Digiqole ad

Icya rimwe mu turere biciye muri siporo urubyiruko rwasabwe kwibuka no kureba imbere

Kuri uyu wa gatandatu habaye igikorwa cyabereye ku masaha ya saa mbili za mu gitondo mu turere dutandukanye tw’igihugu aho abayobozi n’urubyiruko bahereye ku gukora siporo rusange maze bagahabwa ubutumwa bwo kuzirikana ku bubi bwa Jenoside bibuka abasportif bayiguyemo ndetse runahabwa amasomo n’aba bayobozi ku burere mboneragihugu no kureba imbere heza habo ariho h’igihugu cyabo.

Mu turere twa  Rubavu, Rwamagana, Musanze, Huye na Nyarugenge ahari abanyamakuru b’ Umuseke.rw ushyize hamwe urubyiruko rusaga hafi ibihumbi 8 000 rwitabiriye iki gikorwa, cyateguwe n’Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere, RGB gifatanyije na Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside, CLNG ku bufatanye kandi n’ubuyobozi bwa turiya turere.

Aha ni i Huye, Rubavu, Nyarugenge na Rwamagana muri iki gikorwa kuri uyu wa 1 Kamena
Aha ni i Huye, Rubavu, Nyarugenge na Rwamagana muri iki gikorwa kuri uyu wa 1 Kamena

I Huye

Abanyeshuri biganjemo abo mu mashuri yisumbuye ndetse n’abakozi babyukiye muri siporo yo kwiruka berekeza kuri Stade ya Kaminuza y’u Rwanda, aha bahageze uru rubyiruko cyane cyane rwaganirijwe n’abayobozi cyane cyane kuri Jenoside, ku miyoborere ndetse no ku kamaro ka siporo mu buzima.

Abahagarariye CNLG muri uyu muhango babwiye urubyiruko ko Jenoside yaturutse ku buyobozi bwavanguraga abanyarwanda. Ibi byashimangiwe n’umuyobozi w’Akarere ka Huye Eugene Muzuka wabwiye abana bari bateraniye aho ko ubuyobozi ubu bushishikajwe no guteza imbere abanyarwanda bose nta vangura.

Aba banyeshuri babwiwe akamaro k’imiyoborere myiza mu buzima bw’igihugu, imiyoborere yita ku baturage bose. Basabwa gukurira muri uwo murongo wo kwanga ivangura no kuyobora neza abo uyoboye kuko ngo aba babwirwaga aribo bayobozi b’ejo.

Dr Harebamungu Matiyasi Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’uburezi wari umushyitsi mukuru, kuri stade ya Kaminuza yabwiye urubyiruko ibyiza bya siporo ku buzima no ku masomo yabo ndetse asaba ko iyi siporo rusange yaba ngaruka kwezi kuri aba bana.

Nyuma y’ibiganiro byagejejwe kuri uru rubyiruko abari aho bose bakoze urugendo ruva kuri stade ya Kaminuza bajya ku rwibutso rw’Abazize Jenoside rwa Kaminuza bafata umwanya wo kwibuka abasportif bazize Jenoside banashyira indabo ahashyinguye aha.

Muri Stade ya Kaminuza urubyiruko ruraganirizwa n'abayobozi nyuma ya siporo
Muri Stade ya Kaminuza urubyiruko ruraganirizwa n’abayobozi nyuma ya siporo

Nyarugenge

I Nyarugenge iyi gahunda nayo yatangiye ahagana saa mbili za mugitondo kuri stade ya Kigali i Nyamirambo ahari urubyiruko rwinshi rwiganjemo abana bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye, abarimu, abayobozi b’Akarere ndetse n’abahagarariye CNLG na RGB.

Madame Mukasonga Solange aganirira uru rubyiruko nawe yagarutse ku mateka mabi yatumye habaho Jenoside ariko ababwira ko u Rwanda ubu ruri mu nzira nziza kubera imiyoborere myiza itavangura abanyarwanda.

Mme Mukasonga yashishikarije urubyiruko gukunda siporo kuko ari ingenzi ku buzima bwabo no ku masomo yabo.

Uhagarariye CNLG akaba yashishikarije urubyiruko kwirinda urwango hagati yabo, no kwirinda kuvangura, amacakubiri n’ikindi cyatandukanya umuryango nyarwanda kuko bihembera ingengabitekerezo ya Jenoside

Muri iki gikorwa kuri Stade de Kigali bakaba banibanze ku kwibuka abasportif bazize Jenoside.

