Digiqole ad

Ibanga ryo kuramba ku bantu ngo rihishe muri ADN ya Baleine

 Ibanga ryo kuramba ku bantu ngo rihishe muri ADN  ya  Baleine

Abahanga mu binyabuzima basanga kugira ngo bamenye icyakorwa ngo umuntu abeho imyaka myinshi cyane ari uko bakwiga ingirabuzima fatizo z’amafi y’inyamabere(yonsa) yitwa baleine afite ubushobozi bwo kuramba imyaka 200. Bakareba uko yafasha umubiri w’umuntu nawe akaramba atyo.

Iyi nyamaswa niyo ya mbere mu nyamabere( mammals) iramba cyane
Iyi nyamaswa niyo ya mbere mu nyamabere( mammals) iramba cyane

Baleine niyo nyamaswa nini ku isi kandi niyo nyamabere iramba kurusha izindi kugeza ubu.

Bakoresheje  ibyuma bireba mu ntimatima y’uturemangingo fatizo(ADN: Acide Desoxyribo- Necleique) tw’ifi yitwa Baleine ifite umutwe wigoronzoye(bowhead whale) basanze rimwe mu mabanga atuma iyi fi iramba ari uko ifite uturemangingo fatizo dushobora guhangana no gusaza ndetse no kugwa umugese kw’uturemangingo aribyo bitera gusaza no kurwara za cancer.

Utu turemangingo kandi dusana ya ntimatima y’uturemangingo fatizo yitwa ADN mu gihe yangiritse ntisaze bityo ariya mafi akaramba cyane.

Umushakashatsi witwa Joao Pedro de Magalhaes ukuriye ishami ry’ubu bushakashatsi yameza ko ubu bushakashatsi buzafasha mu bikorwa byo gusana uturemangingo fatizo tw’abantu(kuko nabo ari inyamabere) bityo amahirwe yabo yo kuramba akiyongera.

Abahanga bo muri Kaminuza ya Liverpool mu Bwongereza bari kugeragereza ubu bushakashatsi ku mbeba ngo barebe niba byazifasha guhangana  n’indwara zitandukanye mbere y’uko babugeregereza ku bantu.

Umwe muri aba bashakashatsi yagize ati: “ Nidusanga ibyo twiteze kubona ku mbeba bibaye, tuzatangira turebe niba no ku bantu byashoboka.”

Mu Ukwakira uyu mwaka, abahanga bo muri Kaminuza ya Harvard, ishuri ry’ubuvuzi, nabo bashyize hanze ubushakashatsi busa n’ubwo aba bahanga bo mu Bwongereza bagezeho.

Urutonde rw’amoko icumi y’inyamaswa ziramba kurusha izindi ku Isi:

1.Arctica Islandica (Ocean quahog) – Iyi nyamaswa iba mu Nyanja y’urubura ya Arctica ifite ubushobozi bwo kumara hagati y’imyaka 405 na 410 igihumeka.

Iyi nyamaswa niyo iramba kurusha izinda ku Isi
Iyi nyamaswa niyo iramba kurusha izinda ku Isi

2.Baleine zifite umutwe wigonze – Abahanga bamwe bemeza ko iyi fi ifite ubushobozi bwo kubaho imyaka hagati ya 200 na 245.

Iyi nyamaswa niyo ya mbere mu nyamabere( mammals) iramba cyane
Iyi nyamaswa niyo ya mbere mu nyamabere( mammals) iramba cyane

3.Eels – iyi nyamaswa nayo ifite ubushobozi bwo kubaho imyaka igera cyangwa irengaho gato 150

Utu dukoko wagirang ni inzoka natwo ngo turaramba cyane
Eels ni udukoko wagira ngo ni inzoka natwo ngo turaramba cyane

4.Tuataras – Iyi nyamaswa yo mu bwoko bw’ibikururanda izwi kuba cyane mu guhugu cya New Zealand ishobora kubaho imyaka hagati ya 100 na 200.

Inyamaswa yitwa Tuatara imaze nk'icyugu nayo iraramba cyane
Inyamaswa yitwa Tuatara imaze nk’icyugu nayo iraramba cyane

5. Akanyamasyo ko mu birwa bya Galápagos – Aka kanyamasyo kaba i musozi gafite ubushobozi bwo kubaho imyaka 190.

Akanyamasyo kanini kaba mu Birwa bya Galapagolas
Akanyamasyo kanini kaba mu Birwa bya Galapagos

6. Amafi yitwa Greenland Sharks – Aya mafi akomoka muri Amerika y’amajyaruguru afite ubushobozi bwo kubaho imyaka ikabakaba 200.

Ifi y'inyamahane cyane yitwa Greenland shark nayo ngo iraramba
Ifi y’inyamahane cyane yitwa Greenland shark nayo ngo iraramba

7. Ifi yitwa Koi – iyi nayo bivugwa ko ishobora kubaho hafi imyaka 200. Ikunda kuboneka mu guhugu cy’Ubuyapani kandi barayorora. Igihugu cy’Ubuyapani nacyo kizwiho kugira abaturage baramba kurusha abandi ku Isi.

Aya mafi yororerwa mu Buyapani
Aya mafi yororerwa mu Buyapani

8. Inyoni za Kasuku nizo nyoni ziramba kurusha izindi kuko zishobora kumara hagati y’imyaka 80 n’imyaka 100 nubwo zaba zorowe n’abantu.

Kasuku zitwa Macaw
Kasuku zitwa Macaw

9. Inzovu ziswe izo muri Aziya: Izi nyamaswa zonsa zishobora kubaho imyaka 86.

Izi nzovu zitwa ko zikomoka muri Asia nazo ziri mu nyamabere ziramba
Izi nzovu zitwa ko zikomoka muri Asia nazo ziri mu nyamabere ziramba

10. Ifarasi: Bitewe n’ibyo zagaburiwe, uko zitaweho ndetse n’ibizikikije, ifarasi zishobora kugeza ku myaka 30 y’ubukure.

Ifarasi ishobora kugeza ku myaka 30 y'amavuko. Ni gake cyane inyamaswa zirisha zishobora kurenza iyi myaka
Ifarasi ishobora kugeza ku myaka 30 y’amavuko. Ni gake cyane inyamaswa zirisha zishobora kurenza iyi myaka

Ni gake cyane mu nyamaswa zirisha ushobora kubona izigejeje ku myaka 40 y’amavuko.

Mailonline

UM– USEKE.RW

6 Comments

  • Ko bibagiwe ibyiyoni byi Rwanda?

    • NDIBAZA KO IBYIYONI BITARAMBA AS SUCH AHUBWO ARI NK’ UMUGANI ABANYARU TUBA DUSHATSE GUCA IYO DUKORESHEJE YA MVUGO

  • ikiyoni (igikona ) ko ntacyo mbona????

  • Mwibeshye!
    Eel, ntabwo ari udukoko,ahubwo ni ubwoko bw’amafi!

  • Ntihavuzwe na méduses zirama ubuziraherezo

  • Ibyo aribyo byose iyi nkuru ni smart kbsa!

Comments are closed.

en_USEnglish