo batanyagirwa bagakonja.

Abaseminari ubwo mu mashuri

 

Bakaba bameshe mu gitondo,

Baka uruhusa bararuhabwa,

Rwo kwanurira imyenda mu nzu.

Babigira ariko batangara,

Kuko ihinda ubutaruhuka

 

Kandi ibyoko biseka byose.

Abaje kwiga mu misiyoni

Imitaka yabo barayibamba

Abandi baguma ku mashuri

Ababuze ibyicaro batinze,

 

Bakikinga nko ku ntusi,

Cyangwa ibindi biti bigaye,

Abagira isinde barayitaha

Abanyamagoti bayajya mu nda.

Abatabigendana barasuma,

 

No mu rutoke rubegereye,

Amakoma yarwo barayakonda,

Ngo nishoka bayikingire,

Ah’ igihimba n’ umutwe hombi.

Igihe bakiri muri izo mpuha,

 

I Shyogwe hamanuka abantu itimba,

Amaso yerekeye umuhanda.

Abari i Kavumu na Kabgayi,

Ubwo barashiguka ari yo bareba,

Ariyamirira imva Buganda,

 

Asoza impuha yahoze ahimba;

Ati “nimurebe ngiyo tanki,

Imwe nababwiraga ntimubyunve,

Iyo abongereza barwanisha !

Sinshidikanya ni yo rwose,

 

Ingamba zayo narazirwanye !

Ni uko ndebera kure yayo,

Wenda nasanga ari rwanjye

Ntimwegere irimo amasasu!

Yaba wenda ije kunyenda.

 

Kuko ikunda abo yamenyereye :

Murankingire itandeba,

Ngumye nsemurire abatayizi.

Iyo ntirwana irakaba uko iri !

Irasa amabomboma ukayikunda,

 

Irasa imizinga ikica ibintu,

Irasa amasasu yo mu mbunda,

Irasa n’ imyambi mwumve namwe!

Irekura nk’ ine aho iri hariya

Ikagwa i Bugande ahitwa Singo,

 

Cyangwa ahandi hitwa Cyangwe,

Ikica nk’ abo mu Buremezi.

N’ uko mwigumiye mu by ‘ino

Naho ibyo bihugu ni iyo gihera.

Dore ko ari yo riterwa inkingi !

 

Indaro zaho ntabakabirije,

Ku byumweru ugira umunani.

Urebe tanki ko ari icyago,

Iyo abongereza bagira ni imwe :

Izira iya kabiri aho yabera !

 

Nyamara kandi uko imara abanzi !

Ntugatererwe iyo ntindi !

Igira abadage ikica icyenda,

Uwa cumi wundi ikamukomeretsa,

Imyambi yabo bayiyirasa

 

Ikarora hirya igatomera,

Ari amageza yifite mu nda !

Si mbarirano murayiruzi.

Za mashuba izo ziyihomereye,

Ni izi ndege mujya mubwirwa,

 

Zimwe ziguruka iyo zibishatse!”

Abagore bose bagira imbabazi,

Bashika bikubitira ihururu,

Bashungera baremye inteko,

Ngo ego mama iyo ni yo tanki !

 

Aho se batindi murayibonye!

Yego mama twayibonye !

Yaratubwiye uwo Munyarwanda,

Twe tukamukekamo ibyo kubeshya

None ngaha turayibonye

 

Yayisobanuye uko yayize !

Ego mwana w’ abazigaba !

Yego Mama iyo ni Tanki !

Yego mama ngiyo tanki

Yego ngiyo, shenge ngiyo !

 

Abagore bose barasizora,

Impuha zibagishiramo idogo.

Haguma yumvise aza kurora;

Uko yagasanganiye icyo kintu

Ati “iyo si tanki barababeshya !

 

Ni iri tungo tuzi neza !

Turarikunda aho se bagenzi !

