Ku cyumweru nibwo riba rihinda kuwa gatatu nimugoroba nabwo rikarema abacuruzi bacye. Ni isoko ry’ahitwa i Busoro, ntiryubakiye na mba riri mu gishanga kiri hagati y’imisozi ibiri ihanamye hagati Mu karere ka Huye,mu Umurenge wa Gishamvu. Rimaze igihe kinini cyane buri wese twabajije mu bahatuye avuga ko yavutse arisanga.
Ricururizwamo ibiribwa, amatungo n’imyambaro n’utundi dukoresho tw’ibanze. Rihuriramo abacuruzi n’abaguzi baturutse i Huye ahitwa za Sholi, Nyakibanda, Kibingo, Mubumbano, Mukuge, Gikunzi, Nyanza, Ngera n’utundi duce twinshi twa Nyaruguru na Huye. Abariguriramo bemeza ko hari n’abaturuka mu mujyi wa Butare baje kuhahahira cyane cyane amatungo ya macye.
Karangwa Jean Paul umuyobozi w’Akagali ka Nyumba riherereyemo avuga ko kuba iri soko rimaze igihe kinini rikorera mu gishanga bibabangamiye ndetse ngo bamaze gukora inyigo yo kuryimurira ku musozi wa Cyambwe uri mu kagali ka Sholi.
Iri soko ryegereye agasantere k’ubucuruzi ka Busoro gafite amashanyarazi kuva mu 1988, haruguru ukomeje ukarenga i Busoro ni kuri paruwasi ya Nyumba hafi ya Seminari nkuru ya Nyakibanda yigamo abagabo bashaka kwiha Imana.
Abacuruza n’abaguzi b’iri soko babazwa cyane no kuba nta bwihugiko, ntaho kwikinga imvura, ntaho kugama izuba mu gihe bacuruje ibi bituma mu gihe cy’izuba ryinshi cyangwa imvura nyinshi isoko rishobora no kuremura. Kuri ibi hiyongeraho kuba nta bwiherero iri soko rigira.
Karanganwa avuga ko i Cyambwe batangiye kuhubaka igice cy’iri soko rishya bahereye ku ry’amatungo, akavuga ko abacuruzi n’abaguzi bakwihanga kuko isoko rishya ibyo kuryubaka biri mu ngiro.
Abaturage b’aho hafi, abacuruzi n’abaguzi ariko bo bavuga ko ibi byavuzwe kuva cyera bityo iry’isoko rishya batari no kubitekereza.
Uyu munyamakuru mukuriye ingofero pe!Aha hantu hashize imyaka icumi ntarasubirayo ariko uko mpaheruka ndabona ntacyahindutse!Dore inkuru Zicukumbuye nk’iyi ngiyi nizo zibazikenewe mu rwego rwo gukorera ubuvugizi abaturage bo mu cyaro.
GASORE says:
05/29/2014 at 16:42
iyi nkuri iratangaje cyane gusa irerekano ko leta igifite byinshi byo gukora kugirango nabari mubyaro iterambere ribagereho
Man says:
05/29/2014 at 17:34
Ndabemeye ko mutageze kwa Manyetura(Manuel) ngo mutubwire ko naho twahiciraga akanyota ka Byeri???muri abantu babagabo.
Masokubona says:
05/30/2014 at 04:11
Iyi nkuru ikwiriye kuzajya mu marushanwa y’abanyamakuru barushije abandi gutara amakuru arebana n’iterambere ry’icyaro!
