Digiqole ad

Hon Bernard Makuza ati “Ukuri kurazwi”

 Hon Bernard Makuza ati “Ukuri kurazwi”

Perezida wa Sena Hon Bernard Makuza ageza ubutumwa bwe ku bari hano

Ati “Ukuri kurazwi, Jenoside yakorewe Abatutsi yarateguwe kandi ishoboka kubera politiki n’abanyapolitiki babi.”  Yabivuze none, mu muhango wo gusoza icyumweru cyo kwibuka ku rwego rw’igihugu ku rwibutso rwa Rebero banibuka abanyapolitiki bishwe kubera ibitekerezo byabo byarwanyaga Jenoside yategurwaga, aho yavuze koi bi bigomba kubera isomo abanyapoliki bariho none.

Minisitiri w'Intebe Bernard Makuza hamwe n'abandi bashyitsi barimo Minisitiri w'umuco na siporo, umunyamabanga mukuru wa CNLG n'umuyobozi wa IBUKA (inyuma yabo gato)
Minisitiri w’Intebe Bernard Makuza hamwe n’abandi bashyitsi barimo Minisitiri w’umuco na siporo, umunyamabanga mukuru wa CNLG n’umuyobozi wa IBUKA (inyuma yabo gato)

Perezida wa Sena y’u Rwanda mu ijambo rye yashimiye abaje kwifatanya n’abandi muri uyu muhango, yatanze ubutumwa bwo gukomeza abarokotse Jenoside by’umwihariko abafite ababo bashyinguye aha ku Irebero.

Aha kw’Irebero hari urwibutso rushyinguyemo abantu bagera ku 14 000 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu bice bya Nyamirambo, Gikondo, Cyahafi, Gitega n’ahandi…

Hashyiguye kandi abanyapolitiki 12 bazize kurwanya politiki mbi y’urwango yaganishaga kuri Jenoside.

Hon Bernard Makuza yavuze ko bibuka abashyinguye aha bose ariko kandi by’umwihariko abo banyapoliki “bishwe bazira kwanga ivangura bazira ibitekerezo byabo n’umurongo mwiza bahisemo.”

ati “ {twe} Abanyepolitiki twaje kunamira no guha icyubahiro abatubereye rwose urugero rwiza rwo kwitandukanya n’ikibi. Kubibuka bitwibutsa intego n’indangagaciro bikwiye ubundi kuranga umunyapoliki wese nyawe, ugomba guharanira no gushyira imbere inyungu, imibereho myiza n’icyateza imbere abo ayoboye nta kurobanura.”

Yemeza adashidikanya ko ngo icyo abayapolitiki bibuka uyu munsi icyo baharaniye kugeraho bagatanga ubuzima bwabo nkitasibanganye. Kandi ngo ni igihango ku banyarwanda n’abanyapoliklui by’umwihariko.

Avuga ko kwibuka aba banyapolikiti bifite impamvu yabyo;  ko ari umwanya wihariye wo kuzirikana icurwa ry’ingengabitekrezo ya Jenoside, itegurwa ry’umugambi n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe abatutsi nyirizina.

Ati “Ukuri kurazwi, Jenoside ntiyabaye impanuka cyangwa se ikiza cyatugwiririye kuko yateguwe imyaka myinshi higishwa amacakubiri guhera mu gihe cy’ubukoroni abanyarwanda bacibwamo ibice bitari bifite n’aho bishingiye.

Ubutegetsi bwa Republika ya mbere bwimakaza imiyoborere mibi, irondakoko, irondakarere, n’umuco wo kudahana, Jenoside ishakirwa ibyangombwa byose, Jenoside kandi irageragezwa mu bice bitandukanye kugeza ku mugambi wari waragenwe nk’imperuka y’abatutsi muri 94.

Uko rero niko kuri, Jenoside yakorewe Abatutsi yarateguwe kandi ishoboka kubera politiki n’abanyapolitiki babi.”

Ubwo abayobozi bakuru bari bagiye gushyira indabo ku mva z'abashyinguye hano
Ubwo abayobozi bakuru bari bagiye gushyira indabo ku mva z’abashyinguye hano

Hon Makuza yavuze ko abagerageza kuyipfobya bata igihe kuko bidashoboka, ko ibimenyetso bihari, byaba umurongo wa Politiki ndetse n’ibigaragaza ubwicanyi bwabayeho.

