Digiqole ad

Ijoro ryo kwibuka i Rusororo ahiciwe abagera ku 32 355

Mu ijoro ryo kuwa 14 rishyira uwa 15 Mata 2014 ; abaturage batuye mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali baraye ijoro ry’ikiriyo bibuka abatutsi basaga 32 355 biciwe mu rusengero rw’abapoloso rwa Ruhanga, aba bakaba ari abari baturutse mu duce twa  Muyumbu, Fumbwe, Gicaca, Rwamashyongoshyo, Gahengeli n’ahandi.

Umugoroba wo kwibuka mu murenge wa Rusororo
Umugoroba wo kwibuka mu murenge wa Rusororo

Mu rusengero mu 1994 batewemo za grenade, bararaswa ndetse interahamwe ziza kubiraramo n’imihoro n’ibikorehso gakondo, nyuma bakanabatwikisha lisansi. Abarokotse ubwo bwicanyi ni mbarwa.

Ku rwibutso rw’aha i Rusororo hashyinguye imibiri y’abasaga 32 068 kuri uyu wa 15 Mata bakaba bashyinguye indi mibiri 287 yose hamwe ikwira 32 355.

Mu ijoro ryo kwibuka, abaturage bo mu murenge wa Rusororo babanye n’abayobozi barimo Ministre Stella Ford Mugabo, Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo, abayobozi b’Ingabo ndetse n’abandi bayobozi mu nzeego zitandukanye za Leta batanze ubutumwa bwo gukomeza abarokotse no kubasaba guharanira gukomeza kubaho neza.

Iyi gahunda yabanjirijwe n'urugendo rwo Kwibuka
Iyi gahunda yabanjirijwe n’urugendo rwo Kwibuka
IMG_9436
Rwatangiye kare rwitabirwa n’abantu bacye ugereranyije n’ijoro ryo kwibuka
IMG_9448
Bari bitwaje ubutumwa bwo kwibuka abazize Jenoside by’umwihariko abiciwe i Rusororo
Abatuye i Ruhanga ahabereye ubwicanyi bukomeye baje kwibuka
Abatuye i Ruhanga ahabereye ubwicanyi bukomeye baje kwibuka
Bari bicaye bakikije igishyito muri uyu mugoroba wo kwibuka
Bari bicaye bakikije igishyito muri uyu mugoroba wo kwibuka
Abasaza bakuru baje muri uyu muhango kwibuka abazize Jenoside
Abasaza bakuru baje muri uyu muhango kwibuka abazize Jenoside
IMG_9509
Abagore n’abakobwa nabo baje muri uyu muhango
IMG_9510
Mu gihe cya Jenoside ababyeyi bakorewe ubwicanyi bubi cyane, ubu abasigaye baribuka

 

IMG_9512
Abana bato baje nabo kumva no gusobanukirwa ayo mateka mabi ngo atazongera
IMG_9527
Chorale zitandukanye zaririmbye indirimbo zijyanye n’ibihe nk’ibi
IMG_9533
Aba bagabo batanga ubutumwa bwabo mu ndirimbo
IMG_9543
Abakobwa baririmba indirimbo z’Imana zirimo ubutumwa bukomeza
IMG_9645
Indirimbo zari zikubiyemo ubutumwa bwo gukomeza abarokotse
IMG_9569
umuhanzi Dieudonné Munyanshoza bita Mibirizi nawe yaririmbye indirimbo zo kwibuka abazize ubwicanyi mu murenge wa Rusororo
IMG_9592
Ministre Stella Forg Mugabo acanira abari mu muhango urumuri rwo kwibuka
IMG_9598
Uru rumuri rwagiye rukongezwa mu bari aho bose
IMG_9601
Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo Willy Ndizeye aganira na bamwe mu bashyitsi bakuru
IMG_9608
Uru rumuri rwakwiriye muri rubanda rwose rwari aho
Urumuri mu bitabiriye uyu muhango
Urumuri mu bitabiriye uyu muhango
IMG_9621
Urumuri rwo kwibuka rumaze gukwira mu bitabiriye umuhango
IMG_9618
Abari bicaye mu ihema bakurikiye umuhango wo kwibuka
IMG_9653
Uwari ahagarariye ingabo muri uyu muhango nawe yatanze ubutumwa ahanini bwo gukomeza abarokotse no kureba imbere

IMG_9661

IMG_9632
Abato bumva ubutumwa bahabwa n’abakuru
IMG_9674
Beretswe film nto ku mateka ya Jenoside
IMG_9676
Bakurikiye iyo filimi ivuga ku mateka y’itegurwa rya Jenoside

Daddy SADIKI RUBANGURA
ububiko.umusekehost.com

en_USEnglish