Digiqole ad

Gutanga amaraso ni ubutwari n’ubunyangamugayo

 Gutanga amaraso ni ubutwari n’ubunyangamugayo

Abanyamakuru basura ikigo cy’igihugu cyo gutanga amaraso ishami rya Karongi.

Mu biganiro  abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe gutanga amaraso (National Centre for Blood Transfusion)  bagiranye n’abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda, Dr Kimenyi Peter yatangaje ko  abatanga amaraso ari abantu bakora igikorwa cy’ubutwari ariko banagomba kubanza kuvugisha ukuri  kugirango akoreshwe afite ubuziranenge.

Abanyamakuru basura  ikigo cy'igihugu cyo gutanga amaraso ishami rya Karongi.
Abanyamakuru basura ikigo cy’igihugu cyo gutanga amaraso ishami rya Karongi.

Muri ibi biganiro, Dr Peter Kimenyi akaba n’umukozi w’ikigo cy’igihugu  gishinzwe gutanga amaraso yabanje kugaruka ku kamaro amaraso agirira indembe mu gihe muganga ategetse ko aba barwayi bayahabwa, avuga ko  iyo abantu batitabiriye kuyatanga  bigira ingaruka ku buzima bw’abarwayi benshi  mu gihe bari kuyahabwa  bakongera  kubaho iminsi myinshi.

Dr Kimenyi  yavuze ko igikorwa cyo kuyatanga, ari ubuntu bityo ko abayatanga badakwiye kwiyumvisha ko bazahabwa  ibihembo kuko nta bihembo babona bihwanye no kurokora ubuzima bw’indembe.

Akomeza avuga ko mu kuyatanga hari ibyo bakwiye kwitwararika  birimo kuvugisha ukuri kurebana n’uko bahagaze kuko hari igihe bamwe baza kuyatanga bafite indwara zitandukanye bityo amaraso yabo ntagire icyo amara.

Ati:«Nubwo bisaba ko abaje gutanga amaraso babanza  gupimwa, ariko biba ngombwa ko bavuga uko bahagaze mbere yuko tubapima, kuko amaraso atangwa  ari ayujuje ubuziranenge.»

Ibikoresha bifashisha  babikamo amaraso ahabwa abarwayi
Amaraso atangwa agomba kuba nta ndwara ziyarimo

Alexia Mukamazimpaka umukozi muri iki kigo, avuga ko  mbere wasangaga abatanga amaraso ari abo mu muryango w’umurwayi, ariko ko iyi gahunda yaje guhinduka habaho ubukangurambaga bituma  abanyarwanda batari bake bitabira gutanga amaraso ku buntu.

Mukamazimpaka ariko, akavuga ko hari ibyiciro by’abantu  batagomba gutanga amaraso kubera impamvu zitandukanye baba bafite, harimo  abakora uburaya, abakunze kugendera  mu ngeso z’ubusambanyi, abatinganyi, abafite indwara ya Epathite yo mu bwoko bwa  B na C n’abakoresha ibiyobyabwenge.

Ikigo cy’igihugu cyo gutanga amaraso, kivuga ko umuntu utanga amaraso agomba kuba afite imyaka  18 y’amavuko n’ibiro nibura 50 kuzamura, akaba kandi atarengeje imyaka 60, uwatanze amaraso  amugarukamo mu gihe kitarenze amasaha 36.

Abakunze gukenera amaraso ni indembe, ababyeyi batakaje amaraso menshi mu gihe cyo kubyara, abafite indwara ya Kanseri, abarwayi barembejwe na Malariya, indembe zakomeretse, n’abarwayi ba SIDA.

Ikigo cy’igihugu cyo gutanga amaraso cyatangiye mu mwaka w’1976.

MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW

1 Comment

  • dushishikarire gutanga amaraso dufashe abarembye bityo tuzaba tbaye ingirakamaro

Comments are closed.

en_USEnglish