Uwo mufa wayo iyo uwushyikiriye

Ukawivangira n’ ibijumba

Cyangwa uminjiriye mu bindi !

 

Birakuryohera ukabitsemba,

Wagira inyota ukanywa ubutitsa

Ufite kinini agashyira ku munwa

Ngo yibihire atawumyora

Mutangare mutegereye,

 

Mutayikanga bikankoraho :

Iratembera igihugu cyayo,

Ntitukiyita ingurube ga burya !

Twayihaye izina ry’ intore

Ryo kuba Indyoheshabirayi .

 

 

INDOHESHABIRAYI VI

Mugabo wo mu mbira z’ i buzungu,

Wa rwitahira mu bahindi,

Ingurube iryoha kurusha byose,

Iya rwinopforwa karindwi,

Nkunze intamati y’ inyama itoshye,

 

Iya rwikundwaho n’ abazungu; .

Ahari mu nda igira sukari !

Abanyankweto yarabararuye;

Barayikunda byabashajije !

Abatanirije bayirya ubwoya :

 

Amagufwa yayo ntibayatanga.

Barayijundika iyo bagenda;

Amatama yabo ni aho aturuka.

Ije kuba icyaduka i Nyarugenge,

Abakuru bose barayishima.

 

Ijyanwa mu nzu bimara umwanya,

Ntiyanasohoka bimara umunsi;

Ibyuma by’ inkota z’ indayi,

Bihava byambaye umwisheke !

Abakozi baho uko nabarabutswe,

 

Umwura batobye wari mwinshi !

Ngo bucye ibirori birasakabaka,

Birasamaza biba urugera !

Abakuru bose uko nababonye,

Babyizihiza bari nk’ ahandi

 

Umutima wabo ukaba ku kantu !

Isaha yegereje amashoka,

Ba madamu batuma umuntu :

Aje arabarembuza baragenda,

Ayo mazu meza barayataha !

 

Barahonongera mu bibanda,

Ibyo bifafari barabifunga

Nuko Rwitsibagura araza,

Acira ifudika ari ku muryango.

Uko yagatashye iryo juru ryabo,

 

Arabukwa ameza aho adendeje :

Yumva yirukwa mu birenge,

Umutima usaba ubugwaneza

Umuhogo wuzuramo urugwiro

Inzoka yo mu nda isamuza umwuka,

 

Igira ngo jorororo mu ibondo

Yumva ahongobotsemo ibintu,

Agira ubukirigitwa umunwa wose,

Azana udutwenge aramwenyura,

Abwira abandi ati “karabaye!”

 

Naho ubwo Rwampungu aratamba!

Abona isahani ahingukiyeho,

Arayivumerera uko bisanzwe

Ajya kuyihobera baramubuza :

Barazigaziga ararorera !

 

Ahaguma akanya ariruhutsa !

Amatsiko amweguye arora ahandi :

Abona isahani ifukuve neza,

Ifite urugara nk’ urw’ intango !

Umufa uyicagase arawureba,

 

Abona wahindutse urunyenyeri !

Asiga iye ya mbere aza awusanga !

Birasa ati “reka uba uroga Umwami !

Nta bwo ureba ko iyo sahani,

Ari iy’ umuntu wo mu kizungu,

 

Wize kera kuba umusirimu ?

Nta bwo wamenya kuyikaya

Ngo uyumvishe ko wayishegeshe

Yireke nyende jyewe ubizi

We kudondoza iyo mihore!

 

Uwo mu Bumbogo abita hirya,

Ati “reka nsizane ku rubanza

None ntasirimutse nka we,

Iri tama njunditse rinigirije,

Ndora rihwanye na Karavati!

 

Ryampa icyicaro ku ngurube.

Simpatsimburwe n’abakweta!”

Ni bwo umutware wa Nyantango

Yinjiye abakurikiye hafi :

Ayihamya ijisho rurumirana.

 

Ijwi rye arirangurura adatinya,

Atera hejuru by’ imvaho.

