Digiqole ad

Itorero ry’Abanyarwanda biga mu mahanga ryafunguwe i Gako

Bugesera – Abanyeshuri bagera kuri 276 biga mu mashuri yo hanze y’igihugu cyabo cy’u Rwanda nibo bateraniye mu itorero mu kigo cya gisirikare i Gako, aha bahahererwa amasomo mboneragihugu, amateka, n’icyerekezo igihugu cyabo kirimo. Ryafunguwe kuri uyu wa 30 Nyakanga n’abayobozi batandukanye.

Aba ni bamwe mu banyeshuri biga mu mahanga bari mu itorero i Gako

Aba ni bamwe mu banyeshuri biga mu mahanga bari mu itorero i Gako

Iri torero ryatangiye kuwa 28 Nyakanga, aba banyeshuri bazamara ibyumweru bibiri bahugurirwa kwitwara neza mu mahanga aho biga, gukunda igihugu cyabo, n’ibindi.

Umuhango wo gufungura iri torero witabiriwe na Ministre w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga, Umugaba mukuru w’ingabo z’igihugu, Umuyobozi mukuru wa Police y’u Rwanda, Umuyobozi w’Itorero ry’igihugu, Intumwa ya Ministeri y’Ububanyi n’amahanga ndetse n’abayobozi batandukanye ku rwego rw’Akarere.

Gakwaya Joana umunyeshuri wiga muri Canada, avuga ko nyuma y’Iminsi ibiri gusa bamaze i Gako amaze kwiga byinshi.

Ati “Nibaza ko nyuma y’ibyumweru bibiri tuzamara nzaba maze kwiga ibintu byinshi ngereranyije n’ibyo mbonye muri iyi minsi ibiri gusa, nzaba mfite byinshi byo kwigisha bagenzi banjye batari aha bari muri Canada.”

Atangiza iri torero kumugaragaro Rucagu Boniface umukuru w’Itorero ry’igihugu yasabye aba banyeshuri gukunda mbere na mbere igihugu cyabo.

Ati “ Muza hano ngo muhabwe indangagaciro z’igihugu cyanyu, nimujya ku ishuri mujye muhora muzirikana igihugu cyanyu kiri mu nzira y’iterambere n’ubumwe bw’abagituye.”

Ministre w’Urubyiruko Nsengimana Jean Philbert we yagize ati “ Mbere yo kubabwira ibindi njye ndiheraho, nanjye nabaye mu ngando ndi osi morale, byatumye menyekana cyane kugeza no muri Kaminuza i Butare aho nayoboye abandi muri faculté yose niga muwa mbere.

Kubabwira ibyanjye sicyo cyanzanye ahubwo ndababwira ko buri buzima munyuzemo bugira etapes kandi mugomba kuzitwaramo neza.

Ndabasaba kugira intego n’icyerekezo kuko nibyo bigira umuntu umugabo ndetse akaba yagirira igihugu cye umumaro nirwo rufunguzo.”

Aba banyeshuri biga mu mahanga bateraniye i Gako bagizwe n’abakobwa 72 n’abahungu 204, abayobozi bose bafashe umwanya wo kubaganiriza bagiye babashishikariza gukunda igihugu cyabo, kurangwa n’ubumwe ndetse no kwifuriza ibyiza abagituye.

Aba banyeshuri bavuga ko aho biga mu mahanga bavuga ko aho mu mahanga bahabona amakuru mabi ku gihugu cyabo, ariko bashimishwa n’iyo bageze mu Rwanda bagasanga ibyo babwirwa ari ibinyoma.

3

Abanyeshuri biga mu mahanga bari mu ngando i Gako

4

Aha bari kuri morale munzu mberabyombi bategereje abayobozi

5

Mu gihe cy’indirimbo yubahiriza igihugu

6

Umuyobozi w’itorerory’igihugu Rucagu Boniface na Ministre Nsengimana w’urubyiruko bari abashyitsi bakuru

7

Mu gihe cy’Indirimbo yubahiriza igihugu aba ni Gen P Nyamvumba na IGP E Gasana

8

Abanyeshuri bose hamwe bagera kuri 276 biga ku migabane hafi yose y’Isi bari i Gako

9

Mu mwanya w’ibiganiro

10

Abanyeshuri baratozwa indangagaciro z’igihugu cyabo

11

Kuri morale

14

Hon Jean Philbert Nsengimana yabasabye kugira intego ku buzima bwabo

16

Baratuje barumva impanuro z’abayobozi

Hon Rucagu Boniface yabasabye kubaka u Rwanda rw'ubumwe

Hon Rucagu Boniface yabasabye kubaka u Rwanda rw’ubumwe

Safari

Afande Safari yababwiye ku biranga umunyarwanda nyawe

Intumwa ya MINAFFET

Intumwa ya MINAFFET

Aha Ministre yababwiraga ati "nari osi morale ukomeye cyane"

Aha Ministre yababwiraga ati “nari osi morale ukomeye cyane”

Aba banyeshuri bishimanye cyane na Ministre w'urubyiruko bamusaba kwifotozanya nawe

Aba banyeshuri bishimanye cyane na Ministre w’urubyiruko bamusaba kwifotozanya nawe

Minister yabasizemo urwenya asiga baseka, bamwe bifuzaga ko bagumana

Minister yabasizemo urwenya asiga baseka, bamwe bifuzaga ko bagumana

Abayobozi b'inzego za gisirikare n'iza gisivile bari basuye aba banyeshuri

Abayobozi b’inzego za gisirikare n’iza gisivile bari basuye aba banyeshuri

Mugisha David wiga muri Uganda aravuga ibyo ategereje muri izi ngando

Mugisha David wiga muri Uganda aravuga ibyo ategereje muri izi ngando

Gakwaya Joana wiga muri Canada avuga ko amaze kubona byinshi mu minsi ibiri gusa

Gakwaya Joana wiga muri Canada avuga ko amaze kubona byinshi mu minsi ibiri gusa

Photos/P Muzogeye

Plaisir MUZOGEYE
UM– USEKE.RW

0 Comment

  • ni byiza cyane

Comments are closed.

en_USEnglish