Digiqole ad

Ibiciro by’ingendo byahindutse mu gihugu hose

Nyuma y’aho ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihindutse bikava ku mafaranga 1000 kuri Litiro bigashyirwa ku mafaranga 900, kuri uyu wa kabiri tariki ya 24 Mutarama 2012, ibiciro by’ingendo byahindutse nk’uko byatangajwe na RURA.

Igiciro cy'ingendo mu gihugu hose cyagabanyijwe
Igiciro cy'ingendo mu gihugu hose cyagabanyijwe

Mu kiganiro umukuru w’ikigo kigihugu gishinzwe ubugenzuzi Rwanda Utilities Regulatory Agency (RURA)  Kazige Eugene yahaye Televiziyo Rwanda kuri uyu mugoroba saa 19h30,  yatangaje ko nyuma yo kuganira n’abatwara abantu bumvikanyeho ko ibiciro by’ingendo mu gihugu bihinduka, aho kuri buri rugendo rwa kilometer (1km) rugabanywaho amafaranga icumi (10frw).

Ibiciro bishya bikaba biteye ku buryo bukurikira:

CITY CENTRE – GIKONDO – NYENYERI  150

CITY CENTRE – GIKONDO-MAGERWA-GATENGA  150

CITY CENTRE – GISOZI (ULK)  180

CITY CENTRE – GITICYINYONI  180

CITY CENTRE – KACYIRU  190

CITY CENTRE – KARURUMA  180

CITY CENTRE – KICUKIRO  190

CITY CENTRE – KIMIRONKO  190

CITY CENTRE – KINYINYA  200

CITY CENTRE – NYACYONGA  260

CITY CENTRE – NYAMIRAMBO  110

CITY CENTRE – REMERA  190

CITY CENTRE – VIA KIMISAGARA – NYAMIRAMBO (TAPIS)  150

CITY CENTRE – VIA KINAMBA – KAGUGU  210

KICUKIRO – REMERA  110

KIMIRONKO – ZINDIRO  100

NYABUGOGO – GIKONDO NYENYERI  200

NYABUGOGO – KIMIRONKO  190

NYABUGOGO – KIMISAGARA-NYAMIRAMBO  130

NYABUGOGO – REMERA  190

NYABUGOGO – RUYENZI 200

NYAMIRAMBO (ERP) – BUTAMWA  260

REMERA – GIKONDO  190

REMERA – KABUGA  190

REMERA – KANOMBE  100

REMERA – MASAKA  190

 

REMERA – NDERA  150

REMERA – RUBIRIZI  100

KUZENGURUKA UDAHAGAZE (CONTINOUS CIRCULATION/ CIRCULATION CONTINUE 250

IGICIRO CYO GUTWARA ABANTU MU MADOKA MANINI MU NTARA Z’IGIHUGU

GICUMBI – GATUNA  600

HUYE – AKANYARU (Bas)  600

HUYE – AKANYARU(Haut)  600

HUYE – NYAMAGABE 500

HUYE – NYANZA  600

HUYE – NYARUGURU 900

HUYE – RUSIZI  2,800

KAYONZA – NGOMA  600

KAYONZA – NYAGATARE  1,600

KAYONZA – RUSUMO  1,800

KIGALI – BASE  1,200

KIGALI – BATIMENT 1,300

KIGALI – BUHANDA  1,300

KIGALI – GAKENKE  1,200

KIGALI – GASHORA 1,200

KIGALI – GATUNA  1,500

KIGALI – GICUMB I  1,000

KIGALI – HUYE   2,500

KIGALI – KAGITUMBA  3,500

KIGALI – KARONGI  2,600

KIGALI – KAYONZA  1,400

KIGALI – MUHANGA  900

KIGALI – MUSANZE  1,700

KIGALI – MUSHUBI 2,900

 

KIGALI – NGOMA  2,000

KIGALI – NGORORER O  2,100

KIGALI – NYAGATARE  3,000

KIGALI – NYAMAGABE  3,000

KIGALI – NYAMATA  600

KIGALI – NYANZA  1,700

KIGALI – RUBAVU  3,000

KIGALI – RUHANGO  1,300

KIGALI – RUSIZI  5,200

KIGALI – RUSUMO  3,000

KIGALI – RWAMAGANA 1,100

KIGALI – ZAZA 2,500

KIGALI -RUHUHA 1,400

MUHANGA – HUYE  1,400

MUHANGA – KARONGI 1,800

MUHANGA – NYAMAGABE 1,900

MUSANZE – CYANIKA  400

MUSANZE – GICUMBI  1,900

MUSANZE – KABAYA  1,000

MUSANZE – MUHANGA 2,100

MUSANZE – MUKAMIRA  400

MUSANZE – NGORORERO  1,000

MUSANZE – RUBAVU 1,100

MUSANZE – VUNGA  400

NGOMA – RUSUMO  1,100

NGOMA – RWAMAGANA  900

RUBAVU – KARONGI  2,000

RUBAVU – KAYOVE  1,000

RUBAVU – MAHOKO  200

RUSIZI – BUGARAMA  1,000

 

RWAMAGANA – GABIRO  1,300

RWAMAGANA – KAGITUMBA  2,500

RWAMAGANA – KAYONZA  200

RWAMAGANA – NYAGATARE  1,800

 

Ibi biciro bishya bikazatangira kubahirizwa ejo taraki ya 25 Mutarama 2012 nk’uko umuyobozi wa RURA yabivuze.