Ureke bamwise ry’ impuha;

Ati “ni yo nta shiti ni ingurube!

Ntisamaza mu gihagararo;

 

Nyamara uyorosoye ubwoya,

Itera ubwuzu bw’ urukirigite,

Ukabona usagutswe n’ ibineza;

Abo b ‘inkwakuzi ngo bahoshe,

Abandi bose bizihira inzu :

 

Babagabira intebe zo ku meza !

Nta rugamba rubura intwari,

Majoro arwicara ku mukondo,

Umwami ateka ijabiro ryarwo.

Abegereye mu cyubahiro,

 

Barema uruhushya rw’ isangane,

Mbona abasaza barimo Nturo,

Ujya abasemurira ku muzungu,

Ari Rwubusisi nyir’ u Buriza,

Dore ko acanganye muri byombi !

 

Ni umusaza wazungahaye !

Majoro ati “abasaza uko mbirora,

Ntitubahatire guhumana !

Babahe akayoga mu biro byanjye

Tuhabasange isamunani!”

 

Mutara ati “untanze inama yabyo,

Nari ntekereje kuyivuga !

Kugundira abanyamurava,

Ukabakoresha iby’ umuvundo,

Biba umugayo ukomeye mu Rwanda!

 

Ubukuru bubatera guceceka,

Ngo wibwize ubupfura nawe !

Ingurube bayinena bikabije,

Bakirinda kuyihunza,

Ari ugutinya amakuba kuri mwe !”

 

Uwo mu Bwishaza arora hirya;

Yanga kumva uko bamuhenda;

Agira Simoni na Rwubusisi,

Ati “sinkunda ko bampeza !

Mparaye irindi zina kuri ubu,

 

Iryo bampimbye Rukenyangurube;

Gukenya inkware narabizigurutse !

Kamuzinzi akebuka Umwami,

Ati “aba basaza mubahe amayoga :

Ni yo bakunda bari mu birori !

 

Nyamara ngusenge uri nyir’ u Rwanda,

Ungabire imyanya ya bane muri bo !”

Mutara ati “imyanya sinyitanga,

Kuko nshaka kuyikubira !

Bambe Umwami ntabwo agabura !”

 

Kamuzinzi agira ikimwaro;

Ngo acyikure azinga icyanwa;

Akaraga azungije mu gahanga;

Ati “ni jye utegeka u Bugoyi bwose,

Ushaka itabi ampe iye sahani !”

 

Majoro ati “Nturo ga muhaguruke !

Babahe ibyicaro bibakwiye !

Natwe twigire mu byacu !”

Biramugora akebaguzwa arira !

Yari yabonye ibintu byiza;

 

Uko byakuzuye amasahani !

Ubwuzu bwabyo bumujya mu nda,

Akanwa ke kuzuramo amazi,

Avuga mu muhogo hari ikiniga

Amaso azengamo amansonza.

 

Arangurura ijwi arahira Kigeli

Ati “reka bwana winkubirana !

Ndi umusaza nkaba mu byacu,

Nyamara nkigimba n’ ibyanyu !

Sinabeshya imbere y’ umwami

 

Sinaryarya abagabo ndi undi !

N’ iby’ ingurube ndabivuyanga !

Sinagenda wenda umfunge,

Cyangwa wigirire uko ushaka !”

Igihe ataragusha bamwumva,

 

Babona Rwabutogo araranganya,

Afurekana umunya mwinshi !

Bamushiganuje uko bigenze,

Ati “nahugiye ibyo kumva Nturo,

Nsanga bantwaye isahani

 

Iriho imihore iteye ubwuzu :

Bayikururira kwa Rutsinga,

Bampa iye iriho intongo nkeya !

Undi ati “urapfusha ubusa amagambo,

Nkozemo kabiri indiba iragaragara !

 

Isa n’ iyiriwe imbere yanjye !”