mirimo says:
05/30/2014 at 08:06
aha sha ni iwacu uyu munyamakuru anshake kabisa ni umunyamwuga
INYANGA M.Rose says:
05/30/2014 at 08:18
IYI NKURU IKOZE NEZA PE UYU MUNYAMAKURU ARI PROFESIONAL.NTACYO YASIZE INYUMA PE KANDI USOMYE INKURU ,UKAREBA N’AMAFOTO UHITA UBONA UBUZIMA BWOSE BWO MURI IRI SOKO,WAO CONGZ KABISA
KIGALI NGALI says:
05/30/2014 at 10:28
KUDOS! WELL DONE.SO INTERESTING.KEEP IT UP
KIBONGE says:
05/30/2014 at 17:54
HARIYA HAGEZE AMASHANYARAZI KERA SINZI IMPAMVU HADAHINDUKA, HARI N’IBARIZO RIKOMEYE RIKORA IBIKORESHO BYIMBAHO ZA NYAKIZU ESE KO MUTEREKANYE NA SANITATIONS (toilettes…) URABONA KO ISUKU IGERWA KU MASHYI. MUZATWEREKE ANDI MASOKO NKA: VIRO,RWANYANZA, GATUNDA, NDAGO, RUGARIKA, …BITUMA TWIBUKA IYO IWACU TUDAHERUKA.
Uyu munyamakuru ni umuhanga kabisa.mukomereze aho Umuseke mureke za mbuga zirirwa zivuga amakuru ngo y abapaparazzi atagira umutwe n ikibuno.keep up the good work
Bella says:
06/03/2014 at 08:03
Iyi nkuru ni iya mbere iraryoshye pe! Niyo ya mbere inshimishije kurusha izindi nigeze kubona kuri Websites Nyarwanda. Ikinshimishije cyane ni amafoto ahagije aherekeje inkuru. Ubundi izindi nkuru zibz zihurutuye gusa, zikennye ku mafoto.
0 Comment
Uyu munyamakuru mukuriye ingofero pe!Aha hantu hashize imyaka icumi ntarasubirayo ariko uko mpaheruka ndabona ntacyahindutse!Dore inkuru Zicukumbuye nk’iyi ngiyi nizo zibazikenewe mu rwego rwo gukorera ubuvugizi abaturage bo mu cyaro.
iyi nkuri iratangaje cyane gusa irerekano ko leta igifite byinshi byo gukora kugirango nabari mubyaro iterambere ribagereho
Ndabemeye ko mutageze kwa Manyetura(Manuel) ngo mutubwire ko naho twahiciraga akanyota ka Byeri???muri abantu babagabo.
Iyi nkuru ikwiriye kuzajya mu marushanwa y’abanyamakuru barushije abandi gutara amakuru arebana n’iterambere ry’icyaro!
aha sha ni iwacu uyu munyamakuru anshake kabisa ni umunyamwuga
IYI NKURU IKOZE NEZA PE UYU MUNYAMAKURU ARI PROFESIONAL.NTACYO YASIZE INYUMA PE KANDI USOMYE INKURU ,UKAREBA N’AMAFOTO UHITA UBONA UBUZIMA BWOSE BWO MURI IRI SOKO,WAO CONGZ KABISA
KUDOS! WELL DONE.SO INTERESTING.KEEP IT UP
HARIYA HAGEZE AMASHANYARAZI KERA SINZI IMPAMVU HADAHINDUKA, HARI N’IBARIZO RIKOMEYE RIKORA IBIKORESHO BYIMBAHO ZA NYAKIZU ESE KO MUTEREKANYE NA SANITATIONS (toilettes…) URABONA KO ISUKU IGERWA KU MASHYI. MUZATWEREKE ANDI MASOKO NKA: VIRO,RWANYANZA, GATUNDA, NDAGO, RUGARIKA, …BITUMA TWIBUKA IYO IWACU TUDAHERUKA.
guma guma man! nanjye nzagutumira unkorere marketing ya entreprise yanjye ndabona ubishoboye
Uyu munyamakuru ni umuhanga kabisa.mukomereze aho Umuseke mureke za mbuga zirirwa zivuga amakuru ngo y abapaparazzi atagira umutwe n ikibuno.keep up the good work
Iyi nkuru ni iya mbere iraryoshye pe! Niyo ya mbere inshimishije kurusha izindi nigeze kubona kuri Websites Nyarwanda. Ikinshimishije cyane ni amafoto ahagije aherekeje inkuru. Ubundi izindi nkuru zibz zihurutuye gusa, zikennye ku mafoto.
Comments are closed.