Digiqole ad

Iranzi yasinye muri Rayon, Rutanga azaba ari Captain wayo

 Iranzi yasinye muri Rayon, Rutanga azaba ari Captain wayo

Kuri uyu wa Gatanu Eric Rutanga yongereye amasezerano muri Rayon Sports akazanayibera kapiteni. Iranzi Jean Claude wirukanywe na APR FC nawe yasinye muri iyi  kipe ifite igikombe cya Shampiyona ya 2018-2019.

Iranzi Jean Claude yasinye muri Rayon

Rutanga Eric wari wagiye kugerageza amahirwe muri Zambia mu ikipe yitwa Nkana FC ariko ntibabasha kumvikana kuko iyi kipe yamubwira ko azashyirwa  mu byiciro.

Uyu mukinnyi w’inyuma mu ikipe y’Amavubi, avuga ko yahise avugisha ubuyobozi bwa Rayon Sport yari yarangijemo amasezerano, bukamubwira ko yagaruka kuko ari we mukinnyi umenyere iyi kipe basigaranye.

Rutanga wahise agaruka mu Rwanda, uyu munsi yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri Rayon Sports ahita anayibera Kapiteni.

Rayon Sports kandi yasinyishije Mugisha Gilbert na we wari urangije amasezerano muri iyi kipe bombi bafashije gutwara igikombe cya Shampiyona y’ikiciro cya mbere.

Mugisha Gilbert wavugwaho ko ashobora kwerekeza muri APR FC, yongereye amasezerano y’imyaka ibiri muri Rayo Sports FC.

Undi mukinnyi wasinye muri Rayon Sports ni Said Irakoze wari usanzwe akina mu Ikipe y’igihugu y’u Burundi, Intamba ku rugamba ariko akaba aje muri Rayon yakinaga muri Musongati FC.

Amakuru aturuka mu buyobozi bwa Rayon Sports aremeza ko na Iranzi Jean Claude uherutse kwirukanwa na APR FC na we aza gusinya amasezerano yo gukinira iyi kipe ifatwa nka mukeba.

Eric Rutanga niwe uzajya wambara umwambaro wihariye wa ba Captain.
Gilbert Mugisha nawe yasinye kandi ngo mu kanya Jean Claude Iranzi wakiniraga APR FC nawe arasinya muri Rayon
Said Irakoze nawe yasinye muri Rayon Sports

Jean Paul NKUNDINEZA
UMUSEKE.RW

en_USEnglish