Karima ati “erega Karyabwite,

Amada yafodotse ni inkeke

Nta bwo ashobokera mu rugendo!

Ibyo bandembye nta kavuro,

 

Umenya ngo ntereye inyuma yanjye !

Wangerurira iyo sahani,

Kuko wowe imbavu zarenzwe !

Undi aramusubiza ati “watuza !

None ntengase mu idoma

 

Amatama yawe yo ko adahokwa ?

Ahora agutengerana iyo ugenda,

N’ urwo rwakanakana ruje !

Uratubeshya si ukubyibuha :

Uhora ubijunditsemo amarenga !”

 

Rwaburindi, Rwabukamba,

Na Risamaza nyir’ u Bukamba

Baza buhanya batinze !

Ngo “mwatindiye iki bahungu ?”

Bisarinkumi ahuta gusubiza

 

Abigira mu izina rya bose

Ngo “twahangarije izuba,

Ngo ridukamure ubuhage

Bw’ ibyo twizaniyeho impamba !”

Rwabukamba ati “emwe si wowe!

 

Ko ubibabwiye se utabakinze,

None bagerura ibyacu,

Ngo aho twijuse iyo mu menyo ?

Niba ari ibyo ntitwahoranye !”

Rwaburindi azana igihama,

 

Amira umuhore atawukanje :

Ugeze mu muhogo haba impatanwa;

Asepfura cyane ajya iwa kajwiga

Asamba asumira Rwubusisi,

Ibyo yamenyereye gufata inkingi

 

Iyo anizwe yicaye mu kirambi !

Akoma igipfunsi aho byatumbye

Ingoto irahokwa birururuka :

Ingurube ihoroba ityo ubutagaruka

Igira ngo dumburi mu idoma !

 

Ariruhutsa asesa amarira,

Ati”yambabaza yabigira ite,

Ndayiheraheje ni byo bizi !

Ubwo yegereye umutima wanjye,

Ugiye kwicara hamwe mu nda !”

 

Na we Ntaganda arisihinga”

Ati “ndabitirirwa kurya ingurube

Ushaka kurora uko babigenza,

Azane isahani ye mwigishe :

Turayicuranwa bya gitutsi,

 

Sinza koreza uko bisanzwe”

Rwamunigi ati “wirata !

Amaboko ajigita ingurube igahora

Ugira ngo uvovore imihore,

Ndayagushumbije urabiruzi !

 

Sinahoze nigisha amashuri

Nkanswe ibyangize Karisimbi ?

Na we Faransisiko Nzaramba,

Abona isahani y’ icyiyuhize

Iriho ibitongo by’ uruvuteri

 

Afata mu maso abiroha mu nda

Amagufwa n’ umufa byorerera ko

Nta ndamyi yasigaye bishiraho

Nuko Nyangezi arababwira,

Ati “simbasha kuroha nka mwe !

 

Mbona mucuriranya ubudatuza,

Nkumva nshengurwa n’ intimba,

Nzira gusazira mu bututsi :

Umuhogo wanjye ugira inda ntoya !

Icyanjye mwampa uruhusa mwese;

 

Nk’ utwo nsaguye nkatujyana,

Nkazitondera ku kiraro,

Nkifatishiriza ibigori !

Erega na mwe muri abana !

Nta we uryoherwa aroha bwangu !

 

Iyo ndi jyenyine nditonda :

Bampa ingurube nkagira ubwuzu,

Imbabazi inteye zikaba inyanja,

Ziruta iza nyina wayibyaye :

Namwe mwunvise aho bahungu !”

 

Biniga abangikana na Mbaraga,

Barushanwa bunguri biratinda :

Umwe amira intongo akeba umuhore,

Undi aroha mu nda uko byakaje

Umwe abira ibyuya by’ uwo murimo,

 

Undi amaze kwagirizwa n’ impumu !

Rwiyamirira ngo abigane,

Aranigwa cyane amarira araza !