Ku bagenzi bazakwa amafaranga y’ikirenga ngo bashobora kwifashisha nomero ya telefoni 39 88 itishyurwa, bagasaba kurenganurwa.

 

HATANGIMANA Ange Eric
UM– USEKE.COM

0 Comment

  • baribarakabije kongera ingendo nibazigabanye ibiciro ariko se ko numva muri iran rushobora kuba rugiye kwambikana ibikomoka kuri peterori ntibizongera bikazamuka amerika ariko izitonde ishobora kuzahakura imwa yiruka cg se isirayiri igahanagurwa ku ikarita kdi ubuhanga bwayo usa ibukesha les islaerites tubitege amaso ariko nkanjye ukora urugendo buri munsi rura iramfashije cyane thanks

  • Very nice

  • ikibazo nuko iyo bongejeho kuri essence nka 70rfw urugendo rwo mu mujyi rwiyongeraho nka 50rwf. kuki iyo hagabanutseho 100rfw bitaba bitagenda gutyo? 190na 200 ntaho bitanyiye, doreko banitwaza ko badafite 10 ryo kugarura mugihe wishyuye 200frw

  • hari ibyiringiro ko Kigali Nyanza tuzasubira ku 1400Frw.ureke abatera ubwoba batera za grenade, hatueze kurudi nyuma.Imana iri mu ruhande rw’abanyarwanda,kandi ntizongera kudusiga iraduhetse ku mugongo wayo nta mubisha uzadutsinda.

  • DUSHIMYE RURA KUBWO IGIKORWA CYO KUREBERA INYUNGU ZA LETA.ARIKO KUGEZA UBU HARI IBINTU BIDASOBANUTSE BIGARAGARA MURI IRI TANGAZO.
    1)NI GUTE NYABUGOGO-NYACYONGA (11 Km) AVA KURI 250 AKABA 260?
    2)NI GUTE Kigali-NYAGATARE HAGABANUKA HO 200 NAHO KIGALI-RUSIZI HAKAGABANUKAHO 100 ?BASHAKA KUTUBWIRAKO SE INTERA KIGALI7-RUSIZI YIYONGEREYE?
    3)KUKI KIMIRONKO-ZINDIRO ATABA 40 MUKAYAGIRA 100?

  • Buriya kigari-huye ni agahe ra? Nimumbwire!

  • Babwire na KBS igabanye ibiciro yongere n’imodoka mumuhanda muzi ukuntu abaguze amatike y’ukwezi bapfun yikiwe ikibiribiri!!!

  • Ariko se RURA ikora ite?
    muyimbarize Kigali- Base na Kigali – Gakenke kure nihehe???? (1200Fr) nonse se ibi biciro ko mbona hafi 99% baragiye mukuraho 100FR ahandi 10 Fr ibyo baba babibaze bagendeye kuki? nabonye hari naho bayongereye aho kuyagabanya, ndasaba ko byakongera bikigwaho kuko mbona harimo kwibeshya cyane.

  • RURA yagize neza ariko KIGALI-NYAGATARE KO NTACYAHINDUTSE BIMEZE BITE?

  • Ibi biciro bikwiye gusibirwamo, wa mugani buriya Kigali Huye ni angahe kweri???? birakwereka ko harimo kwibeshya,

  • RURA ni ukumva ngo yagabanyije ibiciro ariko wareba ingendo zimwe na zimwe ukibaza abajya KIGALI-NGOMA niba bo iryo gabanuka ry’ibiciro ritabareba bikagushobera. Ese iri gabanuka ry’ibiciro rireba nde? kandi ntirireba nde?

  • murakoze cyane kutugezaho ibikiro byose byaburi rugendo ariko ndasaba ko namatangazo ashirwa kuri radiyo zose ,kugira ngo burimuturage abyumve kandi nawe abimenye .murakoze

  • kigali-Huye ni amafaranga 2,500.uwanditse iyi nkuru niwe wibeshye.

  • Ariko rero mugire mukosore aho mwagiye mukora amakosa kuko bishobora gutera ibibazo bikomeye kandi muzi neza imico y’abagenzi niya bakomvwayeri(conductors) itajya ihura iyo bigeze ku kwishyuza.
    Urugero: Remera-Ndera, Remera-Masaka ibiciro bitandukanye cyane nayo basanzwe bishyura.
    Murakoze.

  • RURA ihugira gushyiraho ibiciro yiyicariye i Kigali ariko ntijya imenya niba byubahirizwa ubu Kigali – Karongi baraduca 2700frw naho Muhanga-Karongi bakaduca 2000frw .ubwose ntabihano bihari byahanishwa ama agence atubahiriza ibiciro bya leta?

Comments are closed.

en_USEnglish