Digiqole ad

"ISAE Busogo" yatsinze "UPU" mu biganiro mpaka bya RGB ihabwa miliyoni

Ishuri rikuru ry’Ubuhinzi n’Ubuvuzi bw’Amatungo CAVM-Busogo (ryahoze ari ISAE-Busogo) ni ryo ryegukanye irushanwa ry’ibiganiro mpaka ku bijyanye n’imiyoborere myiza, Ikigo RGB cyateguye aya marushanwa cyageneye iri shuri sheki ya miyiyoni y’amafaranga y’u Rwanda.

CEO RGB atanga igihembo ku ikipe ya mbere
Prof Shyaka Anastase umuyobozi wa RGB (ibumoso) atanga igihembo ku ikipe ya mbere

CAVM-Busogo yatsinze Ishami rya Kaminuza y’u Rwandai Nyagatare ryahoze ari U”mutara Polytechnique Univerity” ku manota 227/300 mu gihe iyi yakabiri yo yagize 201/300.

Uguhanga binyuze mu biganiro mpaka  (debate-competition)hagati y’abanyeshuri b’izi kaminuza byibanze ku ngingo ebyiri arizo; ‘Imiyoborere ipfuye ni impamvu nyamukuru yo kudindira mu iterambere ku bihugu ?’ na  ‘Ruswa ni inkingi y’imiyoborere mibi?.’

Abo muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare  bari ku ruhande rwemera izo ngingo zagibwagaho impaka, na ho CAVM-Busogo bahakanaga izo ngingo.

Aba b’i Nyagatare bavugaga ko imiyoborere myiza ari umusingi w’iterambere, aho batanze urugero ku Rwanda ko kuva mu 1994 Jenoside ibaye mu Rwanda, ubu igihugu kigerageza kwiyubaka bitewe n’imiyoborere myiza.

CAVM-Busogo bo bahakanaga ko imiyoborere mibi atari yo nyamukuru mu kudindiza iterambere ry’ibihugu, ahubwo bavuga ko kwikanyanyiza, ruswa, umutungo kamere w’igihugu n’ibindi byose bishobora gutuma igihugu kidindira mu iterambere.

Akanama gatanga amanota kiherereye gasanga CAVM-Busogo ariyo yitwaye neza mu gutanga ingingo zifatika zisigasira uruhande bafashe, bityo ihabwa sheki y’amafaranga y’u Rwanda miliyoni imwe.

Prof Shyaka Anastase Umuyobozi wa RGB witabiriye ibyo biganiro akaba ari na we wasoje irushanwa, yavuze ko intego nyamukuru y’ibiganiro mpaka ku banyeshuri ba Kaminuza ari uburyo bwo kubaremamo kwigirira icyizere.

Yagize ati “Ibi bifasha abanyeshuri kumenya kuvuga ibitekerezo bibarimo no kubihagararaho. Ku gihugu bizabafasha gusobanura neza ibyiza igihugu gifite, kandi ni uburyo bwo kubaka imiyoborere myiza, kuko igihugu kidafite imiyoborere myiza nta kintu na kimwe cyageraho.”

CEO RGB asoza amarushanwa ku biganiro mpaka
Umuyobozi mukuru wa RGB asoza amarushanwa ku biganiro mpaka yashimiye abanyeshuri ubuhanga bagaragaza mu guhagarara ku ruhande bemera, ndetse abasaba gukoresha ubwenge bwabo mu kubaka imiyoborere myiza y’igihugu cyabo

Batamuriza, Umwarimu wigisha Icyongereza muri Kaminuza ndetse wari mu batanga amanota, yabwiye Umuseke ko abanyeshuri bagaragaje ubuhanga, ariko avuga ko hakigaragara imbogamizi z’ururimi no kwitinya.

Yatanze inama ko uburyo bwo kujya impaka byatangirira mu mashuri abanza n’ayisumbuye, abanyeshuri bagakurana uwo muco.

Yagize ati “Biragoye kugira icyo wamenya mu gihe utabasha kuvuga neza ibintu bikurimo cyangwa ukagira ubwoba bwo kubivuga.”