Ubwo arayura yaba imbere ye,

Ubusa ahasumiye buramubisa,

 

Afata ikirere akanura amaso :

Agumya gusamba iramwesura,

Agugura ku ngiga y’ umuhore

Na we Gitefano ngo amurebe,

Aratangara arirahira,

 

Ati “ko wabaye mu bafureri,

Icyo gihe cyose wize ibihe ?

Nahoze ngira ngo uranyigisha,

Naho uracyanigwa nk’ abatutsi ?”

Bideri ati “wirenganya umwana,

 

Ibyo kurya ingurube aracyabyiga,

Umaze kurunduka ntakanja :

Ahirika bunguri nka Karisa

Cyangwa akarora Kanyangira

Uko amira avuruganya iyo mihore,

 

Na we Karisa ati “urabashunga !

Ujya kuba intyoza bigira interuro;

Aba yarabanje kuba mu Rweya,

Cyangwa data se ahegereye,

Nk’ uko na we wahoze iwacu !

 

Akaba nyamunsi iyo mu mparage

Akamira isatura n’ amasirabo,

Amafumberi ntayanene !

Yaba atumiriwe nk’ ibi birori

Akaroha ingurube nk’ uko undeba,

 

Akarusha isirimu kuhaba ingenzi !”

Kanyagira yanga guhigwa,

Ati “aho Karisa ntiwirata ?

Izo washyikiriye ukazigiraho,

Si imiranga ngusagurira,

 

Jyewe utuye hirya yawe ?

Ntiwumvise nk’ uko ndatwa,

Kugira ngo mvuruganye iyo mihore ?

Dore ngutsinde impaka bareba,

N’ ejo utanyuburaho imanza !”

 

N’ uko akwegurira isahani,

Inyama z’ ingurube arazigiriza :

Zipfa urufaya rw’ itatabya,

Umuhogo ucuragira ubudatuza,

Usohoza iza mbere muri barohwa

 

Ugaruka kwenda izo ahirikirayo,

Awugira rwajya, awugira rwaza :

Abakiza bose ngo : “uramutsinze,

Uri umuhanga wo kumiraza !”

Na we Simoni wo mu Mirenge

 

Ategateganya ibyo yahawe

Agira n’ ubwuzu aravumera !

Uko agira imbabazi akora isahani :

Arigata ku ntoki hato na hato !

Abwira Umwami ati “icyo ntegereje,

 

Urambe umbwiriza uko bigenda !

Dore Mikayire wo mu Busanza,

Yize cyane mu bafurere !

Ararika imihore adahwema

Yanigwa akungiraranyaho ibindi,

 

Akaroha mu nda iyo bikagenda!

Nguwo umwarimu nkwisabiye :

Ndumva nshaka kumwigana !”

Ndora na Fundi wo mu Rusenyi,

Iyo nyoni ishaje ikiri ishashi

 

Izina yaryiswe ko riba muntu

Ahaga utubondo asa n’ agapira !

Na we Karori ari Rubayiza,

Ahabura icyicaro yatinze.

Asaba guhabwa intongo hose:

 

Umwe akamuvungurira nk’ akantu !

Ingurube isabika udutoki twose !

Ahawe isabune yo kuyikaraba,

Ahinda uyizanye n’ amazi

Ati “inzira yose ndibuzirigate

 

Kuko naje nta gahamba !”

Rutamu abwira uwo mu Buhanga,

Ati “usabe imbari z’ iyo ngurube,

Uzifate neza ndibukubwire !

Amazi ashyushye uri ku kiraro,

 

Bambe ndahoze uri bubirebe !

Gashugi asubiza abiseka cyane,

Ati “ibyo anyigisha yibagirwa ukwe :

Ni jye wabanje kubimutoza !

None wibutse ubwo buhanga,

 

Umutsima w’ ayo mazi se uri he ?

