Digiqole ad

‘IWACU Fashion Magazine’ bandika ku mideri bakayitangira ubuntu

 ‘IWACU Fashion Magazine’ bandika ku mideri bakayitangira ubuntu

Rachel uyobora kompanyi y’ibigendanye n’imideri inandika iyi Magazine

IWACU Fashion Magazine ni Magazine yandika ku by’imideri mu Rwanda ya kompanyi yitwa “Iwacu Fashion and Design”, iyi magazine ngo igamije gukundisha abanyarwanda imideri isohoka rimwe mu mezi abiri kandi igatangirwa ubuntu.

Magazine ya Fashion batangira ubuntu kugira ngo bakundishe abantu iby'imideri
Magazine ya Fashion batangira ubuntu kugira ngo bakundishe abantu iby’imideri nyarwanda

Rachel Uwambaje avuga ko arangije amashuri yahisemo guhanga umurimo abicishije mu mpano n’amahirwe ari hafi atangiza iyi kompanyi  ubu akaba afatanya na bagenzi be Isaro Melissa na Rutaha Mukombozi James.

Rachel avuga ko IWACU Fashion Magazine ifite umwihariko wo kugaragaza imideri (fashion) ndetse n’ibindi bikorerwa mu Rwanda (made in Rwanda) mu rwego rwo kubikundisha  abanyarwanda n’abanyamahanga akaba ari ahantu heza ho kugaragariza ibyo bakora ndetse  n’umwimerere w’ibikorerwa mu Rwanda.

Igitabo cyabo ngo ntibakigurisha kugira ngo ubutumwa burimo bugere kure hashoboka bifuza.

Ati “muri rusange  abanyarwanda ntibaragira umuco wo kugura ibitabo, ibi bigatuma hari ubutumwa batamenya buba buri mu bitabo. twahisemo kubigenza gutyo kugira ngo tugere kuri benshi ndetse tunafashe n’abantu gusobanukirwa imideri n’ibijyana nayo byose.”

Abajijwe impamvu bandika kuri Fashion gusa ati “ni uko ariho dushaka gutanga umusanzu wacu nk’urubyiruko rufite impano yo guhanga no kwerekana imideri, dukundisha abanyarwanda kwambara ibikorerwa iwacu.

Magazine nyinshi zirasohoka ariko ntizikomeze kubaho, iyabo yo ntizava ku isoko?

Rachel avuga ko ingamba bo bafite ari ugukomeza umurongo bihaye wo guteza imbere iby’imideri y’abanyarwanda ari nabyo bibandaho gusa. Ibi ngo bizatuma babasha kuguma ku isoko.

IWACU Fashion Magazine imaze gusohoka kabiri ubu hari gutegurwa iya gatatu izasohoka muri Gicurasi.

Abayigenewe ni abanyarwanda bose ariko by’umwihariko urubyiruko ngo bakurane umuco wo gukunda no guteza imbere iby’iwacu byakozwe n’abanyarwanda.

Rachel avuga ko iby’imideri mu Rwanda biri kugeza bikura kandi bo nk’ababikora basaba cyane Abanyarwanda gukomeza gushyigikira ‘fashion industry’ no kwambara ibikorwa n’abanyarwanda.

Rachel uyobora kompanyi y'ibigendanye n'imideri inandika iyi Magazine
Rachel uyobora kompanyi y’ibigendanye n’imideri inandika iyi Magazine

Robert KAYIHURA
UM– USEKE.RW

2 Comments

  • tnx for recognition @umuseke.com

  • oòooooh we appreciate thnk you iwacu team for helping rwandan designers, model, rwandans and country at large

Comments are closed.

en_USEnglish