Lys Brenda Umulisa, igisonga cya Miss CAVM-Busogo 2014 wari mu ikipe ya kaminuza yigaho, yabwiye Umuseke ko amarushanwa yamufashije kwiyumvamo icyizere nk’umunyeshuri wiga mu mwaka wa mbere agitangira ubuzima bwa Kaminuza.

Yagize ati “Nk’umunyeshuri wiga mu wa mbere, nabashije kwiyubakamo icyizere no kumenya gusobanura ibitekerezo byanjye.”

Aya marushanwa yasojwe none yaranze ukwezi kw’imiyoborere kwatangijwe mu kwezi kwa Mutarama, ariko kuzasozwa n’igikombe cy’imiyoborere gihatanirwa n’amakipe azwi mu Rwanda. Insanganyamatsiko ikaba yari ‘Imiyoborere myiza: Umusingi wo kwigira’.

Abaturutse mu cyahoze ari ISAE Busogo berekana igihembo bahawe ku mwanya wa mbvere
Abaturutse mu cyahoze ari ISAE Busogo berekana igihembo bahawe ku mwanya wa mbvere
UPU bahemberwa umwanya wa kabiri
Abo muri Kaminua y’u Rwanda ishami rya Nyagatare bahembewe umwanya wa kabiri na sheki y’ibihumbi 600 000Rwf
Ishuri rikuru rya Technique ry'i Kavumu rihabwa sheki y'amafaranga ryatsindiye ku mwanya wa gatatu
Ishuri rikuru rya Technique ry’i Kavumu rihabwa sheki y’amafaranga ryatsindiye ku mwanya wa gatatu
Igisonga cya Miss CAVM-Busogo 2014 atanga ibitekerezo bye
Brenda Umulisa, igisonga cya Miss CAVM-Busogo 2014 atanga ibitekerezo bye mu gihe cy’amarushanwa
Abayobozi ba RGB n'aba Kaminuza zari mu irushanwa bateze amatwi ibivugwa mu mpaka
Abayobozi ba RGB n’aba Kaminuza zari mu irushanwa bateze amatwi ibivugwa mu mpaka
CEO RGB Prof Shyaka Anastase akurikiye uko abanyeshuri bajya impaka
 Prof Shyaka Anastase (Hagati) akurikiye uko abanyeshuri bajya impaka
Urubyiruko runyuranye rwari rwitabiriye ibiganiro mpaka
Urubyiruko runyuranye rwari rwitabiriye ibiganiro mpaka
Batamuriza wari mu kanama gatanga amanota
Batamuriza wari mu kanama gatanga amanota asaba abanyehsuri kunononsora indimi kuko arizo bakoresha batanga ibitekerezo byabo
Batatu bari bahagarariye CAVM-Busogo
Ikipe ya CAVM-Busogo
Batatu bari bahagarariye UPU
Ikipe ya Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare

Photos/A.E Hatangimana

HATANGIMANA Ange Eric
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • Aka ni akantu keza RGB yatekereje, bagahere no mu mashuri abanza ahubwo

  • Ubu nibwo buryo bwonyine nemera bwo kubiba imiyoborere myiza mu mitwe y’abana. Umwana wakoze debate competition kuri subject runaka ntabwo imuva mu mutwe kugeza ashaje kandi akomeza kwagura ubwenge bwe muri iyo field. RGB mukoreze aho ariko nk’uko Anny abivuga mumanuke hasi mu bana niho bikenewe cyane

    • Reka reka, ibi nibabikore muri primaire. aba basaza mbona se nibo bakora debate competition? abantu b’imyaka hejuru ya 25 ntacyo byamumarira atarabihere cyera…wapi vraiement. Ibi nabikoze cyara nkiri muto ariko ngeze mu Rwanda ndabibura. Ni ibintu byibaka cyane

  • Not bad this

  • wauu  ISAE oyeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeee, we are proud of you

  • ibi nibyiza rwose turabishimye .RGB izatarabukire no muri campus y’I huye maze natwe dutange umusanzu wacu.

Comments are closed.

en_USEnglish