N’ uko Rwubusisi abirebye,

Yata inzasaya zirakunda,

Inyama ayidonya mu maraka hirya,

Umuhogo urahorahoza biracweza !

 

Bati “erega urabikorana ubuhanga !”

Ati “ni cyo cyatumye ndondereza!

Mbanza intongo ipfa nkaritsirika,

Igihe ngiteganya iz’imihore !

Bose bamara kurya ibyabo,

 

Nkabanokeshwa nkayikuza !”

Amiragura nka gatanu Kamari

Aheta umushyishyito w’ ikibero,

Yari yabikiye kwikuza !

Uko yakawitoshye mu nkanka,

 

Isibo y’ ingurube ikina mu muhogo !

Urwano narugiriye amakenga,

Ngo biratengukana bijyane,

Inzira yabaye agahombane !

Na we Mukarage arigata ibyuma

 

Ahinira ku nkokora amashati;

Inzara z’ ingurube akazumutsa,

Yanga kuzipfusha akamama;

Aye masahani aranayakomba !

Sinzi uwamubajije aho atwara,

 

Gacinya asubiza by’ ubuvugishwe,

Abihisha cyane abica iruhande !

Ati “urashe icyico uba ubivuze imvaho

Iryoshye ukwayo ntumubeshye!”

Ryumugabe abwira Kaberuka,

 

Ati “uko iyo ngurube ifite ikinove

Nayitangira mu gitondo

Bukagoroba maze uruhande !”

Undi ati “ndaguhebye uri akanyanda!

Jye nayanzika mu museso,

 

Nko mu mashoka inkono nkayeza !”

Mutegancuro abwira Katabarwa,

Ati : “ifite aho yandutiye ibitari yo !

Uyimaze itera umunwa uburyohe,

Ibyo ukabigendera bigatinda!”

 

Undi ati “nagira ngo ntiwabibonye !

Cyane cyane iyo ugize Imana,

Mu rugo bose bakayinena,

Ukayibumbaho uri rukumbi !”

Na we Kanubana ubwe arashega

 

Agira Munyaneza w’ i Buyaga :

Ati “enda dukomeze turohe mu nda :

Dore Muganga aributuvure !”

Undi ati “Muganga uyu w’ umuzungu !

Yandusha ubuhanga bw’ ibindi,

 

Naho ureke ubw’ ivutu rinyarwanda !

Aho nacumbitse mu baturage,

Naratatishije sinahubutse :

Ibigega byaho ni bitatu bishya,

Imisoto nayimenyereye kera !”

 

Na we Ruhorahoza ngo ayihage,

Inda ye imusagukira mu menyo !

Agira Butare uyu Godifiridi,

Ati “iyi ko ari uburiza turoyeho,

Izo mu ishyamba birutanwa bite ?”

 

Undi ati “iy’ ishyamba ibuzemo itoto

Igira n’ umwuka nk’ uw’ impongo !

Imibi yakwaganya wahaze,

Ukabona utuze urushyambashyamba !”

Undi ati “enda kora aha ubivuze neza

 

Iyi yanjyanye agatima kose !”

Na we Fideli wo mu Bunyambo,

Ahaza abangamiwe mu maso,

Ari iby’ umuhima ukunda injome,

Akanga kwica inka ze amabere

 

Umwami ati “dore uwo Munyambo,

Unennye ingurube tugize Imana !

Amata ari hehe akayagotomera ?”

Ibyo abibabwira yica ijisho !

Injome bayitumiza uwo mwanya,

 

Umufa w’ ingurube bawucuriramo

Ngo bamuhereze ntiyareba :

Akubita ku munwa rurumirana,

Twunva abirohana inkubiri,

Bivuga gorogoro mu nkaka !

 

Biba urusumo umuhogo wose,

Acurira hasi iyo mu kizenga !

Ati : “amata y’ ino aruta ay’ iwacu !

Muranywe nk’ aya aho kurya ingurube

Mwabikomeza mwahumana !”