Abana b'abanyeshuri benshi cyane kuri stade i Nyamirambo bari baje muri sport, kwibuka abasportif no kumva ubutumwa bw'abayobozi
Abana b’abanyeshuri benshi cyane kuri stade i Nyamirambo bari baje muri sport, kwibuka abasportif no kumva ubutumwa bw’abayobozi


Rubavu

I Rubavu naho uyu muhango waranzwe n’urugendo rwo kwibuka cyane cyane abasportif bazize Jenoside, ndetse n’abayobozi baganirije urubyiruko kuri Jenoside n’ingaruka zayo, ku murongo igihugu kirimo, ku miyoborere myiza n’ibindi byabereye muri Stade Umuganda mu gitondo ahagana saa mbili kuri iki cyumweru.

Uru rubyiruko rwinshi rwari ruteraniye aha rwabwiwe ko ahatari amahoro hataba siporo. Bityo ko bakwiye gukurana umuco w’amahoro, babwirwa ko amahoro aturuka ku miyoborere myiza itavangura abantu kandi igamije ko batera imbere.

Ndahirwa Louis umukozi muri CNLG yavuze ko impamvu bafatanyije na RGB ari uko abateguye Jenoside bari abayobozi muri icyo gihe ari nabo bayigizemo uruhare rugaraga bacamo ibice Abanyarwanda.

Ati “Twagombaga rero gufatanya n’uru rwego rushinzwe kwimaka imiyoborere myiza kuko imiyoborere mibi ariyo yatumye Jenoside iba.”

Ignatius Kabagambe wari uhagarariye RGB muri uyu muhango akaba yasabye uru rubyiruko kugira umuco wo gukunda igihugu n’abagituye kuko ngo umuyobozi mwiza ari ukunda abo ayoboye akabashakira ikiza atavanguye. Iyi ngo niyo miyoborere myiza. Akaba yasabye uru rubyiruko gukurana icyo kintu mu mitima yabo kuko ngo aribo bazayobora u Rwanda mu minsi micye iri imbere.

Kuri stade Umuganda abanyeshuri baraganiriza abandi kucyo bazi ku mateka y'igihugu cyabo
Kuri stade Umuganda abanyeshuri baraganiriza abandi kucyo bazi ku mateka y’igihugu cyabo

i Rwamagana

Muri aka karere uru rubyiruko rw’abanyeshuri  rwari kumwe na Ministre w’Uburezi Dr Vicent Biruta, ndetse n’ingabo n’abandi bantu batandukanye muri sport n’igikorwa cyo kwibuka abasportif baize Jenoside akorewe Abatutsi.

Nyuma yo gukora sport yo kwiruka n’abo bayobozi, bageze ku kibuga cy’umupira cy’I Rwamagana maze uru rubyiruko ruhabwa ubutumwa bwo gukunda siporo, kurwanya Jenoside, kwimakaza umuco w’amahoro, kwirinda amacakubiri, gukunda no guharanira ko igihugu cyabo gitera imbere.

Ubu butumwa bwatanzwe n’umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Uwimana Nehemie, uhagarariye CNLG ndetse n’uhagarariye RGB.

Dr Vicent Biruta yibukije akamaro ka siporo aba bana anabasaba kuyigira umuco nk’uko bari kwigishwa n’indi mico myiza n’indangagaciro z’igihugu.

Ministre Dr Biruta ati “ Abasportif barasabana, bakishima, nta mu sportif ugira ibitekerezo bibi, nta mu sportif ukwiriye kugambira kwica undi. Byose bigashingira ku gihugu gifite ubuyobozi n’abayobozi beza dushaka kubaka tubicishije muri mwe.”

amafoto 1
Aha Ministre Biruta (hagati wambaye umukara) n’abandi bayobozi bariruka muri sport imbere y’urubyiruko inyuma yabo gato
amafoto
Barihuta ngo babashyikire
Bageze ku kibuga cy'umupira banifatanyije n'Ingabo
Bageze ku kibuga cy’umupira banifatanyije n’Ingabo
Siporo ni ingenzi ku buzima bwabo
Siporo ni ingenzi ku buzima bwabo
Umwana araha bagenzi be umwitozo ngororamubiri
Umwana araha bagenzi be umwitozo ngororamubiri
Barakora siporo bashishikaye
Barakora siporo bashishikaye

 

