Digiqole ad

Gisagara: i Musha hashyinguwe imibiri isaga 600

Mu karere ka Gisagara kuwa 27 Mata bibutse ku nshuro ya 20 inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe abatutsi, mu rwibutso rwa Musha hakaba harashyinguwe imibiri y’abishwe 611, abacitse ku icumu bakaba barashimiwe intambwe bagezeho biyubaka.

Imiryango yarokotse Jenoside yashyize indabyo ku mva zirimo imibiri y'inzirakarengane.
Imiryango yarokotse Jenoside yashyize indabyo ku mva zirimo imibiri y’inzirakarengane.

Muri aka gace kahoze ari komini Mugusa Jenoside yatangiye tariki ya 21 Mata 1994, aho abatutsi bakorewe ubwicanyi ndengakamere bahereye ku bagabo bafashwe bagashishikarizwa kujya ku biro bya Komini bababwira ko bajyiye kurwanya abarundi ngo badahungabanya umutekano.

Uretse umugabo witwa Kabandana warokotse muri Musha, abandi bagabo bose bari bagiye kuri Komini Interahamwe zabirayemo zibica urupfu rubi, Kabandana mu buhamya yatanze yavuze ko nyuma yo kubona amayeri izi nterahamwe zakoresheje yagarukiye kuri Komini amaze gukubitwa ariruka ajya ku Kanyaru maze yambukira i Burundi ari naho yarokokeye.

Nyuma y’ubwicanyi bwabakorewe ntabwo abacitse ku icumu rya Jenoside mu murenge wa Musha baheranywe n’agahinda ahubwo mu bihe bikomeye bongeye kwisuganya bakomeza ubuzima ndetse basanga icyizere cy’ubuzima imbere ari cyose.

Umuyobozi wungirije w’Akarere Gisagara ushinzwe ubukungu mu ijambo rye yashimiye abacitse ku icumu intambwe bakomeje gutera nyuma y’ubwicanyi ndengakamere bwa Jenoside barokotse abasaba kugumya kwihangana biyubaka.

Muri uyu murenge wa Musha mu minsi mike hagaragaye umukobwa Espérance wacitse ku icumu wajugunywe mu musarani n’abagizi ba nabi bataramenyekana kugeza ubu; igikorwa cyafashwe ngo guhohotera no gutoteza abacitse ku icumu, ubu bugome bukaba bwaramaganiwe kure.

Bamwe mu babyeyi bacitse ku icumu bubakiwe amazu bafite ikibazo cy’amwe mu mazu yabubakiwe atarubatswe neza ku buryo burambye bakaba barasabye ubuvugizi ngo aya mazu yabo asanywe.

Abitabiriye iki gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe abatutsi mu murenge wa Musha bashimiye ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi zo zahagaritse ubwicanyi zigasaga umugambi mubisha w’abicanyi utaragerwaho wo gutsemba umututsi wose.

Hashyinguwe imibiri y'inzirakarengane isaga 600 y'abatutsi bakomokaga mu cyahoze ari segiteri Musha.
Hashyinguwe imibiri y’inzirakarengane 611 y’Abatutsi bakomokaga mu cyahoze ari segiteri Musha.
Kabandana_ umugabo umwe rukumbi warokotse mu cyahoze ari segiteri ya Musha
Kabandana niwe wenyine warokotse mu bari bahungiye kuri segiteri  Musha (mwihangire ifoto itagaragara neza)
Abayobozi ku nzego zose bari baje kwifatanya n'abaturage ba Musha.
Abayobozi ku nzego zose bari baje kwifatanya n’abaturage ba Musha.
Emmanuel  umuyobozi wa IBUKA mu karere ka Gisagara ashyira indambyo ku rwibutso rwa Musha.
Emmanuel umuyobozi wa IBUKA mu karere ka Gisagara ashyira indabyo ku rwibutso rwa Musha.
Umuyobozi w'Akarere  wungirije HATEGEKIMANA Hesron atanga ubutumwa bw'ihumure ku barokotse.
Umuyobozi w’Akarere wungirije Hategekimana Hesron atanga ubutumwa bw’ihumure ku barokotse.

Photos/Damyxon

Jean Damascene NTIHINYUZWA
ububiko.umusekehost.com

en_USEnglish