 

Giti mu jisho agenda arata,

Inka zahumujwe amata nk’ ayo !

Rwigemera ashize inkubiri,

Akora umukandara aradohora,

Agatebe aragashikamira uko ari,

 

Ati “uwabwira Majoro ijambo !

Wenda atware inka atsotsobe

Agabure Indyoheshabirayi.

 

 

INDYOHESHABIRAYI VII

Inyumba iryohera n’ amaso,

Amerwe akica aho itabazwe

Ndavuga izongesha abarebyi,

Ngiyo intamati ihaka abatware,

Iya Rwikundwaho n’ abasirimu.

 

Iyo basamarira bayirabutswe,

Iya rwikanyiza abo batutsi.

Umunsi ihinguka i Kabgayi

Abo mu Marangara ko bakaza ipfa,

Yarahatinze cyane Haguma,

 

Akabya guhanga iyo nzovu amaso,

Aritegereza aratangara,

Intege zitaha arazihebura

Atumiza igare ryo kujya i Nyanza,

Kwaka uruhusa rw’ i Nyarugenge.

 

Bati “urarwakira ubusa cyane,

Kuko isabukuru yegereje,

Mukaba mwarabihamagariwe;

Ube uhengeranyije icyumweru !

Ati “narushakiraga indi mpamvu

 

Ngo mputere amasiga muyaga

Nyifatire ahagana ku Ruyenzi

Tujyanirane nyizihirije!”

Bati “ese ni iki uvuga Mutware?”

Ati “munyinjira iki muyizi.

 

Ko ari yo ndondogozabarebyi !”

Na we Atanazi Kanimba,

Apfa ayo kuyibona ibungabunga;

Iby’ urwo ruhusa biramurenga!

Icyo yiringiye kirasohora :

 

Ingurube ihingutse i Nyarugenge,

Izembagira abakuru mu maso,

Habura uwibuka kumutota !

Uwitwa Mfizi ari Alufonsi

Yari yagiye migezo nk’ uko,

 

Ubutoni bw’ iryo tungo rinini,

Burangaza bene ubwite

Isaruti abahaye iba iy’ ubusa :

Kuza imburagihe kwe n’ imirimo,

Abyizigura nta hazabu !

 

Umwete w’ abakuru waragiye,

Uhugira ku ngurube rubunga :

Ifata mu maso barahumiriza !

Naho ubwo Semugeshi i Bufundu

Aza mu modoka ayihindisha,

 

Asanga Rwitsibagura mwumva,

Afatiye Birasa ahagana i Nyanza,

Bari ku kirari cy’ iyo ngurube,

Bamwingingira kubajyana.

Uwo mu Bufundu akaba anywa itabi,

 

Ariyumvira bimara umwanya;

Ubwo aribwira ati “nibagerayo

Turayisangira barye nyinshi,

Mbe nitubirije umugabane !”

Ashyiraho akenge arabahakanira,

 

Ati “ibyo biranyereka ko mwembi,

Iby’ iyi modoka mukibibarirwa !

Uko muyiruzi iyi iragatsindwa :

Igira amanyembwa aruhije ubwenge !

Yumva abantu bayinjiyemo,

 

Abatari jyewe ikabahishura !

Ikanywa risansi vuba na bwangu

Igasara nk’ iyasinze, igahwera !

Nkazagomba kugura inshinge,

Nkaziyitera igahembuka !

 

Kuyibashyiramo byaba rwana,

Si ibigeragezwa ku rugendo!

Yadupfana aho tuvugiye aha,

Ikadutamaza bikadushobera !

Icyakora mwantuma guteguza,

 

Ndetse mukandika nk’ ibaruwa,

Ivuga ko mwaba mutahasohoye,

Ingurube ikicwa mukiri mu nzira,

Nahabwa igaburo ryanyu

Ngapfa kugerekeranya ku ryanjye,

 

Ngo ndore iherezo uko byagenda,

Umuntu w’ imfura abyihase

Agashira inyota y’ iryo tungo

Bita Indyoheshabirayi !.

