Digiqole ad

Inkongi y’umuriro mu Gakinjiro ka Gisozi

 Inkongi y’umuriro mu Gakinjiro ka Gisozi

Umuriro wafashe mu bice abacuruzi bafitemo ibikoresho byabo

Muri iki gitondo inkongi y’umuriro yibasiye agace k’ubucuruzi hafi y’inyubako ya Etage y’ishyirahamwe ADARWA mu Gakinjiro ku Gisozi. Imirimo yo kuzimya uyu muriro ubu iri gukorwa na Police ishami rushinzwe kurwanya inkongi.

Umuriro wafashe mu bice abacuruzi bafitemo ibikoresho byabo
Umuriro wafashe mu bice abacuruzi bafitemo ibikoresho byabo, barakeka ko iyi nkongi yatewe na ‘installation’ y’amashanyarazi

Iyi nkongi ntibiramenyekana icyayiteye ariko umwe mu bahakorera witwa Emmanuel Mugabo yabwiye Umuseke ko bakeka ko icyayiteye ari amashanyarazi.

Abacururiza hano bagerageje gusohora ibintu byabo bimwe ngo bidakongoka, Police nayo yahise itabara itangira imirimo yo kuzimya umuriro.

Police mu bikorwa byo kuzimya uyu muriro
Police mu bikorwa byo kuzimya uyu muriro
Police imaze kuzimya ahari hibasiwe n'inkongi
Police imaze kuzimya ahari hibasiwe n’inkongi

Turacyakurikirana iyi nkuru…

Jean Pierre NIZEYIMANA
UM– USEKE.RW

en_USEnglish