Digiqole ad

India: Umukinnyi yishimiye igitego atsinze bimuviramo gupfa

Kuri iki cyumweru tariki 19 Ukwakira umukinnyi w’umupira w’amaguru yitabye Imana aize yakoze amasiporo ntibyakunda maze aratagangara bimuviramo gupfa ubwo yariho yishimira igitego yari amaze gutsinda.

Ubwo yari amaze kwitura hasi bagenzi be nibo baje kumutabariza basanze ibyari ibyishimo byabaye umubabaro
Ubwo yari amaze kwitura hasi bagenzi be nibo baje kumutabariza basanze ibyari ibyishimo byabaye umubabaro

Uyu musore w’imyaka 23 witwa Peter Biaksangzuala yaguye nabi agwira umutwe ubwo yariho akora amasiporo y’inyuma maze avunika urutirigongo.

Iyi mpanuka yabaye kuwa kabiri w’icyumweru gishize ku mukino wahuza ikipe ye ya Bethlehem Vengthlang FC na Chanmari West FC zo mu kiciro cya gatatu.

Amaze kwitura hasi ntabwo yabashije kubyuka. Amashusho y’umukino yerekanye abakinnyi bagenzi be bamutabariza, maze ajyanwa kwa muganga.

Ikinyamakuru Times of India kivuga ko uyu mukinnyi yakomeje kuremba, abaganga bagerageza no kumubaga ariko nyuma y’iminsi itanu akaba ubu yashizemo umwuka.

Abo bakinanaga bavuga ko Peter yari umukinnyi ufite impano wahoranaga inzozi zo kuzakinira ikipe y’igihugu.

Ikipe yakinagamo iri gutegura umuhango ukomeye wo kumusezera, ndetse bemeje ko nimero 21 yambaraga itazongera kugira undi mukinnyi uyambara mu ikipe yabo.

Ubusanzwe kwishimira ibitego ku bakinnyi koko hari abo bisigira imvune, ariko uyu ni uwa mbere bitwaye ubuzima.

Peter yasimbutse ngo yikarage, agenda nabi akuba ijosi avunika umugongo bimuviramo gupfa
Peter yasimbutse ngo yikarage, agenda nabi akuba ijosi avunika umugongo bimuviramo gupfa
Abagore baramuririra
Abagore baramuririra
Baje kumuherekeza mu kababaro ari benshi
Baje kumuherekeza mu kababaro ari benshi
Nimero 21 muri iyi kipe ngo ntawuzongera kuyambara
Nimero 21 muri iyi kipe ngo ntawuzongera kuyambara
Peter yapfuye akora bene ibi bikunze gukorwa n'umukinnyi witwa Nani
Peter yapfuye akora bene ibi bikunze gukorwa n’umukinnyi witwa Nani w’ikipe ya Sporting Clube de Portugal ubu
Peter yari umusore ukiri muto warotaga kuzakinira igihugu cye
Peter yari umusore ukiri muto warotaga kuzakinira igihugu cye

UM– USEKE.RW

en_USEnglish