 

 

INDYOHESHABIRAYI VIII

Ingurube ivura inkono kubiha,

Ikagira ubwenge bwo mu bitekwa

Iya rwiganza mu Misiyoni,

Ncyuye indatwa yo mu bibagwa,

Ize mu rusange rw’abadutwara,

 

Ikunde iratwe muri rubanda!

Ivane intama mu isafuriya

Ikure isake ku isahani,

Ineshe n’inka iyo mu batetsi

Amahene yose ave mu bikari,

 

Ikube ibyo bihugu ibe icyigenge,

Ivangwe n’imiteko y’imyaka

Iyihe kuryohera abanyarwanda.

Ni Rutsirikabubihe

Ikabutsura ikabutsinda,

 

Ikabutsemba ikabuhumba!

Ni Rubumbabatetsi

Rwikunda ku mbehe,

Rwiganza ku myunyu

Rwigenga mu bikari

 

Ruhatunga burundu

Rwikebera iyo fasi

Ikayitunga nk’umwami,

Ikahabumba itavuguruzwa!

Ni ruhonjoka gitware,

 

Rwizihirwa n’ibondo,

Ni impogazi rubunga

Ya Rutengeranangingo

Imvurugabisogororo

Ya Rusagasoroli;

 

Ni inyumba Rwabunga

Ya Ruvonyezabijumba!

Ni Ruteturura abagore b’impumbu

Rutuburira abibutse gucunda,

Ruhimbaza abakikije ameza,

 

Rusohoka ku isafuriya isaha isohoye

Rutavugisha impuha abo yaryoheye mbere,

Rutetereza abiratana inyama zindi,

Rusendereza amasahani ukabikunda,

Rukorerwaho imisango y’isabukuru,

 

Rutumirirwa abazungu iyo bava,

Rutera icyunzwe cy’uburyohe.

Rwinopforwa n’abahinyura ibindi,

Rubahaga umubyimba ukaguka

Rubatera umudigi nk’uwa nyamaturi

 

Ubwo yaturutiye iz’amashyamba,

Ikaba inaturuka kure h’ishyanga

Ndariyibanje izina ry’ingurube

Izajya iratirwa aho yabazwe:

Yitwa Indyoheshabirayi.

 

Alegisi Kagame

0 Comment

  • nkikigisigo kiradufasha nkatwe urubyiruko kumenya ikinyarwanda, gukoresha imikagago mu mivugo murakoze murabantu babagabo.

  • UZADUSHAKIRE N’IMPYISI NA BAKAME, HAMWE NA RUHAYA RW’ISEKURUME RWA MURARIKA ICYANWA

  • Muri abantu babagabo.
    Ngaho se nimunyibutse n'”Umunyamerwe”
    …..Ruhaya rwa murarika icyanwa……

  • Nkunda ikinyarwanda nk’iki ni byiza cyane.
    Mbisabire rwose muzatwibutse umuvugo wa MUSANINYANGE nawo ni mwiza cyane

  • Njye mumfashije mwanshyiriraho “Mama nkunda” yanditswe na “Ntagengwa Félicien” rwooooose! Kandi yatwigishaga imivugo myinshi none uwo narawibagiwe kandi narawukundaga! Nyamata yabuze umuhanzi kweri! Imana imukomeze mu bwami bw’ijuru!

  • murakoze kutwibutsa ikinyarwanda bamwe tuba twaribagiwe haba habaye cyera.

  • ni haramu muzadushakire na twe iyo twiyumvamo

  • Nibyiza kutwibutsa ibyo twize kera,ese wabona ibyo bitabo?
    Nkeneye inyunguramagambo ku mugani w’ubushwiriri n’indyoheshabirayi.
    Murakoze cyane

Comments are closed.

en_USEnglish