Abakobwa muri siporo ku kibuga i Rwamagana
Abana b’abakobwa muri siporo ku kibuga i Rwamagana
mu myitozo
Umwe mu ngabo araha urubyiruko umwitozo
Nyuma ya siporo bafashe umunota wo kwibuka abasportif bazize Jenoside
Nyuma ya siporo bafashe umunota wo kwibuka abasportif bazize Jenoside
Nehemie umuyobozi w'Akarere ka Rwamagana abwira urubyiruko impamvu abayobozi baje kwifatanya nabo
Nehemie umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana abwira urubyiruko impamvu abayobozi baje kwifatanya nabo
Minisitiri Dr Vincent Biruta
Minisitiri w’uburezi Dr Vincent Biruta
Uwari ahagarariye RGB
Uwari ahagarariye RGB atanga ubutumwa yazaniye urubyiruko
Mukamazimpaka wari uhagarariye CNLG
Mukamazimpaka wari uhagarariye CNLG
Habaye igikorwa cyo kuremera abarokotse batishoboye babaha ubufasha butandukanye burimo ibiribwa n'ibiryamirwa nka Matelas
Habaye igikorwa cyo kuremera abarokotse batishoboye babaha ubufasha butandukanye burimo ibiribwa n’ibiryamirwa nka Matelas

Photos/DS Rubangura


i Rubavu

214
Umukozi wa RGB mu ijambo ryo gutangiza urugendo
219
Urubyiruko imbere n’icyampa kiriho insanganyamatsiko ivuga ngo: ” Guteza Imbere amahame n’Ibikorwa by’Imiyoborere myiza mu rubyiruko n’aaba Sportif nk’imwe mu nkingi zo kurwanya Jenoside no gukumira Ingengabitekerezo yayo”

 

SAM_0399
Nyuma ya siporo i Rubavu bahise bakora urugendo rugamije kwibuka, kwimakaza imiyoborere myiza mu rwego rwo gukumira Jenoside
Mu rugendo rwitabiriwe n'abana benshi mu mujyi wa Gisenyi
Mu rugendo rwitabiriwe n’abana benshi mu mujyi wa Gisenyi
SAM_0406
Bari bitabiriye ari benshi cyane
SAM_0397
Urubyiruko n’abayobozi mu rugendo
DSC_0656
Ignatius Kabagambe wari uhagarariye RGB

 

DSC_0616
Urubyiruko rukurikiye ubutumwa bw’abayobozi
Nyuma y'ibiganiro berekeje ku Rwibutso rwa Gisenyi kunamira Abazize Jenoside
Nyuma y’ibiganiro berekeje ku Rwibutso rwa Gisenyi kunamira Abazize Jenoside

 Photos/Maisha Patrick
i Nyarugenge

Aba ni urubyiruko rwinshi kuri stade ya Kigali
Aba ni urubyiruko rwinshi kuri stade ya Kigali
Muri siporo
Muri siporo
Uhagarariye CNLG
Uhagarariye CNLG
mayor wa nyarug aganira nurubyiruko
Umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge aganirira urubyiruko

Photos/JD Nsengiyuma

 

i Huye

DSC01723
Abayobozi n’urubyiruko muri stade ya Kaminuza i Huye
DSC01728
Urubyiruko rwinshi rwitabiriye uyu munsi
DSC01742
Nyuma y’ibiganiro berekeje ku Rwibutso rwa Kaminuza
DSC01749
Abana nabo bashyize indabo kuri urwo rwibutso
DSC01763
Igikora cyabazinduye kirangiye bikubuye barataha

Photos/Prudence Kwizera

 

Reporters
UM– USEKE.RW

0 Comment

  • Iki gikorwa ni cyiza cyane. Umusaruro wacyo u Rwanda ruzawubona mu myaka nka 15 cg 25 imbere! mwakoze abagiteguye

  • Wangu tujye twemera Coverage z’UM– USEKE zirarenze kbs, courage mwabahungu mwe

  • @RGB and CNLG, what is the mechanism of following up these young people in your systems! or you are just seeding and dont follow your crops? am just asking. Someone in the institutions or state can reply me.
    Naho Umuseke bo they cover better than all, i also appreciate em

  • @ CNLG and RGB courage iki gikorwa ni cyiza cyane. Urubbyiruko ruzumviraho jenoside icyaricyo nuko yakwirindwa kdi bakagorore ingingo.

    UM– USEKE rwose murakosora ureke babandi bahugubuka bakatubeshya mwateretse ibyiza none nimwe nihitiyemo. ahaha keep it up

  • Shenge Biruta yashaje! murakoze Umuseke kumunyereka neza.
    Ariko yarakoze ntasaziye ubusa

  • Cyakora aka kantu ni keza, aba bana mwabahaye ubutumwa ari benshi rwose.
    Ubu question ni ngo ni bande babaganirije? hari ubwo usanga ari abayobozi bamenyereye
    gutanga za report ariko batazi guha ubutumwa abana benshi gutya. But the act is okey

Comments are closed.

en_USEnglish