Ati “mu by’ukuri twebwe nk’abanyapolitiki n’abayobozi muri rusange tugomba guhora tuzirikana inshingano dufite yo kudatatira politiki nziza dufite ubu. Tukarangwa no gushyira imbere ubumwe muri byose, iyo politiki niyo yaharaniwe mu rugamba rwo kwibohora no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Mu ijambo rye yahumurije Thadee Sibomana (yahoze mu ngabo za FAR ashinzwe ibyo gushyingura abasirikare) wari umaze gutanga ubuhamya bw’ibyo yabonye, akanavuga ko ubu hari abamuhamagara bari mu mahanga bamukanga ku buryo agenda yikandagira.

Hon Makuza yamubwiye ati “nta mpamvu n’imwe yo kwikandagira, nta uzagukoraho, uretse n’ubugabo wagize mubyo wadusobanuriye waniyemeje guhagarara ku kuri ukavuga ibyo uzi kuko bidufitiye akamaro twese nk’abanyarwanda.”

Icyumweru cyo kwibuka ku rwego rw’igihugu gishojwe uyu munsi nyuma y’uyu muhango, ariko ibikorwa byo kwibuka muri rusange bikaba bikomeza mu gihe cy’iminsi 100 yakozwemo Jenoside ku batutsi.

Minisitiri w'umuco na Siporo wari mu bashyitsi muri uyu muhango
Minisitiri w’umuco na Siporo wari mu bashyitsi muri uyu muhango
Minisitiri w'ububanyi n'amahanga nawe yari mu bashyitsi
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga nawe yari mu bashyitsi
Akaba ariko no mu baje kwibuka kuko aha hashyinguye musaza we Landuard Ndasingwa, wahoze ari Minisitiri w'imibereho wishwe azizwa ibitekerezo bye birwanya ivangura
Akaba ariko no mu baje kwibuka kuko aha hashyinguye musaza we Landuard Ndasingwa, wahoze ari Minisitiri w’imibereho wishwe azizwa ibitekerezo bye birwanya ivangura
Musenyeri Antoine Kambanda wa Diyoseze ya Kibungo yari mu batumiwe, ni nawe wavuze isengesho ritangiza uyu muhango
Musenyeri Antoine Kambanda wa Diyoseze ya Kibungo yari mu batumiwe, ni nawe wavuze isengesho ritangiza uyu muhango
Mbere gato y'uko umuhango utangira, Umuyobozi mukuru wa Police y'u Rwanda Emmanuel Gasana na Minisitiri Uwacu baraganira
Mbere gato y’uko umuhango utangira, Umuyobozi mukuru wa Police y’u Rwanda Emmanuel Gasana na Minisitiri Uwacu baraganira
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Police y'u Rwanda CP Emmanuel Butera araganira na Afande Charles Musitu
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Police y’u Rwanda CP Emmanuel Butera araganira na Afande Charles Musitu
CP Emmanuel Butera ni Komiseri ushinzwe ibikorwa wa Police y'u Rwanda
CP Emmanuel Butera ni Komiseri ushinzwe ibikorwa wa Police y’u Rwanda
General Major Jérome Ngendahimana umugaba mukuru wungirije w'Inkeragutabara
General Major Jérome Ngendahimana umugaba mukuru wungirije w’Inkeragutabara
IGP Emmanuel Gasana umuyobozi mukuru wa Police y'u Rwanda mu batumirwa bakuru
IGP Emmanuel Gasana umuyobozi mukuru wa Police y’u Rwanda nawe mu batumirwa bakuru
Umuhanzi Suzanne Nyiranyamibwa aririmbira abari muri uyu muhango indirimbo zo kwibuka
Umuhanzi Suzanne Nyiranyamibwa aririmbira abari muri uyu muhango indirimbo zo kwibuka
Munyanshoza Dieudonne nawe yaririmbye indirimbo ze zo kwibuka
Munyanshoza Dieudonne nawe yaririmbye indirimbo ze zo kwibuka
Abatumirwa bategereje ko umuhango nyirizina utangira
