Digiqole ad

Icyizere cy’umurimo ku banyeshuri 515 bazasohoka muri IPRC-Kigali kuwa kane

Kuwa 27 Werurwe 2014 ikigo cya IPRC- Kigali kizatanga impamyabumenyi y’ikiciro cya mbere cya Kaminuza (Advanced Diploma) ku nshuro ya gatatu ku banyeshuri 515. Aba barangije ngo basohokanye uruhago rw’ubwenge buzatuma bashobora kugira icyo bigezaho mu buzima buri hanze aha.

Muri iyi Kaminuza bahabwa ubumenyingiro butandukanye. Uyu ari kwiga gukora moteri y'imodoka
Muri iyi Kaminuza bahabwa ubumenyingiro butandukanye. Uyu ari kwiga gukora moteri y’imodoka

Kugeza ubu abanyeshuri basohotse muri iki kigo kigisha cyane iby’ubumenyi ngiro, 90% yabo  ngo bafite imirimo bakora, abikorera ndetse n’abafite ibigo bakorera. Ben Barigenga ushinzwe imenyekanishabikorwa ry’iki kigo avug ako bagiye gukora ubushakashatsi kubyo abaharangije bigejejeho.

Barigenga avuga ko hari icyizere kinini ku banyeshuri bazahabwa impamyabumenyi kuri uyu wa 27 Werurwe cyo kugera hanze bakaba bakikorera cyangwa bakabona imirimo kuko ubumenyi basohokanye bukenewe cyane ku isoko.

IPRC-Kigali ni ishuri ry’ubumenyingiro n’ikoranabuhanga ritanga amasomo mu byiciro by’imyaka itatu, ishuri ry’amasomo magufi (short courses) ndetse n’ishuri ryisumbuye kuva muwa kane kugeza muwa gatandatu. Ubumenyi butangwa ku bufatanye n’inzobere z’abanyaKorea y’Epfo.

Ku isoko ry’umurimo mu Rwanda hari umubare munini w’abarangije Kaminuza badafite akazi, gusa benshi mu barangije mu masomo y’ubumenyingiro ngo bakunze kuba bakenewe ku isoko cyangwa se babasha kwibeshaho kuko ubumenyi bwabo bashobora kubukoresha bitangiriza ‘business’ zabo. Leta isa n’iyashyize imberaga nyinshi mu gutanga amasomo y’ubumenyingiro.

Ben Barigenga avuga ko IPRC-Kigali ishishikariza abayirangije kwishyira hamwe bagahuza ubumenyi bafite kugirango babubyaze umusaruro ufatika.

Barigenga Ben Ushinzwe imenyekanishabikorwa muri IPRC-Kigali
Barigenga Ben Ushinzwe imenyekanishabikorwa muri IPRC-Kigali

Mu banyeshuri 515 bazahabwa impamyabumenyi kuri uyu wa kane 96 muri bo ni abakobwa. Umubare w’abakobwa baza gukurikirana amasomo y’ubumenyingiro ngo ugenda wiyongera kuko mu 2012 harangije abakobwa bagera kuri  32 muri 241 barangije, naho mu 2011 harangije abakobwa 21 mu banyeshuri 177 baharangije.

Kuri uyu munsi hazatangwa ibihembo ku mukobwa wahize abandi ndetse no ku mushinga wateguwe neza muyo aba banyeshuri bakoze bakirangiza.

Leta y’u Rwanda  yatangije ibi bigo by’ubumenyi ngiro n’ikoranabuhanga bigera kuri bitanu (5) mu gihugu, mu rwego rwo guteza imbere ubumenyi ngiro ndetse no gushishikariza urubyiruko kwihangira imirimo.

Ubuyobozi bw’iyi Kaminuza burashishikariza abanyeshuri baziga umwaka utaha ko nta yandi mahitamo usibye kwiga ubumenyi ngiro kuko hari ibikoresho ndetse n’abarimu b’inzobere.

Amasomo yabo ni ubumenyi bahabwa mu ngiro, uburyo bwiza bwo gutuma umuntu amenya
Amasomo yabo ni ubumenyi bahabwa mu ngiro, uburyo bwiza bwo gutuma umuntu amenya
Bari gusudira, niryo shuri barimo
Bari gusudira, niryo shuri barimo
Bari mu ishuri
Bari mu ishuri n’ikizere cyinshi ko nabo nibarangiza ubumenyi bazabona icyo babukoresha hanze
Biga gusana imodoka zagize ibibazo
Biga gusana imodoka zagize ibibazo
Aba biga ibijyanye n'amashanyarazi
Aba biga ibijyanye n’amashanyarazi
Baba bahuze cyane mu masomo mu byumba by'amasomo yabo
Baba bahuze cyane mu masomo mu byumba by’amasomo yabo
Ibikoresho byo kwigiraho no kwigisha birahari bihagije
Ibikoresho byo kwigiraho no kwigisha birahari bihagije
Tariki 27 Werurwe abagera kuri 515 ubu bari kwitegura kwambara amakamba nabo
Tariki 27 Werurwe abagera kuri 515 ubu bari kwitegura kwambara amakamba nabo

 

BIRORI Eric
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • jye hari ikintu gisigaye kincanganyikisha: ishuri iryo ariryo ryose risigaye ryitwa “KAMINUZA”.. Amashuli makuru yose ntabwo aba ari kaminuza!! Please tujye duha ubri kintu agaciro kacyo

  • Ahubwo izitwa impamyangiro kuko ubumenyi ushobora kuba ubufite ariko nta ngiro wize.

    • Niko Bwana witwa ”umusomyi,” Kaminuza ni rya rindi wize ryonyine iryo abandi bize ntirikwiriye kwitwa yo ca bugufi dis

Comments are closed.

en_USEnglish