Abatumirwa bategereje ko umuhango nyirizina utangira
Abantu benshi bitabiriye uyu muhango babishimiwe na Hon Makuza
Abantu benshi bitabiriye uyu muhango babishimiwe na Hon Makuza
Baje kwibuka ababo cyangwa kwifatanya n'abafite ababo bashyinguye hano
Baje kwibuka ababo cyangwa kwifatanya n’abafite ababo bashyinguye hano
Umugaba w'ingabo z'u Rwanda Gen Patrick Nyamvumba na IGP Gasana
Umugaba w’ingabo z’u Rwanda Gen Patrick Nyamvumba na IGP Gasana
Jean de La Croix Rutaremara nawe yari umunyapolitiki wishwe azira kurwanya ibitekerezo bibiba urwango hagati y’abanyarwanda
Jean de La Croix Rutaremara nawe yari umunyapolitiki wishwe azira kurwanya ibitekerezo bibiba urwango hagati y’abanyarwanda
Hamwe n'abandi 11 b'abanyepolitiki bibukwaga uyu munsi by'umwihariko
Hamwe n’abandi 11 b’abanyepolitiki bibukwaga uyu munsi by’umwihariko
Indabo zateguriwe abashyitsi bakuru
Indabo zateguriwe abashyitsi bakuru
Abashyitsi bakuru bashyira indabo kuri izi mva
Abashyitsi bakuru bashyira indabo kuri izi mva
Minisitiri Mushikiwabo yari umwe mu bashyitsi
Minisitiri Mushikiwabo yari umwe mu bashyitsi
Hon Bernard Makuza aha icyubahiro abashyinguye hano
Hon Bernard Makuza aha icyubahiro abashyinguye hano
Umugaba mukuru w'ingabo n'umuyobozi wa Police bashyira indabo kuri izi mva
Umugaba mukuru w’ingabo n’umuyobozi wa Police bashyira indabo kuri izi mva
Baha icyubahiro abashyinguye hano
Baha icyubahiro abashyinguye hano
Perezida wa Sena Hon Bernard Makuza ageza ubutumwa bwe ku bari hano
Perezida wa Sena Hon Bernard Makuza ageza ubutumwa bwe ku bari hano
Abahanzi Andy Bumuntu, Ben Kayiranga na Yvan Buravan bari bitabiriye uyu muhango ndetse bahawe umwanya wo kuririmba, aha bari bakurikiye Hon Makuza
Abahanzi Andy Bumuntu, Ben Kayiranga na Yvan Buravan bari bitabiriye uyu muhango ndetse bahawe umwanya wo kuririmba, aha bari bakurikiye Hon Makuza
Nyuma abantu banyuranye bafite imiryango ishyinguye hano bashyize indabo ku mva z'ababo
Nyuma abantu banyuranye bafite imiryango ishyinguye hano bashyize indabo ku mva z’ababo
Imiryango inyuranye yaje kwibuka abayo bashyinguye hano
Imiryango inyuranye yaje kwibuka abayo bashyinguye hano
Barashyira indabo ku mva z'ababo
Barashyira indabo ku mva z’ababo
Minisitiri Mushikiwabo n'abo mu muryango we nabo bashyize indabo ku mva ya Landuard Ndasingwa (Lando)
Minisitiri Mushikiwabo n’abo mu muryango we nabo bashyize indabo ku mva ya Landuard Ndasingwa (Lando)

Andi mafoto yo kwibuka Abanyepolitiki bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi reba hano

Photos © Evode MUGUNGA/UM– USEKE

UM– USEKE.RW

5 Comments

  • Nibyo Honorable Makuza. Ukuri kurazwi.

  • Abakuru muritwe bajye banatanga ubuhamya kumwuka wa politiki waruri mu Rwanda icyo gihe abumvaga radio zabavugaga muri 1992 harimo na Muhabura ibyigishwaga abanyarwanda icyo gihe ukwintambara yakazagumurego niko naradio zahindukaga.

  • Honorable uvuze ukuri : UKURI KURAZWI.

  • Harinabandi banyapolitiki bishwe, Gatabazi Felisiyani,Gapyisi n’abandi burya nabyo byari biri gukwegera abanyarwanda kabutindi.

  • A ce que Makuza a dit j’ajoute rien.

Comments are closed.

en_USEnglish